Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura
Share on FacebookShare on Twitter
  • Mu bazamusimbura, avuga ko we n’abo bari mu kigero kimwe, badakwiye kubamo

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Musa Fazil Harerimana yagaragaje ibyo u Rwanda rwageraho ku buryo rwaba rugeze igihe rwayoborwa n’undi utari Perezida Paul Kagame ndetse anavuga n’abashobora kuzavamo abakandida bazamusimbura.

Depite Musa Fazil Harerimana usanzwe ari n’Umuyobozi w’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 18 Ukwakira 2022.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku byaranze urugendo rwa Hon Musa Fazil Harerimana mu bya politiki, yongeye kuvuga ko akunda Perezida wa Repubulika Paul Kagame akunze kwita “Baba wa Taifa” [Umubyeyi w’Igihugu] ndetse n’ishyaka ayoboye rya RPF-Inkotanyi.

Uyu munyapolitiki ni umwe mu bagaragaje bwa mbere ko Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rikwiye kuvugururwa byumwihariko ingingo zagarukaga ku mubare wa manda z’umukuru w’Igihugu kugira ngo bihe amahirwe Perezida Paul Kagame kongera kwiyamariza kuyobora Igihugu muri 2017.

Icyo gihe yavugaga ko ubu busabe abushingira ku byo Perezida Paul Kagame yari amaze kugeza ku Banyarwanda, bityo ko abona ntawundi wari gupfa kubikora kandi ko nta n’undi abona wabikomeza.

Muri iki kiganiro yagira na Radio 10, Sheikh Musa Fazil Harerimana yabajijwe igihe abona u Rwanda rwazayoborerwa n’undi muntu utari Perezida Paul Kagame, avuga ko ari igihe rwazaba rumaze kugera aho rushikamye.

Yagize ati “Reka mbivuge ku mugaragaro, atuyoboye [Perezida Kagame] akageza aho Igihugu kimaze gushikama mu bukungu […] Igihugu rero gifite ijana ku ijana, kigafata imyenda kikayishyura, nta nkunga z’amahanga, kikitunga, ugasanga umutekano n’abaturanyi n’abandi bose tumeranye neza, dufite abakandida bakiri bato.”

Agaragaza abashobora kuvamo uwasimbura Perezida Paul, Hon Musa Fazil Harerimana yavuze ko ari abakiri bato batabaye mu bibazo by’amateka yaranze u Rwanda.

Ati “Abakandida mvuga bakiri bato, ni abantu ubona ko bize muri iki gihe cya nyakubahwa Perezida wa Repubulika akabateza imbere, ntibahure n’amacakubiri ya Leta iyabashyiramo. Abo bazamutse gutyo, numva ko kuri njyewe ari bo yategura agaha ubuyobozi.”

Musa Fazil Harerimana yavuze impamvu akunda RPF akaba atayibamo

Impamvu akunda RPF akaba ari mu rindi shyaka

Sheikh Musa Fazil Harerimana kandi yanabajijwe impamvu akunze kuvuga ko akunda umuryango wa RPF-Inkotanyi ariko akaba aba muri rindi shyaka anabereye umuyobozi, avuga ko ibyo ntagitangaza kirimo.

Yagarutse ku kamaro k’amashyaka ko ari ugukorera Igihugu, avuga ko kuba akunda RPF-Inkotanyi, bitamwima uburenganzira bwo kuba mu rindi shyaka.

Ati “Kuba tubakunda ntabwo bidutegeka kuba FPR. Ni ukuvuga ngo niba ukunda igiti ntabwo wagenda uvuge ngo mbaye igiti, niba ukunda amazi ntiwagenda uvuge ngo ubaye amazi ariko uba ufite impamvu ubikunze kandi na byo bikakugirira akamaro…

Rero na FPR turayikunda, n’umuyobozi wayo turamukunda, ariko tukavuga ngo muri Politiki ni abantu natwe turi abandi, batekereza neza ariko aho bakwibeshya byaba byiza yuko natwe tugira ishyaka kugira ngo tube twahagoboka.”

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyitegeka Jean de dieu says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza ndashaka kuvuga kubyo Musa fasil yavuzeho byerekeye k’umukuru w’igihugu cyacu nyakubahwa President H.E Paul Kagame, rwose abanyarwanda iyaba twese twarebaga kure cyane tugasubiza amaso inyuma ahashize twakabaye ahubwo twitegura kumuhundagazaho amajwi menshi cyane , H.E Paul Kagame n’umubyeyi

    Reply

Leave a Reply to Niyitegeka Jean de dieu Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Next Post

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Related Posts

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina,...

Living a good life on a small salary in Kigali

Living a good life on a small salary in Kigali

by radiotv10
10/02/2026
0

Many people believe that living a good life in the city requires a lot of money. In Kigali, where living...

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

by radiotv10
10/02/2026
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’abatishoboye wa Nyamwishyura, uherereye mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiriba, mu Karere ka...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

The Director General of the National Identification Agency (NIDA), Mukesha Josephine, has clarified how the digital national ID will work,...

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi...

IZIHERUKA

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro
Uncategorized

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

10/02/2026
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

10/02/2026
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

10/02/2026
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

10/02/2026
Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

10/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.