Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in MU RWANDA
0
Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ko mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, arashinjwa na bamwe mu baturage, kubatekera umutwe, nyuma y’uko agujije benshi amafaranga, n’abandi yikopeshagaho yarangiza agatoroka.

Uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwigerero, witwa Niyonzima Francois, atungwa agatoki na bamwe mu baturage bo muri aka Kagari, baguga ko hari abo yagiye aguza amafaranga akababeshyesha ko bandikirana impapuro z’amasezerano y’umwenda.

Umuturage witwa Ntagahoragahanze Theogene yagize ati “Namugurije amafaranga Ibihumbi 250, gusa yanyishyuye macye ansigaramo ibihumbi 200. Yajyaga anshukisha udusheke twudufefekano yajyaga anshukisha ariko najya kujya kuri Banki akambuza.”

Uwitwa Serindwi Bernard avuga ko we yamuberaga mu nzu, ariko ko yagiye atamwishyuye.

Yagize ati “Yaraje muha inzu ya mwishywa wanjye. Iyo nzu yayibayemo ayishyura ibihumbi birindwi, atwishyura amezi atatu gusa andi mezi cumi n’abiri yose ntayo yanyishyuye yajyaga ahora ambeshyabeshya ngo azanyishyura ariko ntabikore mu gihe gito twumva ngo yarimutse.”

Uwitwa Ingabire Epiphania na we ati “Nishyuraga amafaranga uwari warayangurije, arayanga kuko atari yuzuye, ubwo umuyobozi w’Akagari arambwira ngo njye nyazana ku Kagari azabanze yuzure. Igihe cyarageze numva ngo Gitifu yarimutse. Nagiye ku Kagari mbaza SEDO mubaza amafaranga abitse mu Kagari ambwira ko ntayo yabasigiye.”

Bamwe muri aba baturage bavuga ko bamenyesheje ubuyobozi bw’Umurenge iby’iki kibazo, bukababwira ko uyu muyobozi yagiye batazi aho aherereye. Ni mu gihe kandi telefone ngendanwa ye, idacamo

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yatangarije RADIOTV10 ko uyu uvugwaho ubuhemu n’abaturage atakiri Umuyobozi, akabagira inama kwiyambaza inzego z’ubutabera.

Mu butumwa yageneye umunyamakuru, Kayitare yagize ati “Hashize igihe kinini. Habaye hari umuturage yahemukiye, bamukurikirana mu nzira zisanzwe z’ubutabera.”

Aba baturage bavuga ko uyu Niyonzima Francois amaze amezi atandatu avuye muri aka Kagari, aho benshi yambuye, biganjemo abacuruzi yikopeshagago anaguza amafaranga ndetse na bamwe mu bamuhaga amafaranga ababwira ko ari ay’imisanzu ya Ejo Heza.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Next Post

Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.