Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura
Share on FacebookShare on Twitter
  • Mu bazamusimbura, avuga ko we n’abo bari mu kigero kimwe, badakwiye kubamo

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Musa Fazil Harerimana yagaragaje ibyo u Rwanda rwageraho ku buryo rwaba rugeze igihe rwayoborwa n’undi utari Perezida Paul Kagame ndetse anavuga n’abashobora kuzavamo abakandida bazamusimbura.

Depite Musa Fazil Harerimana usanzwe ari n’Umuyobozi w’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 18 Ukwakira 2022.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku byaranze urugendo rwa Hon Musa Fazil Harerimana mu bya politiki, yongeye kuvuga ko akunda Perezida wa Repubulika Paul Kagame akunze kwita “Baba wa Taifa” [Umubyeyi w’Igihugu] ndetse n’ishyaka ayoboye rya RPF-Inkotanyi.

Uyu munyapolitiki ni umwe mu bagaragaje bwa mbere ko Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rikwiye kuvugururwa byumwihariko ingingo zagarukaga ku mubare wa manda z’umukuru w’Igihugu kugira ngo bihe amahirwe Perezida Paul Kagame kongera kwiyamariza kuyobora Igihugu muri 2017.

Icyo gihe yavugaga ko ubu busabe abushingira ku byo Perezida Paul Kagame yari amaze kugeza ku Banyarwanda, bityo ko abona ntawundi wari gupfa kubikora kandi ko nta n’undi abona wabikomeza.

Muri iki kiganiro yagira na Radio 10, Sheikh Musa Fazil Harerimana yabajijwe igihe abona u Rwanda rwazayoborerwa n’undi muntu utari Perezida Paul Kagame, avuga ko ari igihe rwazaba rumaze kugera aho rushikamye.

Yagize ati “Reka mbivuge ku mugaragaro, atuyoboye [Perezida Kagame] akageza aho Igihugu kimaze gushikama mu bukungu […] Igihugu rero gifite ijana ku ijana, kigafata imyenda kikayishyura, nta nkunga z’amahanga, kikitunga, ugasanga umutekano n’abaturanyi n’abandi bose tumeranye neza, dufite abakandida bakiri bato.”

Agaragaza abashobora kuvamo uwasimbura Perezida Paul, Hon Musa Fazil Harerimana yavuze ko ari abakiri bato batabaye mu bibazo by’amateka yaranze u Rwanda.

Ati “Abakandida mvuga bakiri bato, ni abantu ubona ko bize muri iki gihe cya nyakubahwa Perezida wa Repubulika akabateza imbere, ntibahure n’amacakubiri ya Leta iyabashyiramo. Abo bazamutse gutyo, numva ko kuri njyewe ari bo yategura agaha ubuyobozi.”

Musa Fazil Harerimana yavuze impamvu akunda RPF akaba atayibamo

Impamvu akunda RPF akaba ari mu rindi shyaka

Sheikh Musa Fazil Harerimana kandi yanabajijwe impamvu akunze kuvuga ko akunda umuryango wa RPF-Inkotanyi ariko akaba aba muri rindi shyaka anabereye umuyobozi, avuga ko ibyo ntagitangaza kirimo.

Yagarutse ku kamaro k’amashyaka ko ari ugukorera Igihugu, avuga ko kuba akunda RPF-Inkotanyi, bitamwima uburenganzira bwo kuba mu rindi shyaka.

Ati “Kuba tubakunda ntabwo bidutegeka kuba FPR. Ni ukuvuga ngo niba ukunda igiti ntabwo wagenda uvuge ngo mbaye igiti, niba ukunda amazi ntiwagenda uvuge ngo ubaye amazi ariko uba ufite impamvu ubikunze kandi na byo bikakugirira akamaro…

Rero na FPR turayikunda, n’umuyobozi wayo turamukunda, ariko tukavuga ngo muri Politiki ni abantu natwe turi abandi, batekereza neza ariko aho bakwibeshya byaba byiza yuko natwe tugira ishyaka kugira ngo tube twahagoboka.”

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyitegeka Jean de dieu says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza ndashaka kuvuga kubyo Musa fasil yavuzeho byerekeye k’umukuru w’igihugu cyacu nyakubahwa President H.E Paul Kagame, rwose abanyarwanda iyaba twese twarebaga kure cyane tugasubiza amaso inyuma ahashize twakabaye ahubwo twitegura kumuhundagazaho amajwi menshi cyane , H.E Paul Kagame n’umubyeyi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Next Post

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.