• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, basanze umwana w’imyaka umunani afungiranye mu nzu aboshye amaboko, ababwira ko ari Nyina wabimukoreye amuziza ibiceri 200 Frw.

Ikinyamakuru Mamaurwagasabo dukesha aya makuru, kivuga ko uyu mwanya yasanzwe mu nzu iwabo mu Mudugudu wa Kabaya, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa munani n’igice ubwo bumvaga ari gutaka.

Se w’uyu mwana wari hafi aho ari mu murima hinga, ni we wumvise bwa mbere uyu mwana ahita yihutira kujya kureba asanga araboshye ari na bwo yahitaga yiyambaza inzego z’ubuyobozi.

Niyoyita Ally uyobora Akagari ka Cyabagarura yavuze ko uyu mwana bamusanganze aboheshye amaboko inyuma n’imigozi ibiri akavuga ko ari nyina wabimokoreye.

Yagize ati “Umugabo yumvise umwana arimo kurira cyane bafunguye basanga azirikiwe amaboko inyuma ari mu nzu , hanyuma umwana avuga ko nyina ari we wamuziritse amajije amafaranga ibiceri 200.”

Ifoto: Mamaurwagasabo

Gusa uyu mubyeyi uvugwaho kuba ari we waziritse umwana we utahise aboneka, yahise atangira gushakishwa kugira ngo akorweho iperereza.

Amakuru yavuye mu baturanyi b’uyu muryango, avuga ko basanzwe bafitanye ibibazo by’amakimbirane ndetse ko uyu mubyeyi ukekwaho gukora iki gikorwa kigayitse atakibana n’umugabo we.

Urwego rw’Igihiugu rw’Ubugenzacyaha rwashyikirijwe ikirego na se w’umwana, rwatangiye gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro

Next Post

Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida

Obama utaherukaga muri ‘White House’ yasekeje abantu ubwo yitaga Biden Visi Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.