Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Hari abakigenda bidegembya bambaye ibirenge bamwe ngo inkweto zirababangamira

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Hari abakigenda bidegembya bambaye ibirenge bamwe ngo inkweto zirababangamira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, bagaragara mu mihanda bagenda biyambariye ibirenge, wababaza impamvu, bamwe bakavuga ko inkweto zibabangamira.

Biragoye ko umuntu yagenda mu muhanda ngo ahure n’undi utambaye inkweto, gusa muri aka Kagari ka Kivugiza si ko bimeze kuko iyo ugenda uhura n’abaturage biyambariye ibirenge kandi ubona ntacyo bibabwiye.

Baganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10, bagaragaje impamvu zituma batambara inkweto, bamwe bakavuga ko ari ubukene bwo kutabasha kugura inkweto mu gihe hari n’abatanga impamvu zidafite ishingiro.

Umwe wahuye n’Umunyamakuru yagize ati “Nzisize mu murima, ntabwo mvuye mu rugo.”

Undi na we ati “None ndeke kujya iyo nari ngiye ngo ni inkweto? Nta mafaranga mfite yo kugura inkweto.”

Hari n’uwavuze ko inkweto zimubangamira bityo ko hari igihe azikoza mu birenge agahita azikuramo. Ati “Imyate yaje ndi kuzikozamo nkababara, ndashaje ntabwo cyera twambaraga inkweto.”

Hari n’abavuga kuba batambara inkweto atari ubushake bwabo ahubwo ko ari ubukene kandi ko bibagiraho ingaruka kuko babikurizamo uburwayi buterwa n’umwanda nk’amavunja.

Umwe ati “None ko uri kugendera mu nkweto nkaba ndi kugendesha ibirenge ndetse n’amavunja akaba yaranyishe, nimbona amafaranga hashize nk’ukwezi nzazigura.”

Bagenzi babo bo bavuga ko nta mpamvu n’imwe yatuma umuntu atambara inkweto kuko zidahenze cyane.

Umwe ati “Inkweto ni igihumbi na maganabiri, ubwo rero umukozi w’igihumbi na maganabiri, ntabwo umuntu yananirwa kugura inkweto.”

RADIOTV10 yagerageje kuvugana n’ubuyobozi haba ubw’Umurenge wa Muko n’ubw’Akarere ka Musanze ariko inshuro zose yagerageje ntibyakunze ndetse inshuro zose Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muko, Edouard Twagirimana yaduhaye gahunda ntitwabashije kumubona haba ku biro cg ku murongo wa telephone.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 1 =

Previous Post

Umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.