Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’abana batatu ari mu gahinda nyuma yo gufatwa ku ngufu n’abagizi ba nabi bategera abantu mu gace ko mu Kagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, none akaba atwite inda y’amezi ane yaterewe aho yafatiwe ku ngufu.

Uyu mubyeyi umaze igihe gito atahutse avuye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, yabwite RADIOTV10 ko yahuye n’uruva gusenya ubwo mu masaha y’igitondo cya kare yazindutse ajya gupagasa nyamara akaza guhurira n’abagizi ba nabi ahantu habaye indahiro kuri we kimwe n’abandi baturage batuye mu Mudugu wa Gatovu.

Agaragaza agahinda k’iri hohoterwa yakorewe, yagize ati “Nk’ubu nkanjye nta mugabo mfite, narazindutse ngo ngiye mu kiraka bamfata ku ngufu.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko atihutiye kujya kwa muganga akimara guhohoterwa n’abo bagizi ba nabi gusa nyuma y’uko yumvise impinduka mu mubiri we yagiyeyo hashize amezi 3.

Ati “Natekereza ko baba baranteye uburwayi bwa SIDA, ngeze kwa muganga barambwira ngo ndi muzima, nyuma yaho ndavuga nti ‘none se ko nta SIDA ndwaye nkaba ntakibona imihango nk’abandi babyeyi’ nsubiyeyo barambwira ngo nagize inda [aratwite].”

Uyu muturage avuga ko yaguye mu kantu kuko atigeze agira umugabo baryamana babyumvikanyeho agahita yemeza ko yayitewe n’abo bamufashe ku ngufu kandi ko nta n’umwe azimo ku buryo umwana azibaruka yazamenya Se.

Anyuzamo akavugana ikiniga n’amarira agashoka, ati “Ubwo nahisemo kwemera ibyo Imana yakoze, navuka ari umwana muzima nzamurera nk’abandi. Guhora ni ukw’Imana ariko bakanabafata bakabafunga bakaguma muri Gereza nabo bakumva icyo gihano kuko na bo ntabwo bari gukora neza.”

Abaturage bo muri aka gace bagaragaza ko uyu mubyeyi atari we wa mbere ugiriye ikibazo cy’ihohoterwa aha hantu kuko hari n’abandi bagiye bahamburirwa.

Umwe yagize ati “Turifuza ko inzego z’umutekano zikaza umurego noneho hariya hantu bakahashyira irondo.”

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ikibazo cy’abategera abantu mu nzira bagihagurukiye ndetse bagiye gushyira ijisho muri uyu Mudugudu birenzeho.

Ati “Twari turimo kubigendamo neza muri aya mezi abiri ashize, niba ari umuntu ufite ikibazo yagize mu mezi atanu ashize nk’uwo watewe inda, ntabwo mpakana byaba byarabaye ariko muri iki gihe cya vuba twari turi kubihashya.”

Aha hantu habaye indahiro ku baturage bo muri uyu Mudugudu, bavuga ko hamaze imyaka iri hagati y’itatu n’ine nta mutekano uharangwa kuko n’iyo hagize ufatwa akekwaho ubwo bugizi bwa nabi ahita arekurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 12 =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka

Next Post

Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.