Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musanze: Barashinja umushoramari kubakorera ibyo babona nk’agasuzuguro bakanatunga agatoki ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musanze: Barashinja umushoramari kubakorera ibyo babona nk’agasuzuguro bakanatunga agatoki ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, baravuga ko umushoramari yadukiriye amasambu yabo akaza kuyakoreramo ishoramari bari babujijwe n’ububuyobozi kwikorera bubizeza ko umunyemari azabaha ingurane ariko agatangira atazibahaye.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwari bwababujije gucukura mu mirima yabo ishwagara (rifasha gukura ubusharire mu butaka) na Taraverite yifashishwa mu gukora Sima.

Bavuga ko aha ari ho bakuraga amaramuko, ariko nyuma bakaza kubona umushoramari yaraje kubyaza umusaruro ibi byari bibatunze, atabahaye ingurane nk’uko bari babyizejwe.

Umwe yagize ati “Baraduhagaritse gucukura ishwagara mu mirima yacu, batubwira ko umushoramari azaduha ingurane, none yatangiye gucukuramo nta ngurane aduhaye. Natubwire niba ibyo yashakagamo yarabibonye cyangwa se aduhe ingurane kuko imirima yacu nta musaruro iri kubyaza.”

Undi muturage yagize ati “Imirima yacu ni yo twakuragamo amafaranga adutunga none ubu byarahagaze, urumva nyine inzara igiye kutwica, nibaduhe ingurane cyangwa se bareke imirima yacu dukomeze twicukurire ishwagara.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yahakaniye RADIOTV10 iby’aya makuru, avuga ko uwo mushoramari ataratangira gukora nk’uko bivugwa n’aba baturage.

Yagize ati “Ayo makuru ntabwo ari yo, kuko ntabwo yatangira gukora atarishyura abaturage, icyakora cyo turi kuganira na we ngo abe yababarira atangire abishyure.”

Muri aka gace kazwi nka Kiryi gatuwemo n’aba baturage, hasanzwe hari n’uruganda rutunganya sima, ndetse hakaba n’abifuza ko bakwimurwa kugira ngo iri shoramari ryisanzure, na bo babeho batekanye.

Ngo ubutaka bwabo bwatangiye kubyazwa umusaruro n’umushoramari
Aba baturage bavuga ko uyu mushoramari yabasuzuguye

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADITV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eight =

Previous Post

Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Next Post

Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.