Friday, May 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in Uncategorized
0
Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko ashaka ko mu minsi ya vuba yahura na Perezida Felix Tshisekedi bakagirana ibiganiro byo kurangiza ibibazo by’umutekano bikomeje kuba mu Gihugu cye.

Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yatangaje ibi mu butumwa yatambukije kuri Twitter muri iki gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje guhangana n’ibibazo by’umuyekano byatewe n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanye-Congo barwanira uburenganzira bwabo.

Muhoozi muri ubu butumwa, yagize ati “Ndashaka guhura na Perezida wanjye mwiza muri DRC mu gihe cya vuba. Ndi murumuna we. Dushobora gukemura ibibazo mu buryo bworoshye. Icyo twashyira imbere ni ugukorera Imana yacu ndetse n’abaturage bacu.”

Muhoozi yavuze ko intambara isenya itubaka kandi ko ikomeje kubera muri DRC iri gutwara abaturage bamwe.

Ati “Ntidukwiye kwibagirwa ko DRC ubu ari Umunyamuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, dukwiye kuyirinda nkuko twabikorera ikindi Gihugu cyose cyo mu muryango wacu.”

Muhoozi kandi yanavuze ku Banye-Congo bakomeje kumushinja kubangambanira, bamwita umwanzi w’Igihugu cyabo.

Yagize ati “Numvise umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya DRC wavuze ngo ‘Muhoozi ni umwanzi w’Igihugu’, Njyewe? None umwanzi wa DRC ko ari we warokoye ubuzima bw’abaturage muri Kivu ya Ruhuru na Ituri bari kwicwa urusorongo na ADF muri ‘Le triangle de la mort’?”

Lt Gen Muhoozi bivugwa ko ari gutegurwa kuzakorera mu ngata Se Yoweri Museveni akamusimbura ku mwanya wa Perezida wa Uganda, aherutse kugaragaza gushyigikira Umutwe wa M23.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Muhoozi yari yavuze ko Abanye-Congo b’ubwoko bw’Abatutsi badakwiye gukomeza gukandamizwa kubera abo bari bo.

Icyo gihe yari yagize ati “Ntabwo kuba Umututsi cyangwa Muhima/Muhema cyangwa Munyamulenge (Umunyamulenge) ari icyaha! M23 yakomeje gusaba ko habaho ibiganiro imyaka myinshi. Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba ugomba gukemura iki kibazo.”

Muhoozi kandi yahaye gasopo umutwe wa FDLR uri gufatanya na FARDC mu bikorwa byo kurwanya M23, yavuze ko abarwanyi b’uyu mutwe, yise Interahamwe bakwiye kurya ari menge kuko nibakomeza kwinangira gushyira hasi intwaro, bazagabwaho ibitero karundura muri Operasiyo izakorwa ku bufatanye bwa RDF na UPDF izaba yitwa ‘Operasiyo Rudahigwa’.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Next Post

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Related Posts

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

IZIHERUKA

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments
MU RWANDA

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

by radiotv10
15/05/2026
0

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

15/05/2026
AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

15/05/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

15/05/2026
Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

15/05/2026
Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

15/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.