Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Photo/ Internet

Share on FacebookShare on Twitter
  • Ababyeyi na bo basigaye batumirwa mu bukwe bw’abana babo
  • Marraine na Parrain basigaye ari abo kuryoshya amafoto
  • Ntabwo umuryango ukwiye gutangirira mu bukwe ngo urangirire muri RIB

Umuryango utari uwa Leta wita ku miryango, ugaragaza ko ibibazo biri mu ngo bikomeje gufata intera kuko uretse imiryango ihabwa gatanya mu buryo bw’amategeko hari n’abatana mu buryo bita ubwa gisirimu ku buryo umwe afata icyumba cye undi icye, bakabana nk’abaturanyi mu nzu imwe.

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rugaragaza ko mu mwaka wa 2020-2021 rwakiriye ibirego 7 075 bishingiye ku makimbirane yo mu miryango.

Mukasekuru Donatille uyobora Umuryango Nyinawumuntu ufite intego zo kubaka imiryango no gutanga inyigisho ku buryo yakubakwa igakomera, avuga ko amakimbirane yo mu ngo, ari mu miryango y’ingeri zose.

Ati “Ikibazo kiri mu miryango ijijutse, kiri mu bari mu mijyi, kiri mu giturage, kiri mu bakuze, kiri mu bato…mbese ibice byose kirahari.”

Akomeza avuga ko bishimiye ko mu bushakashatsi bwabo babonye icyo bifuzaga, ati “Ni ikibazo kitagendera k’uko abantu baramutse. Kidaterwa n’uko twashonje, n’uko tutize cyane, n’uko tudatuye mu mijyi. Ni ikibazo kizenguruka Igihugu.”

Avuga ko impamvu nyamukuru y’ibi bibazo, ari ukudategurwa k’umuryango mu buryo buhagije kuko uko imiryango isigaye yubakwa bitandukanye n’uburyo byakorwaga mbere.

Ati “Usanga ahenshi mu miryango, ababyeyi basigaye batumirwa kandi ubundi imiryango ni yo yasabanaga ikubakira abana. Byahinduye isura.”

Akomeza avuga ko ibi bibazo biri no mu bikomeje gutuma ingo zisenyuka, zirimo n’iz’abatandukana batamaranye kabiri.

Gusa ngo muri uku gutandukana, hari n’abatandukana ntibimenyekane, ati “Abasirimu bo batandukana mu gisirimu, kuko inzu iba inahagije, buri wese akagira icye cyumba, umuntu akaza agakora ibye, ni uguturana mbese bakaba baturanye mu nzu imwe, ariko tukanababwira tuti ‘niba munaturanye, muturane neza nibura’.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko muri 2019, imiryango 8 941 yahawe gatanya mu gihe iyari yemerewe n’inkiko gutandukana muri 2018, yari 1 311. Bivuze ko yikubye hafi karindwi (7).

Mukasekuru akomeza avuga ko ikibazo kiri mu itegurwa ry’imiryango mishya kuko nk’abagahanuye abashakanye nk’abahagarariye ababyeyi bazwi nka ‘Marraine’ na ‘Parrain’ bagaragara mu bukwe, ari abashakwa kugira ngo baze kuryoshya amafoto.

Ati “Ni ingo zitendetse, ntabwo ari ingo zifite umusingi uri hasi. Ari umuryango tuvukamo, ari inshuti zacu, byose biratendetse. Dutererana urugo, umuryango nyarwanda ukwiye kugaruka mu nshingano zawo.”

Avuga ko nk’amadini yakagize uruhare mu gutuma ingo zihamya, na yo ayitererana kuko hari abaheruka bashyingiranya abashakanye ariko ntibakurikirane ko babana nyamara hari abasezerana ariko bakamara umwaka batarara mu buriri bumwe.

Agaruka no ku mpamvu muzi, aho bamwe bakunze kuzinyura hejuru, ati “bakavuga ngo ni ubusinzi ariko se ubwo businzi buterwa niki? Kuki umuntu ahitamo kujya mu kabari aho kujya iwe.”

Avuga ko umuti w’ibi bibazo ufitwe n’abantu bose, kandi ko hakwiye ingamba zifatika zatuma hubakwa imiryango igahamya aho kugira ngo itangirire kuri za “Cheri, chouchou” ikarangirira mu bibazo.

Ati “Ese RIB yo ntikeneye kwakira ibirego bicye, ubundi ntabwo umuryango wakwiye gutangirira ku bukwe n’amafoto ngo usoreze muri RIB.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 2 =

Previous Post

Guverinoma ya Uganda yitandukanyije na Muhoozi wavuze ko yafata Kenya mu byumweru 2

Next Post

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Related Posts

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

by radiotv10
24/05/2025
0

Umugore w’imyaka 33 wo mu Murenge wa Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho kwica umugabo we amuteye icyuma mu ijosi,...

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC/Rwanda Media Commission) rwahwituye abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo, rubasaba kwirinda gutangaza ibishingiye ku bitekerezo...

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

by radiotv10
23/05/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri 'Wisdom School' ryo mu Karere ka Musanze, basuye polisi y’u Rwanda ku Cyicaro Gikuru...

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Abagabo batatu b’abanyamahanga bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rubakurikiranyego ubucuruzi butemewe bw’amafaranga, iperereza ry’ibanze kuri bo ryagaragaje ko...

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

by radiotv10
23/05/2025
0

Martin Ngoga wagize imyanya inyuranye mu nzego Nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Umushinjacyaha Mukuru, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye,...

IZIHERUKA

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

by radiotv10
24/05/2025
0

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

23/05/2025
Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.