Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mukansanga ntari mu bazasifura imikino isigaye ya AFCON2021

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in Uncategorized
0
Mukansanga ntari mu bazasifura imikino isigaye ya AFCON2021
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Cameroon avuga ko Umunyarwandakazi Mukansanga Salima atari mu basifuzi bazasifura imikino isigaye mu gikombe cya Afurika [AFCON2021].

Umunyamakuru Clarisse Uwimana wa B&B FM Umwezi uri muri Cameroon, yatangaje ko Mukansanga Salima atari mu basifuzi bazasifura imikino isigaye mu gikombe cya Africa.

Igikombe cya Africa kiri kubera muri Cameroon kigeze muri 1/4 cy’irangiza aho iki cyiciro kizatangira kuri uyu Gatandatu mu mukino wa mbere uzahuza Gambia na Cameroon.

Mu butumwa uyu munyamakuru yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Aramanuka i Kigali aze yitegura andi marushanwa ari imbere. Salima warakoze guhagararira urwatubyaye, ingobyi yaduhetse.”

Mukansanga Salima ni umusifuzi wavuzwe cyane mu bakurikiranira hafi ruhago haba muri Afurika no ku Isi yose bigeze mu Rwanda biba akarusho.

Yavuzwe cyane ubwo yabaga umugore wa mbere usifuye mu gikombe cya Africa mu mukino wahuje Zimbabwe na Guinea akawitwaramo neza.

Ibi byatumye agarukwaho n’imbaga ya benshi by’umwihariko mu Rwanda aho benshi mu Banyarwanda bamushimiraga kubahesha ishema mu ruhando mpuzamahanga.

Byanatumye kandi u Rwanda rwongera kugarukwaho cyane mu ruhando mpuzamahanga aho benshi bongeraga gushima ubuyobozi bw’u Rwanda gutera intambwe ishimishije mu buringanire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Iryavuzwe riratashye: Kwizera Pierrot yasubiye mu Bururu n’Umweru

Next Post

IFOTO: Undi mupolisi yagaragaye akora igikorwa cyakoze ku mutima abatari bacye

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe
IBYAMAMARE

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

by radiotv10
12/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Undi mupolisi yagaragaye akora igikorwa cyakoze ku mutima abatari bacye

IFOTO: Undi mupolisi yagaragaye akora igikorwa cyakoze ku mutima abatari bacye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.