Sunday, July 26, 2026
RW|EN
SIPORO

Muhitira Félicien “Magare” yakuwe ku rutonde rw’abanyarwanda bazakina imikino Olempike 2020

Muhitira Félicien “Magare” yakuwe ku rutonde rw’abanyarwanda bazakina imikino Olempike 2020

????????????????????????????

Komite Olempike y’u Rwanda (RNOSC)) yafashe umwanzuro wo guhagarika Muhitira Félicien uzwi nka Magare wavuye mu mwiherero wo kwitegura imikino Olempike nta ruhushya. RNOSC kandi yemeje ko yafashe umwanzuro wo kumukura ku rutonde rw’abakinnyi b’u Rwanda bazajya mu Buyapani muri iri rushanwa rizabera mu mujyi wa Tokyo.

Muhitira ni umukinnyi w’imikino ngororamubiri wari warabonye itike ya nyuma yo kuzaserukira u Rwanda mu mikino ya Tokyo 2020 mu basiganwa intera ndende (long distance).

Muhitira w’imyaka 26 yari mu bakinnyi babiri bari bafite iyi tike kuko yakoranaga imyitozo na Hakizimana John ukina marato kimwe n’igice cyayo (Full & Half Marathon)

Mu ibaruwa Komite Olempike y’u Rwanda yasohoye, bavuga ko imyitwarire uyu mukinnyi yagaragaje itihanganirwa bitewe n’uburyo yitwaye.

Image

Itangazo Komite Olempike y’u Rwanda yasohoye ihagarika Muhitira

 

 

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 4 =