Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko EAC iramutse ibaye Igihugu, Museveni yaba Perezida, Ruto akaba Visi Perezida, Paul Kagame akaba Minisitiri w’Ingabo akanaba Perezida wa EAC akurikiye Museveni.

Muhoozi Kainerugaba usanzwe azwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Ukwakira 2022, yavuze ko yabwiye umubyeyi we Perezida Museveni ko urubyiruko rwo muri Afurika y’Iburasirazuba bemeje ko uyu muryango wazaba Igihugu.

Ati “Kandi nta mbogamizi n’imwe igomba kudukoma mu nkokora kugera kuri iyo ntego.”

Yifashishije ikarita y’Ibihugu bya EAC, Muhoozi yakomeje avuga ko nyuma yuko uyu muryango waba umaze kuba Igihugu kimwe, “Perezida Museveni yazaba Perezida, Afande Ruto akaba Visi Perezida, umuvandimwe wanjye Uhuru akaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga. Njye ndashaka kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba.”

Yakomereje kuri Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akunze kwita Se wabo, ati “Data wacu Paul nakwifuza ko aba Minisitiri w’Ingabo muri Guverinoma ya Afurika y’Iburasirazuba. Ndizera ko njye na we twabasha gushyira ku murongo Abanya-Afurika y’Iburasirazuba.”

Yahise yongera ashyiraho ubundi butumwa agira ati “Ariko nyuma ya Muzehe Museveni, uwamukurikira ku mwanya wa Perezida, birumvikana ni Afande Kagame.”

Ubu butumwa yabushyize kuri Twitter nyuma yuko ku wa Mbere tariki 03 Ukwakira ashyizeho ubundi bwateje sakwesakwe aho yavugaga ko yafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ni ubutumwa bwahagurukije Abanya-Kenya batari bacye, bavuga ko Muhoozi yarengereye ndetse ko igisirikare cya Uganda kidashobora gutsinda icya Kenya.

Nyuma yongeye gushyiraho ubundi butumwa agira ati “Sinteze kurwana n’Igisirikare cya Kenya kuko Data yambwiye ngo sinzigera na rimwe mbikinisha. Rero Abanya-Kenya nimutuze.”

Yakomeje avuga ko Uganda na Kenya ari abavandimwe ndetse ko n’imipaka bashyiriweho n’abakoloni idakwiye gutuma batiyumvanamo nk’abavandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + five =

Previous Post

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Next Post

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.