Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Hari abakigenda bidegembya bambaye ibirenge bamwe ngo inkweto zirababangamira

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Hari abakigenda bidegembya bambaye ibirenge bamwe ngo inkweto zirababangamira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, bagaragara mu mihanda bagenda biyambariye ibirenge, wababaza impamvu, bamwe bakavuga ko inkweto zibabangamira.

Biragoye ko umuntu yagenda mu muhanda ngo ahure n’undi utambaye inkweto, gusa muri aka Kagari ka Kivugiza si ko bimeze kuko iyo ugenda uhura n’abaturage biyambariye ibirenge kandi ubona ntacyo bibabwiye.

Baganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10, bagaragaje impamvu zituma batambara inkweto, bamwe bakavuga ko ari ubukene bwo kutabasha kugura inkweto mu gihe hari n’abatanga impamvu zidafite ishingiro.

Umwe wahuye n’Umunyamakuru yagize ati “Nzisize mu murima, ntabwo mvuye mu rugo.”

Undi na we ati “None ndeke kujya iyo nari ngiye ngo ni inkweto? Nta mafaranga mfite yo kugura inkweto.”

Hari n’uwavuze ko inkweto zimubangamira bityo ko hari igihe azikoza mu birenge agahita azikuramo. Ati “Imyate yaje ndi kuzikozamo nkababara, ndashaje ntabwo cyera twambaraga inkweto.”

Hari n’abavuga kuba batambara inkweto atari ubushake bwabo ahubwo ko ari ubukene kandi ko bibagiraho ingaruka kuko babikurizamo uburwayi buterwa n’umwanda nk’amavunja.

Umwe ati “None ko uri kugendera mu nkweto nkaba ndi kugendesha ibirenge ndetse n’amavunja akaba yaranyishe, nimbona amafaranga hashize nk’ukwezi nzazigura.”

Bagenzi babo bo bavuga ko nta mpamvu n’imwe yatuma umuntu atambara inkweto kuko zidahenze cyane.

Umwe ati “Inkweto ni igihumbi na maganabiri, ubwo rero umukozi w’igihumbi na maganabiri, ntabwo umuntu yananirwa kugura inkweto.”

RADIOTV10 yagerageje kuvugana n’ubuyobozi haba ubw’Umurenge wa Muko n’ubw’Akarere ka Musanze ariko inshuro zose yagerageje ntibyakunze ndetse inshuro zose Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muko, Edouard Twagirimana yaduhaye gahunda ntitwabashije kumubona haba ku biro cg ku murongo wa telephone.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + ten =

Previous Post

Umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.