Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Maniriho Jean de Dieu usanzwe ari umuganga mu ivuriro ry’i Musanze, ukurikiranyweho kwica umukobwa w’imyaka 17 bikekwa ko yari yarateye inda, yasabiwe gufungwa burundu.

Maniriho wari umuganga w’ivuriro ryigenga ryitwa Mpore ryo mu mujyi wa Musanze, akurikiranyweho ibyaha bitatu; ubwicanyi, gusambanya umwana no kugerageza gukuriramo inda undi.

Mu rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022, Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyaha bukeka kuri Maniriho Jean de Dieu.

Maniriho Jean de Dieu watawe muri yombi tariki 09 Ugushyingo 2020, akekwaho kwica umwana w’umukobwa witwa Iradukunda Emerence wari ufite imyaka 17 ndetse no kuba yari yatamuteye inda.

Ubushinjacyaha bwahereye ku cyaha cyo gusambanya umwanya, bwavuze ko uregwa yakiyemereye mu Bugenzacyaha ndetse n’icyo kugerageza gukuriramo inda uyu mukobwa witabye Imana.

Umushinjacyaha yavuze ko yemereye Ubugenzacyaha ko yahaye nyakwigendera amafaranga inshuro ebyiri yo kujya gukuramo Inda ngo kuko yari afite undi mukunzi bari bagiye kurushinga bityo ko atashakaga ko hagira ikibirogoya.

Tariki 02 Ugushyingo 2020, umurambo wa Iradukunda Emerence wabonetse mu murima w’umuturage bituma inzego zihaguruka zijya gusaka kwa Maniriho zisangayo umukeka wariho amaraso ndetse bakahasanga n’umugozi usa n’uwari uziritse nyakwigendera.

Hitabajwe ibizamini bya gihanga muri Rwanda Forestique Raboratory bigaragaza ko ayo maraso yabonetse kuri uwo mukeka afitanye isano na nyakwigendera.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyaha byose bikekwa kuri Maniriho bimuhama, busaba Urukiko kubimuhamya rukamukatira gufungwa burundu.

Uregwa akimara guhabwa ijambo ngo avuge ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yahise ahakana ibyaha byose ashinjwa, avuga ko ubwo yabyemereraga Ubugenzacyaha byatewe n’ibikorwa by’ibabazamubiri yakorewe, gusa ntiyagaragaje ibimenyetso.

Abanyamategeko bunganira uregwa, bavuze ko icyaha cyo gusambanya gishinjwa umukiliya wabo, kitagaragarijwe ibimenyetso bifatika ngo nibura Ubushinjacyaha bugaragaze igihe cyabere n’aho cyakorewe.

Aba banyamategeko kandi bavuze ku cyaha cyo gukuriramo inda undi, bavuga ko umukiliya wabo atari gutanga amafaranga yo kwishyura abaganga ngo bakuriremo inda uriya mukobwa, nyamara Maniriho na we asanzwe ari umuganga.

Banavuze kandi ko umugozi usa n’uwari uziritse nyakwigendera warasanwe kwa Maniriho, bidahagije kwemeza ko ari we wamwishe kuko n’umurambo wa nyakwigendera wabonetse waratangiye kwangirika ndetse ko utigeze unakorerwa ibizamini ubwo wajyanwaga kwa muganga.

Naho ku maraso yagaragaye ku mukeka wasanzwe kwa Maniriho, aba banyamategeko bavuze ko bitumvikana uburyo ayo maraso yaba aya nyakwigendera nyamara ubwo umurambo wabonekaga, byaragaragaraga ko yishwe anizwe ndetse ko nta bikomere yari afite.

Aba banyamategeko kandi basabye Urukiko gutegeka ko ibyangombwa by’amavuko bya nyakwigendera bigaragazwa kugira ngo hamenyekane igihe yavukiye.

Urukiko rwapfundikiye uru rubanza, ruhita rwemeza ko icyemezo cyarwo kizasomwa tariki 06 Mata 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + five =

Previous Post

Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

Next Post

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.