• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Uko inzoka zajyaga kuvumba mu bukwe rimwe zikaza gutuma umugeni n’umukwe bapfa

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Uko inzoka zajyaga kuvumba mu bukwe rimwe zikaza gutuma umugeni n’umukwe bapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu gace kamwe ko mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, bavuga ko mu bihe byo hambere hari inzoka zatahaga ubukwe bwabaga bwabaye ndetse bakazizimanira ariko ngo hari iyigeze kuza ntibayakira ahubwo barayica bituma n’abari umusore n’umugeni bari bakoresheje ubwo bukwe bapfa.

Umusaza witwa Miruho Evariste w’imyaka 67 y’amavuko wagiranye ikiganiro na Bwiza TV, avuga ko muri aka gace ka Nkotsi na Bikara ubu ni mu Mudugudu wa Barizo, hari inzoka zajyaga zitaha ubukwe kandi ntizigire uwo zibangamira.

Yatanze n’urugero rw’uwari umusore wo muri ibyo bihe witwa Rwambi wari warongoye, ubukwe bwe bugatahwa n’inshuti n’abavandimwe n’abaturanyi ariko hakaza kuza n’inzoga.

Ati “Inzoka iza kunywa ku nzoga bayishyirira mu muvure ikanywa yarangiza ikigendera.”

Avuga ko umunsi umwe yaje ahitwa Buhanga, ariko abaturage “bayibonye bayivuza amabuye n’inkoni irapfa. Icyo gihe umugeni n’umusore nk’ejo basanze bapfuye.”

Undi witwa Rwamirera Pierre Celestin na we avuga ko amakuru y’inzoka zatahaga ubukwe atari umugani cyangwa amakabyankuru kuko zazaga kenshi.

Ati “Iyo habagaho ubukwe inzoka na yo yarazaga ikanwa, yamara kunywa ikigendera…Nta muntu wabaga wemerewe kuyikubita, iyo byabagaho hapfaga umugeni cyangwa umusore.”

Aba basaza bombi bavuga ko batazi intandaro y’izi nzoka icyakora bagahuriza ku kuba bishobora kuba bifitanye isano n’imigenzo yo hambere y’abo bakomokaho bashobora kuba bari bafitanye imibanire n’izo nzoka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + nine =

Previous Post

Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Next Post

Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry’iriya Video

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry’iriya Video

Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry'iriya Video

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.