Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) gishishikariza ababyeyi gahunda y’igi rimwe kuri buri mwana, bamwe mu babyeyi bavuga ko iyi gahunda igoye kuko n’imibereho yo muri iki gihe itoroshye, bakavuga ko bataba baciye incuro ngo babone n’amafaranga yo kugura amagi.

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, bavuga ko kubona igi buri munsi bigoye kuko nk’abatagira inkoko batapfa kubona amafaranga yo kugura amagi ya buri munsi.

Umubyeyi wo mu Kagari ka Nyarunyinya mu Murenge wa Murambi ufite abana b’impanga bagaragaweho imirire mibi, avuga ko hari n’ubwo ashobora kumara ukwezi atagaburiye abana be amagi kuko atoroye inkoko.

Agira ati “Amagi arahenda, ikindi nta n’inkoko ntunze ngo mvuge ngo nayabaha hari ighe n’ukwezi gushira ntayo bariye cyangwa abiri agashira ntaryo bariye, basubiye inyuma umwe ari mu mutuku undi ari mu muhondo.”

Si we gusa ugaragaza imbogamizi yo kutagira inkoko nk’imbogamizi yo kubonera abana amagi ya buri munsi, kuko hari abandi bavuga ko bakorera amafaranga igihumbi (1 000 Frw) ku munsi ariko bakagura ibijumba akaba ari byo abana barya.

Ati “Nk’ubu igi riragura amafaranga ijana na mirongo itanu (150Frw), ubu se nahingira igihumbi (1000) nkabura kukiguramo imifungo y’ibijumba ngo ngiye kugura amagi?”

Macara Faustin ushinzwe imirire y’umubyeyi n’umwana mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) avuga ko igi rifite umwihariko mu ntungamubiri kandi rikaba ikiribwa cyakoroha kuboneka ku b’amikoro macye, ngo hari gahunda yo kuboroza inkoko kugira ngo nabo babone amagi yo guha abana.

Agira ati “Igi rigira umwihariko wo kugira intungamubiri za protein. Turishyize mu igaburo ry’umwana buri munsi, byagagabanya kugwingira kw’abana, hari gahunda yo koroza abaturage inkoko kugira ngo amagi aboneka abana bayarye.”

Imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, igaragaza ko abana barya amagi buri munsi bakiri bacye cyane kuko ubu bangana na 7,7%. uyu mubare nubwo ukiri hasi ariko wiyongereyeho 3.7% ugereranyije no mu mwaka wa 2015 kuko icyo gihe abana baryaga amagi buri munsi bari 4%.

Igi ni ryiza ku mirire y’umwana

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Next Post

Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.