Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye

radiotv10by radiotv10
04/02/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze, basabira mugenzi wabo w’imyaka 25 wabanaga n’umuryango we mu byatsi, kubakirwa mu gihe ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buvuga ko uyu muturage afite ikibazo cy’imitekerereze igwingiye.

Uyu muturage witwa Niyibizi Innocent w’imyaka 25 n’umugore we bari bamaze amezi icyenda bibera mu giti byatsi by’uruyuzi rwarandaranze nyuma baza gutizwa inzu n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kiroba gusa iyi nzu na yo iteye impungenge.

Uyu Niyibizi avuga ko atagira akazi ku buryo atabasha kubona ubushobozi bwo kubaka inzu akaba asaba ubufasha kimwe n’abaturanyi be basaba ko yakubakirwa.

Niyibizi agira ati “Niyo yaba amabati abiri nakwiyubakira kuko ikibanza ndagifite. Ntabwo naba ndi kubura ibyo kurya ngo ndabona ubushobozi bwo kwiyubakira.”

Niyibizi avuga ko atari we wishimiye imibereho mibi

Abaturanyi b’uyu muryango, babwiye RADIOTV10 ko uyu Niyibizi ari umusore ufite imbaraga ariko ko ntako aba atagize ngo ashakishe ariko ko atapfa kubona amikoro yo kwiyubakira.

Umwe mu baturage yagize ati “Arakora, nk’ubu abona ahantu bari gupakira ifumbire cyangwa igaraviye cyangwa se uze kumpurira ibishyimbo cyangwa umpingire, akagenda rwose ntabwo yicara mu rugo ntako atagira.”

Aba baturage basaba ubuyobozi guha ubufasha uyu muturage, ubundi na bo bakaba bamuha nk’umuganda kugira ngo yubakirwe.

Undi muturage yagize ati “Inzu namara kuyibona ubundi azirwaneho n’iyo yaburara azirwaneho ariko atari gutaha mu w’abandi.”

Ubuyobozi bw’akagari ka Cyabagarura buvuga ko buri gukora ubukangurambaga bwo kumvisha uyu muryango ko bagomba gukoresha amaboko yabo kuko bwasanze ikibazo gikomeye uyu mugabo afite “atari ubukene ahubwo imitekerereze igwingiye.”

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Ramuli Janvier avuga ku gisubizo cyahawe uyu muturage n’icyo yakora, yagaragaje ko we n’abandi bakwiye kwakira inama nk’izi zo gushishikarira umurimo no guharanira kwigira.

Yagize ati “Kwigisha ni uguhozaho, ahabonetse imirimo umuntu akagenda abarangira ariko nta burenganzira afite na bumwe bwo kubaho adashaka icyo akora kandi yari ashoboye. Umusore ufite amaboko atamugaye ushobora gukora ntabwo leta yazashobora kububakira. Ntabwo ari umuco tugomba gushyigikira.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Uwabwiye amagambo y’agashinyaguro uwarokotse Jenoside yafashwe aha ruswa Umu-DASSO ngo atamushyikiriza RIB

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.