Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Inka eshatu z’umuturage zirimo Inyana y’umutavu zatemwe n’bagizi ba nabi

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Inka eshatu z’umuturage zirimo Inyana y’umutavu zatemwe n’bagizi ba nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Inka eshatu z’umuturage wo mu Kagari ka Ninda mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, zatemwe n’abagizi ba nabi none abavuzi b’amatungo batangaje ko ebyiri muri izi nka zidashobora gukira.

Uyu mworozi witwa Niyonzima Isaac, yazindutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022 yazindutse ajya kureba inka ze aho zirara, asanga eshatu muri zo zatemwe bikabije.

Izo nka zatemwe imitsi y’amaguru no ku ijosi, aho abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo mu Karere ka Musanze bemeje ko ebyiri zidashobora gukira, mu gihe imwe bakomeje kuyitaho bagatanga icyizere ko izakira.

CIP Alex Ndayisenga, Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko aya makuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama.

Ati “ku bufatanye n’abaturage, Polisi yatangiye gushakisha ababigizemo uruhare hafatwa abantu babiri bakekwa, n’undi umwe ugishakishwa.”

Akomeza avuga ko impamvu yo gukeka aba bantu bafashwe, ari uko bari bafitanye ibibazo n’umushumba waragiraga aya matungo, bakaba bari bamaze iminsi bakoresha imvugo yo kugambirira kugira nabi.

Ati “Akaba ari yo mpamvu Polisi yashingiyeho ifata abo bakekwa. Abo bose bafungiye kuri Sitation ya Kinigi, bashyikirijwe RIB kugira ngo bakurikiranwe kuri icyo cyaha.”

Mu butumwa bya CIP Ndayisenga, yasabye abaturage kwirinda amakimbirane n’inzangano bibakururira gukora ibyaha.

Ati “Turabwira abaturage kwirinda ibintu byose bishobora kubagusha mu makimbirane, ndetse n’umujinya wa hato na hato ushobora gutuma bakora ibyaha, kuko nk’iki cyaha gihanishwa ibihano biremereye, kandi umuntu aba yakoze mu by’ukuri abitewe n’umujinya n’inzangano ashobora kwirinda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Nyanza: Abayisilamu bashinjwaga iterabwoga bari basabiwe burundu bagizwe abere

Next Post

Agakunze ababiri…: Abakobwa basanzwe ari inshuti bapfuye umusore umwe atera icyuma undi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agakunze ababiri…: Abakobwa basanzwe ari inshuti bapfuye umusore umwe atera icyuma undi

Agakunze ababiri…: Abakobwa basanzwe ari inshuti bapfuye umusore umwe atera icyuma undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.