Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Padiri wafashwe ashaka gutoroka ashinjwa gusambanya umuhungu yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Padiri wafashwe ashaka gutoroka ashinjwa gusambanya umuhungu yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Habimfura Jean Baptiste wari ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu, yahanaguweho icyaha n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwahise rutegeka ko arekurwa.

Padiri Habimfura Jean Baptiste yari yatawe muri yombi muri Gashyantare uyu mwaka wa 2021 ubwo yafatirwaga ku mupaka wa Rusumo bivugwa ko yariho agerageza kwambuka agana muri Tanzania ashaka gutoroka.

Icyo gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaza ko Padiri Habimfura Jean Baptiste yakekwagaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko wakoreraga Abapadiri muri Paruwasi ya Ntarabana muri Diyosezi ya Kabgayi.

Ubushinjacyaha bwaregaga Padiri Habimfura Jean Baptiste kuba yarasambanyije uwo muhungu inshuro ebyiri mu gihe Padiri we yahakanaga ibyo ashinjwa byose avuga ko ari ibihimbano.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishaga uyu wihaye Imana, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021, rwanzuye ko ikirego cy’Ubushinjacyaha kidafite ishingiro kuko nta bimenyetso bifatika byatanzwe.

Urukiko rwahise rwemeza ko ruhanaguyeho ibyaha uregwa, rutegeka ko arekurwa aho yari afungiye muri Gereza ya Muhanga.

Padiri Habimfura Jean Baptiste wari umaze amezi icumi (10) atawe muri yombi, yahise arekurwa aho bamwe mu Bihayimana bari baje kumwakira ubwo yarekurwaga.

Bagenzi be baje kumwakira ubwo yarekurwaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 12 =

Previous Post

Abakinnyi 5 ba Gasogi United imaze iminsi ititwara neza banduye COVID

Next Post

Yandikiye Skol ayisaba kumuramira kuko icyaka kimurembeje n’ubukene bukaba butamworoheye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yandikiye Skol ayisaba kumuramira kuko icyaka kimurembeje n’ubukene bukaba butamworoheye

Yandikiye Skol ayisaba kumuramira kuko icyaka kimurembeje n’ubukene bukaba butamworoheye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.