Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Nyuma y’uko Twitter ye igarutseho, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ubu ari kugaruka cyane ku isabukuru ye iteganyijwe muri iki Cyumweru aho ari kuvuga bamwe mu bazitabira ibi birori ndetse yeruye ko bizaririmbamo Umuhanzi w’umunyabigwi mu Rwanda, Masamba Intore.

Mu minsi ishize konti ya Muhoozi yari yavuyeho bivugisha benshi mu gihe bari bazi ko uyu mugabo akunze gukoresha urubuga rwa Twitter cyane.

Izindi Nkuru

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, uyu mugabo yagarutse kuri Twitter yongera guhata ibitekerezo uru rubuga, aho ubu ari kugaruka cyane ku isabukuru y’imyaka 48 ye iba tariki 23 Mata.

Mu butumwa yanyujije mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Muhoozi yagize ati “Nishimiye gutangaza ko umuhanzi w’intangarugero mu Rwanda, Masamba Intore azaririmba mu isabukuru yanjye.”

Muhoozi yakomeje avuga ko yishimiye “kuzabyina indirimbo nihebeye ‘Inkotanyi cyane’.”

Mu masaha akurikiyeho, Muhoozi hari uwamusangiye kuri Twitter amashusho y’abakobwa b’ikimero bari kubyina imwe mu ndirimbo za Masamba Intore yitwa Ikizungerezi.

Muhoozi yamusubije agira ati “Murakoze cyane bashiki banje beza b’Abanyarwandakazi ku bw’iyi mbyino nziza.”

Nk’uko byagaragaye ku butumwa bwerekana abahanzi bazaririmba muri ibi birori, barimo Bebe Cool ndetse na Dr Jose Chameleone.

Muhoozi kandi mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yatangaje ko Inka yagabiwe na Perezida Paul Kagame akunze kwita ‘My Uncle’, zatashye ndetse ko yazakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru