Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

radiotv10by radiotv10
18/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Twitter ye igarutseho, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ubu ari kugaruka cyane ku isabukuru ye iteganyijwe muri iki Cyumweru aho ari kuvuga bamwe mu bazitabira ibi birori ndetse yeruye ko bizaririmbamo Umuhanzi w’umunyabigwi mu Rwanda, Masamba Intore.

Mu minsi ishize konti ya Muhoozi yari yavuyeho bivugisha benshi mu gihe bari bazi ko uyu mugabo akunze gukoresha urubuga rwa Twitter cyane.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, uyu mugabo yagarutse kuri Twitter yongera guhata ibitekerezo uru rubuga, aho ubu ari kugaruka cyane ku isabukuru y’imyaka 48 ye iba tariki 23 Mata.

Mu butumwa yanyujije mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Muhoozi yagize ati “Nishimiye gutangaza ko umuhanzi w’intangarugero mu Rwanda, Masamba Intore azaririmba mu isabukuru yanjye.”

Muhoozi yakomeje avuga ko yishimiye “kuzabyina indirimbo nihebeye ‘Inkotanyi cyane’.”

Mu masaha akurikiyeho, Muhoozi hari uwamusangiye kuri Twitter amashusho y’abakobwa b’ikimero bari kubyina imwe mu ndirimbo za Masamba Intore yitwa Ikizungerezi.

Muhoozi yamusubije agira ati “Murakoze cyane bashiki banje beza b’Abanyarwandakazi ku bw’iyi mbyino nziza.”

Nk’uko byagaragaye ku butumwa bwerekana abahanzi bazaririmba muri ibi birori, barimo Bebe Cool ndetse na Dr Jose Chameleone.

Muhoozi kandi mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yatangaje ko Inka yagabiwe na Perezida Paul Kagame akunze kwita ‘My Uncle’, zatashye ndetse ko yazakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru

Next Post

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.