Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye

radiotv10by radiotv10
04/02/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze, basabira mugenzi wabo w’imyaka 25 wabanaga n’umuryango we mu byatsi, kubakirwa mu gihe ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buvuga ko uyu muturage afite ikibazo cy’imitekerereze igwingiye.

Uyu muturage witwa Niyibizi Innocent w’imyaka 25 n’umugore we bari bamaze amezi icyenda bibera mu giti byatsi by’uruyuzi rwarandaranze nyuma baza gutizwa inzu n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kiroba gusa iyi nzu na yo iteye impungenge.

Uyu Niyibizi avuga ko atagira akazi ku buryo atabasha kubona ubushobozi bwo kubaka inzu akaba asaba ubufasha kimwe n’abaturanyi be basaba ko yakubakirwa.

Niyibizi agira ati “Niyo yaba amabati abiri nakwiyubakira kuko ikibanza ndagifite. Ntabwo naba ndi kubura ibyo kurya ngo ndabona ubushobozi bwo kwiyubakira.”

Niyibizi avuga ko atari we wishimiye imibereho mibi

Abaturanyi b’uyu muryango, babwiye RADIOTV10 ko uyu Niyibizi ari umusore ufite imbaraga ariko ko ntako aba atagize ngo ashakishe ariko ko atapfa kubona amikoro yo kwiyubakira.

Umwe mu baturage yagize ati “Arakora, nk’ubu abona ahantu bari gupakira ifumbire cyangwa igaraviye cyangwa se uze kumpurira ibishyimbo cyangwa umpingire, akagenda rwose ntabwo yicara mu rugo ntako atagira.”

Aba baturage basaba ubuyobozi guha ubufasha uyu muturage, ubundi na bo bakaba bamuha nk’umuganda kugira ngo yubakirwe.

Undi muturage yagize ati “Inzu namara kuyibona ubundi azirwaneho n’iyo yaburara azirwaneho ariko atari gutaha mu w’abandi.”

Ubuyobozi bw’akagari ka Cyabagarura buvuga ko buri gukora ubukangurambaga bwo kumvisha uyu muryango ko bagomba gukoresha amaboko yabo kuko bwasanze ikibazo gikomeye uyu mugabo afite “atari ubukene ahubwo imitekerereze igwingiye.”

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Ramuli Janvier avuga ku gisubizo cyahawe uyu muturage n’icyo yakora, yagaragaje ko we n’abandi bakwiye kwakira inama nk’izi zo gushishikarira umurimo no guharanira kwigira.

Yagize ati “Kwigisha ni uguhozaho, ahabonetse imirimo umuntu akagenda abarangira ariko nta burenganzira afite na bumwe bwo kubaho adashaka icyo akora kandi yari ashoboye. Umusore ufite amaboko atamugaye ushobora gukora ntabwo leta yazashobora kububakira. Ntabwo ari umuco tugomba gushyigikira.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + four =

Previous Post

Uwabwiye amagambo y’agashinyaguro uwarokotse Jenoside yafashwe aha ruswa Umu-DASSO ngo atamushyikiriza RIB

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Related Posts

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.