Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

radiotv10by radiotv10
18/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Twitter ye igarutseho, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ubu ari kugaruka cyane ku isabukuru ye iteganyijwe muri iki Cyumweru aho ari kuvuga bamwe mu bazitabira ibi birori ndetse yeruye ko bizaririmbamo Umuhanzi w’umunyabigwi mu Rwanda, Masamba Intore.

Mu minsi ishize konti ya Muhoozi yari yavuyeho bivugisha benshi mu gihe bari bazi ko uyu mugabo akunze gukoresha urubuga rwa Twitter cyane.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, uyu mugabo yagarutse kuri Twitter yongera guhata ibitekerezo uru rubuga, aho ubu ari kugaruka cyane ku isabukuru y’imyaka 48 ye iba tariki 23 Mata.

Mu butumwa yanyujije mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Muhoozi yagize ati “Nishimiye gutangaza ko umuhanzi w’intangarugero mu Rwanda, Masamba Intore azaririmba mu isabukuru yanjye.”

Muhoozi yakomeje avuga ko yishimiye “kuzabyina indirimbo nihebeye ‘Inkotanyi cyane’.”

Mu masaha akurikiyeho, Muhoozi hari uwamusangiye kuri Twitter amashusho y’abakobwa b’ikimero bari kubyina imwe mu ndirimbo za Masamba Intore yitwa Ikizungerezi.

Muhoozi yamusubije agira ati “Murakoze cyane bashiki banje beza b’Abanyarwandakazi ku bw’iyi mbyino nziza.”

Nk’uko byagaragaye ku butumwa bwerekana abahanzi bazaririmba muri ibi birori, barimo Bebe Cool ndetse na Dr Jose Chameleone.

Muhoozi kandi mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yatangaje ko Inka yagabiwe na Perezida Paul Kagame akunze kwita ‘My Uncle’, zatashye ndetse ko yazakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 5 =

Previous Post

Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru

Next Post

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.