Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko inzu yabagamo isenywe n’umuturage wiyita umuyobozi.

Uyu muturage witwa Nzayisenga Cyprien wo mu Mudugudu wa Gatovu mu Kagari ka Rungu Umurenge wa Gataraga yabwiye RADIOTV10 ko yasenyewe n’umugabo uvuga ko ari umuyobozi w’abikorera mu Kagari akaba ashinzwe n’Amajyambere mu Mudugudu.

Nzayisenga avuga ko uyu muturage wamusenyeye yajyanye ibiti byari byubatse inzu ye akajya kubikoresha mu bikorwa byo gushingisha ikigage.

Ati “Amabati barayafashe barayajyana, nihaye kuvuga ikibazo cyanjye mu nama, baramfata banjyana mu Kinigi baramfunga.”

Nyuma y’uko inzu ye yari imaze gusenywa, uyu mugabo avuga ko yatangiye inzira y’umusaraba n’ubu akinyuramo kuko yatangiye kuba mu bwiherero bwari busigaye.

Ati “Ndibuka neza ko narangije imyaka ibiri ndyama muri wese, noneho nyuma yaho baranga, ba Mudugudu barayisenye n’amabati barajyana, ibisima barasandaguza.”

Uyu muturage avuga ko iyo bwije areba aho yikinga kuko adafite aho arambika umusaya.

Cyprien avuga ko ubuzima bumugoye

Abaturage baturanye n’uyu muturage bavuga ko yari yubakiwe na Leta kuko asanzwe ari mu batishoboye, ariko ko yagize ibyago inzu ye igasenywa n’umuswa.

Bavuga ko bababazwa n’umuturanyi wabo kuko nyuma y’uko ahuye n’ibi byago, ubuyobozi bwisubije isakaro aho kugira ngo bwongere bumwubakire.

Umwe yagize ati “N’ubwiherero yararagamo yari isigaye muri icyo kibanza na yo barayisenye ivaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza avuga ko uyu muturage yagaragaje imyitwarire idahwitse yo gushaka kugurisha amabati n’inzugi byari biri kuri iyi nzu yubakiwe na Leta.

Ati “Nubwo afite iyo myitwarire ntabwo twamureka ngo agumye kurara mu mazu nk’ayo adahesheje umuntu agaciro, tuzongera twubake inzu tuyisakare.”

Abaturanyi bavuga ko bababajwe n’imibereho ya mugenzi wabo

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + ten =

Previous Post

Prince Kid agiye kwambara iroza, urukiko rwemeje ko afungwa ukwezi

Next Post

RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano

RDF na UPDF mu cyerekezo gishya: Ubutasi ku mpande zombi bwasinyanye amasezerano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.