Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no ku Mugabane wa Afurika, Diamond Platnumz, noneho yifashishije amashusho ubwo yakirwaga na Perezida Paul Kagame, yongera kumushimira byimazeyo.

Uyu muhanzi wataramiye Abaturarwanda kuri iki Cyumweru mu gitaramo cy’amateka, yageze hagati ashimira Perezida Paul Kagame ku byo akomeje kugeza ku Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, yongeye kumushimira mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, buherekejwe n’amashusho ubwo Umukuru w’u Rwanda yamwakiriraga muri BK Arena.

Mu butumwa bwe, Diamond yateruye agira ati “Ndabashimira nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku miyoborere yawe ishikambye no kuba mwaranyakiriye mu Gihugu cyanyu mu ruzinduko nahagiriye.”

Diamond kandi yavuze ko anashimira umukuru w’u Rwanda ku bwo kwigoma byinshi aba afite byo gukora, ariko akabona umwanya wo kuza kwereka urukundo afitiye urubyoruko, ndetse n’uruhare agira mu guteza imbere impano, by’umwihariko kuba ejo hashize yaraje mu gitaramo cye.

View this post on Instagram

A post shared by SIMBA..!🦁 (@diamondplatnumz)

Yakomeje agira ati “Umuhate wawe mu gukomeza gusigasira umuco no guteza imbere ubuhanzi, biduha urugero rwiza. Mwarakoze ku buryo mwanyakiriye ndetse no kuzana umwuka utanga imikoranire no kuyizamura.”

Diamond avuga kandi ko Igihugu avukamo cya Tanzania kizakomeza gukorana neza n’u Rwanda, mu by’ubuhanzi ndetse no mu kuzamura impano muri siporo.

Ati “Twishimira uburyo mwicisha bugufi, yaba ku Banyarwanda ndetse no ku bashyitsi nkatwe. Mu by’ukuri Afurika itewe ishema nawe.”

Muri aya mashusho, Perezida Kagame abwira Diamond mu rurimi rw’Ikiswahili ati “Wakoze akazi keza cyane.” Undi na we akamushimira cyane bigaragara ko afite amarangamutima menshi, agira ati “Ntushobora kumva uburyo ngushimira inkunga uha ibikorwa by’imyidagaduro na siporo.”

Diamond yashimiye byimazeyo Perezida Kagame
Yashimiye Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka yavaga mu Rwanda ijya Uganda

Next Post

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Related Posts

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Let’s be honest, first impressions matter, and your style is your loudest introduction before you even speak. You don’t need...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.