Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’abana batatu ari mu gahinda nyuma yo gufatwa ku ngufu n’abagizi ba nabi bategera abantu mu gace ko mu Kagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, none akaba atwite inda y’amezi ane yaterewe aho yafatiwe ku ngufu.

Uyu mubyeyi umaze igihe gito atahutse avuye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, yabwite RADIOTV10 ko yahuye n’uruva gusenya ubwo mu masaha y’igitondo cya kare yazindutse ajya gupagasa nyamara akaza guhurira n’abagizi ba nabi ahantu habaye indahiro kuri we kimwe n’abandi baturage batuye mu Mudugu wa Gatovu.

Agaragaza agahinda k’iri hohoterwa yakorewe, yagize ati “Nk’ubu nkanjye nta mugabo mfite, narazindutse ngo ngiye mu kiraka bamfata ku ngufu.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko atihutiye kujya kwa muganga akimara guhohoterwa n’abo bagizi ba nabi gusa nyuma y’uko yumvise impinduka mu mubiri we yagiyeyo hashize amezi 3.

Ati “Natekereza ko baba baranteye uburwayi bwa SIDA, ngeze kwa muganga barambwira ngo ndi muzima, nyuma yaho ndavuga nti ‘none se ko nta SIDA ndwaye nkaba ntakibona imihango nk’abandi babyeyi’ nsubiyeyo barambwira ngo nagize inda [aratwite].”

Uyu muturage avuga ko yaguye mu kantu kuko atigeze agira umugabo baryamana babyumvikanyeho agahita yemeza ko yayitewe n’abo bamufashe ku ngufu kandi ko nta n’umwe azimo ku buryo umwana azibaruka yazamenya Se.

Anyuzamo akavugana ikiniga n’amarira agashoka, ati “Ubwo nahisemo kwemera ibyo Imana yakoze, navuka ari umwana muzima nzamurera nk’abandi. Guhora ni ukw’Imana ariko bakanabafata bakabafunga bakaguma muri Gereza nabo bakumva icyo gihano kuko na bo ntabwo bari gukora neza.”

Abaturage bo muri aka gace bagaragaza ko uyu mubyeyi atari we wa mbere ugiriye ikibazo cy’ihohoterwa aha hantu kuko hari n’abandi bagiye bahamburirwa.

Umwe yagize ati “Turifuza ko inzego z’umutekano zikaza umurego noneho hariya hantu bakahashyira irondo.”

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ikibazo cy’abategera abantu mu nzira bagihagurukiye ndetse bagiye gushyira ijisho muri uyu Mudugudu birenzeho.

Ati “Twari turimo kubigendamo neza muri aya mezi abiri ashize, niba ari umuntu ufite ikibazo yagize mu mezi atanu ashize nk’uwo watewe inda, ntabwo mpakana byaba byarabaye ariko muri iki gihe cya vuba twari turi kubihashya.”

Aha hantu habaye indahiro ku baturage bo muri uyu Mudugudu, bavuga ko hamaze imyaka iri hagati y’itatu n’ine nta mutekano uharangwa kuko n’iyo hagize ufatwa akekwaho ubwo bugizi bwa nabi ahita arekurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 7 =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka

Next Post

Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Related Posts

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.