Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye

radiotv10by radiotv10
04/02/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze, basabira mugenzi wabo w’imyaka 25 wabanaga n’umuryango we mu byatsi, kubakirwa mu gihe ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buvuga ko uyu muturage afite ikibazo cy’imitekerereze igwingiye.

Uyu muturage witwa Niyibizi Innocent w’imyaka 25 n’umugore we bari bamaze amezi icyenda bibera mu giti byatsi by’uruyuzi rwarandaranze nyuma baza gutizwa inzu n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kiroba gusa iyi nzu na yo iteye impungenge.

Uyu Niyibizi avuga ko atagira akazi ku buryo atabasha kubona ubushobozi bwo kubaka inzu akaba asaba ubufasha kimwe n’abaturanyi be basaba ko yakubakirwa.

Niyibizi agira ati “Niyo yaba amabati abiri nakwiyubakira kuko ikibanza ndagifite. Ntabwo naba ndi kubura ibyo kurya ngo ndabona ubushobozi bwo kwiyubakira.”

Niyibizi avuga ko atari we wishimiye imibereho mibi

Abaturanyi b’uyu muryango, babwiye RADIOTV10 ko uyu Niyibizi ari umusore ufite imbaraga ariko ko ntako aba atagize ngo ashakishe ariko ko atapfa kubona amikoro yo kwiyubakira.

Umwe mu baturage yagize ati “Arakora, nk’ubu abona ahantu bari gupakira ifumbire cyangwa igaraviye cyangwa se uze kumpurira ibishyimbo cyangwa umpingire, akagenda rwose ntabwo yicara mu rugo ntako atagira.”

Aba baturage basaba ubuyobozi guha ubufasha uyu muturage, ubundi na bo bakaba bamuha nk’umuganda kugira ngo yubakirwe.

Undi muturage yagize ati “Inzu namara kuyibona ubundi azirwaneho n’iyo yaburara azirwaneho ariko atari gutaha mu w’abandi.”

Ubuyobozi bw’akagari ka Cyabagarura buvuga ko buri gukora ubukangurambaga bwo kumvisha uyu muryango ko bagomba gukoresha amaboko yabo kuko bwasanze ikibazo gikomeye uyu mugabo afite “atari ubukene ahubwo imitekerereze igwingiye.”

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Ramuli Janvier avuga ku gisubizo cyahawe uyu muturage n’icyo yakora, yagaragaje ko we n’abandi bakwiye kwakira inama nk’izi zo gushishikarira umurimo no guharanira kwigira.

Yagize ati “Kwigisha ni uguhozaho, ahabonetse imirimo umuntu akagenda abarangira ariko nta burenganzira afite na bumwe bwo kubaho adashaka icyo akora kandi yari ashoboye. Umusore ufite amaboko atamugaye ushobora gukora ntabwo leta yazashobora kububakira. Ntabwo ari umuco tugomba gushyigikira.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Uwabwiye amagambo y’agashinyaguro uwarokotse Jenoside yafashwe aha ruswa Umu-DASSO ngo atamushyikiriza RIB

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.