Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yagaruje hafi Miliyoni 1 Frw y’umucuruzi wari warayahishe mu cyuma cya mudasobwa ikaza kwibwa n’abantu bari babizi, bakaza gufatwa bari kuyishakira umukiliya.

Aya mafaranga angana n’ibihumbi 996 Frw, yari yibanywe n’ibikoresho by’umucuruzi witwa Nshimiyimana Emmanuel utuye mu Mudugudu wa Bukane, Akagari ka  Cyabagarura, mu Murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze,

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga yavuze ko abafashwe ari Ishimwe Emmanuel w’imyaka 26, na Tuyizere w’imyaka 26.

Aba bombi bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’umucuruzi wibwe, wahamagaye Polisi akayimenyesha ko yibwe amafaranga ndetse n’ibikoresho bitandukanye, akanavuga ko akeka uwitwa Tuyizere warindaga inzu yakoreragamo ndetse n’inshuti ye magara yitwa Ishimwe.

SP Alex Ndayisenga yagize ati “Polisi yahise itangira gukurikirana, nibwo yafatiye uyu Ishimwe mu Murenge wa Muhoza wahise ajya kubereka uyu Tuyisenge aho ari, basanga ari gushaka abamugurira ibyo bikoresho byibwe mu murenge wa Kinigi.”
Yavuze ko aba bibye ibi bikoresho batari bazi ko byashyizwemo ariya mafaranga yari yarabitswe n’uyu mucuruzi mu cyuma cya mudasobwa kizwi nka CPU kuko bagifunguye bakayasangamo.

SP Ndayisenga yagiriye inama abantu bose bifuza gutwara iby’abandi kubireka kuko birangira bafashwe kandi bagafungwa igihe kirekire muri gereza, anaboneraho kugira inama abaturage kujya bicungira umutekano bafatanyije n’inzego  z’umutekano kandi bakajya basuzuma ko inzu zabo zifunze neza cyane cyane iz’ubucuruzi.

Abafashwe bashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Cyuve ngo hakurikizwe amategeko.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange  Ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya

Next Post

Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.