• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Bamaze umwaka batanga imisanzu muri ‘EjoHeza’ ariko konti zabo zirahuhwa n’umuyaga

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Bamaze umwaka batanga imisanzu muri ‘EjoHeza’ ariko konti zabo zirahuhwa n’umuyaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango b’Ihuriro ry’Amakoperative y’Abamotari mu Karere ka Musanze, bavuga ko bamaze umwaka batanga ubwizigame muri Ejo Heza ariko bakaba batabubona kuri konti zabo.

Aba bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri Moto mu Karere ka Musanze, babwiye RADIOTV10 ko bamaze umwaka urenga bishyura imisanzu ya ‘Ejo Heza’ ariko bareba kuri Konti zabo bakabona ntakiriho.

Umwe bo yagize ati “Washyira nimero muri telephone bakakubwira ngo ntakintu kiriho.”

Bavuga ko mu kwishyura iyi misanzu, bishyurira rimwe imisanzu ya Koperative n’iya Ejo Heza ku bu ryo Koperative yabizeje ko izajya ibishyurira imisanzu y’ubwizigame bw’iki kigega [Ejo Heza].

Bavuga ko kuba ubu bwizigame butagera kuri konti zabo bibagiraho ingaruka zirimo kubima serivisi zimwe na zimwe bakeka ko badatanga ubu bwizigame bwa Ejo Heza.

Umwe ati “Wajya kwaka serivisi nko mu Murenge cyangwa n’ahandi babikubaza ukavuga uti ‘nabitanze muri koperative’ bati ‘zana message’ washyiraho message ugasanga nta kintu kiriho.”

Umuyobozi w’ihuriro ry’amakoperative y’Abamotari mu Karere ka Musanze, Muberuka Safari yemera ko iki kibazo gihari ariko ko kitabaturutseho nk’ihuriro ahubwo giterwa na system bo badafite ubushobozi bwo kwinjiramo.

Ati “Ariko navuganye n’abantu babishinzwe baravuga ngo bagiye kubikemura.”

Gusa avuga ko hari bamwe bashobora guhura n’ibibazo bitewe no kuba barahinduye irangamuntu cyangwa abanditse nimero zazo nabi ariko ko amafaranga yabo ahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 4 =

Previous Post

RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

Next Post

Inyamaswa yishwe siyo cyangwa hari nyinshi?…Indi nyana yishwe n’igisimba

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Inyamaswa yishwe siyo cyangwa hari nyinshi?…Indi nyana yishwe n’igisimba

Inyamaswa yishwe siyo cyangwa hari nyinshi?...Indi nyana yishwe n’igisimba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.