Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Hari abakigenda bidegembya bambaye ibirenge bamwe ngo inkweto zirababangamira

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Hari abakigenda bidegembya bambaye ibirenge bamwe ngo inkweto zirababangamira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, bagaragara mu mihanda bagenda biyambariye ibirenge, wababaza impamvu, bamwe bakavuga ko inkweto zibabangamira.

Biragoye ko umuntu yagenda mu muhanda ngo ahure n’undi utambaye inkweto, gusa muri aka Kagari ka Kivugiza si ko bimeze kuko iyo ugenda uhura n’abaturage biyambariye ibirenge kandi ubona ntacyo bibabwiye.

Baganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10, bagaragaje impamvu zituma batambara inkweto, bamwe bakavuga ko ari ubukene bwo kutabasha kugura inkweto mu gihe hari n’abatanga impamvu zidafite ishingiro.

Umwe wahuye n’Umunyamakuru yagize ati “Nzisize mu murima, ntabwo mvuye mu rugo.”

Undi na we ati “None ndeke kujya iyo nari ngiye ngo ni inkweto? Nta mafaranga mfite yo kugura inkweto.”

Hari n’uwavuze ko inkweto zimubangamira bityo ko hari igihe azikoza mu birenge agahita azikuramo. Ati “Imyate yaje ndi kuzikozamo nkababara, ndashaje ntabwo cyera twambaraga inkweto.”

Hari n’abavuga kuba batambara inkweto atari ubushake bwabo ahubwo ko ari ubukene kandi ko bibagiraho ingaruka kuko babikurizamo uburwayi buterwa n’umwanda nk’amavunja.

Umwe ati “None ko uri kugendera mu nkweto nkaba ndi kugendesha ibirenge ndetse n’amavunja akaba yaranyishe, nimbona amafaranga hashize nk’ukwezi nzazigura.”

Bagenzi babo bo bavuga ko nta mpamvu n’imwe yatuma umuntu atambara inkweto kuko zidahenze cyane.

Umwe ati “Inkweto ni igihumbi na maganabiri, ubwo rero umukozi w’igihumbi na maganabiri, ntabwo umuntu yananirwa kugura inkweto.”

RADIOTV10 yagerageje kuvugana n’ubuyobozi haba ubw’Umurenge wa Muko n’ubw’Akarere ka Musanze ariko inshuro zose yagerageje ntibyakunze ndetse inshuro zose Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muko, Edouard Twagirimana yaduhaye gahunda ntitwabashije kumubona haba ku biro cg ku murongo wa telephone.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.