Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko EAC iramutse ibaye Igihugu, Museveni yaba Perezida, Ruto akaba Visi Perezida, Paul Kagame akaba Minisitiri w’Ingabo akanaba Perezida wa EAC akurikiye Museveni.

Muhoozi Kainerugaba usanzwe azwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Ukwakira 2022, yavuze ko yabwiye umubyeyi we Perezida Museveni ko urubyiruko rwo muri Afurika y’Iburasirazuba bemeje ko uyu muryango wazaba Igihugu.

Ati “Kandi nta mbogamizi n’imwe igomba kudukoma mu nkokora kugera kuri iyo ntego.”

Yifashishije ikarita y’Ibihugu bya EAC, Muhoozi yakomeje avuga ko nyuma yuko uyu muryango waba umaze kuba Igihugu kimwe, “Perezida Museveni yazaba Perezida, Afande Ruto akaba Visi Perezida, umuvandimwe wanjye Uhuru akaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga. Njye ndashaka kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba.”

Yakomereje kuri Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akunze kwita Se wabo, ati “Data wacu Paul nakwifuza ko aba Minisitiri w’Ingabo muri Guverinoma ya Afurika y’Iburasirazuba. Ndizera ko njye na we twabasha gushyira ku murongo Abanya-Afurika y’Iburasirazuba.”

Yahise yongera ashyiraho ubundi butumwa agira ati “Ariko nyuma ya Muzehe Museveni, uwamukurikira ku mwanya wa Perezida, birumvikana ni Afande Kagame.”

Ubu butumwa yabushyize kuri Twitter nyuma yuko ku wa Mbere tariki 03 Ukwakira ashyizeho ubundi bwateje sakwesakwe aho yavugaga ko yafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ni ubutumwa bwahagurukije Abanya-Kenya batari bacye, bavuga ko Muhoozi yarengereye ndetse ko igisirikare cya Uganda kidashobora gutsinda icya Kenya.

Nyuma yongeye gushyiraho ubundi butumwa agira ati “Sinteze kurwana n’Igisirikare cya Kenya kuko Data yambwiye ngo sinzigera na rimwe mbikinisha. Rero Abanya-Kenya nimutuze.”

Yakomeje avuga ko Uganda na Kenya ari abavandimwe ndetse ko n’imipaka bashyiriweho n’abakoloni idakwiye gutuma batiyumvanamo nk’abavandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Next Post

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.