Muri Congo habaye ibyago byatewe n’impamvu y’amayobera byasize urujijo ku buzima bw’abantu

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ubwato bwari butwaye abantu 150 mu Kiyaga cya Kivu, bwakoreye impanuka hafi y’Ikirwa cy’Idjwi ku mpamvu itaramenyekana, hahita hitaba Imana abantu batandatu babashije kuboneka, mu gihe abandi babarirwa muri mirongo baburiwe irengero.

Ubu bwato bwabaye mu ijoro rishyira ejo hashize ku wa Mbere tariki 03 Mata 2023, ubwo bwari buvuye muri Gurupoma ya Mugote muri Kivu y’Epfo bwerecyeza i Goma muri Kivu ya Ruguru.

Izindi Nkuru

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw’abantu batandatu (6) ari na bo bamaze kuboneka, mu gihe abandi bagishakishwa, naho ababarirwa muri 80 bakaba barokotse.

Amakuru avuga ko ubu bwato bwakoze impanuka bumaze kugenda ibilometero 20, bwari butwaye abiganjemo abacuruzi ndetse n’ibicucuruzwa byabo.

Inzego zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitangaza ko hakiri gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka n’ubu kitaramenyekana.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru