Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in MU RWANDA
0
Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ko mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, arashinjwa na bamwe mu baturage, kubatekera umutwe, nyuma y’uko agujije benshi amafaranga, n’abandi yikopeshagaho yarangiza agatoroka.

Uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwigerero, witwa Niyonzima Francois, atungwa agatoki na bamwe mu baturage bo muri aka Kagari, baguga ko hari abo yagiye aguza amafaranga akababeshyesha ko bandikirana impapuro z’amasezerano y’umwenda.

Umuturage witwa Ntagahoragahanze Theogene yagize ati “Namugurije amafaranga Ibihumbi 250, gusa yanyishyuye macye ansigaramo ibihumbi 200. Yajyaga anshukisha udusheke twudufefekano yajyaga anshukisha ariko najya kujya kuri Banki akambuza.”

Uwitwa Serindwi Bernard avuga ko we yamuberaga mu nzu, ariko ko yagiye atamwishyuye.

Yagize ati “Yaraje muha inzu ya mwishywa wanjye. Iyo nzu yayibayemo ayishyura ibihumbi birindwi, atwishyura amezi atatu gusa andi mezi cumi n’abiri yose ntayo yanyishyuye yajyaga ahora ambeshyabeshya ngo azanyishyura ariko ntabikore mu gihe gito twumva ngo yarimutse.”

Uwitwa Ingabire Epiphania na we ati “Nishyuraga amafaranga uwari warayangurije, arayanga kuko atari yuzuye, ubwo umuyobozi w’Akagari arambwira ngo njye nyazana ku Kagari azabanze yuzure. Igihe cyarageze numva ngo Gitifu yarimutse. Nagiye ku Kagari mbaza SEDO mubaza amafaranga abitse mu Kagari ambwira ko ntayo yabasigiye.”

Bamwe muri aba baturage bavuga ko bamenyesheje ubuyobozi bw’Umurenge iby’iki kibazo, bukababwira ko uyu muyobozi yagiye batazi aho aherereye. Ni mu gihe kandi telefone ngendanwa ye, idacamo

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yatangarije RADIOTV10 ko uyu uvugwaho ubuhemu n’abaturage atakiri Umuyobozi, akabagira inama kwiyambaza inzego z’ubutabera.

Mu butumwa yageneye umunyamakuru, Kayitare yagize ati “Hashize igihe kinini. Habaye hari umuturage yahemukiye, bamukurikirana mu nzira zisanzwe z’ubutabera.”

Aba baturage bavuga ko uyu Niyonzima Francois amaze amezi atandatu avuye muri aka Kagari, aho benshi yambuye, biganjemo abacuruzi yikopeshagago anaguza amafaranga ndetse na bamwe mu bamuhaga amafaranga ababwira ko ari ay’imisanzu ya Ejo Heza.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Izamuka ry’amafaranga abagenzi bishyura mu ngendo bishobora kugera no ku biciro ku masoko?

Next Post

Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

Related Posts

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda
MU RWANDA

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

05/12/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.