Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Padiri wafashwe ashaka gutoroka ashinjwa gusambanya umuhungu yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Padiri wafashwe ashaka gutoroka ashinjwa gusambanya umuhungu yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Habimfura Jean Baptiste wari ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu, yahanaguweho icyaha n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwahise rutegeka ko arekurwa.

Padiri Habimfura Jean Baptiste yari yatawe muri yombi muri Gashyantare uyu mwaka wa 2021 ubwo yafatirwaga ku mupaka wa Rusumo bivugwa ko yariho agerageza kwambuka agana muri Tanzania ashaka gutoroka.

Icyo gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaza ko Padiri Habimfura Jean Baptiste yakekwagaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko wakoreraga Abapadiri muri Paruwasi ya Ntarabana muri Diyosezi ya Kabgayi.

Ubushinjacyaha bwaregaga Padiri Habimfura Jean Baptiste kuba yarasambanyije uwo muhungu inshuro ebyiri mu gihe Padiri we yahakanaga ibyo ashinjwa byose avuga ko ari ibihimbano.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishaga uyu wihaye Imana, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021, rwanzuye ko ikirego cy’Ubushinjacyaha kidafite ishingiro kuko nta bimenyetso bifatika byatanzwe.

Urukiko rwahise rwemeza ko ruhanaguyeho ibyaha uregwa, rutegeka ko arekurwa aho yari afungiye muri Gereza ya Muhanga.

Padiri Habimfura Jean Baptiste wari umaze amezi icumi (10) atawe muri yombi, yahise arekurwa aho bamwe mu Bihayimana bari baje kumwakira ubwo yarekurwaga.

Bagenzi be baje kumwakira ubwo yarekurwaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Abakinnyi 5 ba Gasogi United imaze iminsi ititwara neza banduye COVID

Next Post

Yandikiye Skol ayisaba kumuramira kuko icyaka kimurembeje n’ubukene bukaba butamworoheye

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yandikiye Skol ayisaba kumuramira kuko icyaka kimurembeje n’ubukene bukaba butamworoheye

Yandikiye Skol ayisaba kumuramira kuko icyaka kimurembeje n’ubukene bukaba butamworoheye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.