• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, July 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musanze: Barashinja umushoramari kubakorera ibyo babona nk’agasuzuguro bakanatunga agatoki ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musanze: Barashinja umushoramari kubakorera ibyo babona nk’agasuzuguro bakanatunga agatoki ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, baravuga ko umushoramari yadukiriye amasambu yabo akaza kuyakoreramo ishoramari bari babujijwe n’ububuyobozi kwikorera bubizeza ko umunyemari azabaha ingurane ariko agatangira atazibahaye.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwari bwababujije gucukura mu mirima yabo ishwagara (rifasha gukura ubusharire mu butaka) na Taraverite yifashishwa mu gukora Sima.

Bavuga ko aha ari ho bakuraga amaramuko, ariko nyuma bakaza kubona umushoramari yaraje kubyaza umusaruro ibi byari bibatunze, atabahaye ingurane nk’uko bari babyizejwe.

Umwe yagize ati “Baraduhagaritse gucukura ishwagara mu mirima yacu, batubwira ko umushoramari azaduha ingurane, none yatangiye gucukuramo nta ngurane aduhaye. Natubwire niba ibyo yashakagamo yarabibonye cyangwa se aduhe ingurane kuko imirima yacu nta musaruro iri kubyaza.”

Undi muturage yagize ati “Imirima yacu ni yo twakuragamo amafaranga adutunga none ubu byarahagaze, urumva nyine inzara igiye kutwica, nibaduhe ingurane cyangwa se bareke imirima yacu dukomeze twicukurire ishwagara.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yahakaniye RADIOTV10 iby’aya makuru, avuga ko uwo mushoramari ataratangira gukora nk’uko bivugwa n’aba baturage.

Yagize ati “Ayo makuru ntabwo ari yo, kuko ntabwo yatangira gukora atarishyura abaturage, icyakora cyo turi kuganira na we ngo abe yababarira atangire abishyure.”

Muri aka gace kazwi nka Kiryi gatuwemo n’aba baturage, hasanzwe hari n’uruganda rutunganya sima, ndetse hakaba n’abifuza ko bakwimurwa kugira ngo iri shoramari ryisanzure, na bo babeho batekanye.

Ngo ubutaka bwabo bwatangiye kubyazwa umusaruro n’umushoramari
Aba baturage bavuga ko uyu mushoramari yabasuzuguye

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADITV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + sixteen =

Previous Post

Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Next Post

Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

by radiotv10
04/07/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwashyize hanze ibirango n’amabendera bishya by’inzego zigize RDF, butangaza ko mu byahindutse harimo ibimenyetso byambarwa...

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Next Post
Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.