Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) gishishikariza ababyeyi gahunda y’igi rimwe kuri buri mwana, bamwe mu babyeyi bavuga ko iyi gahunda igoye kuko n’imibereho yo muri iki gihe itoroshye, bakavuga ko bataba baciye incuro ngo babone n’amafaranga yo kugura amagi.

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, bavuga ko kubona igi buri munsi bigoye kuko nk’abatagira inkoko batapfa kubona amafaranga yo kugura amagi ya buri munsi.

Umubyeyi wo mu Kagari ka Nyarunyinya mu Murenge wa Murambi ufite abana b’impanga bagaragaweho imirire mibi, avuga ko hari n’ubwo ashobora kumara ukwezi atagaburiye abana be amagi kuko atoroye inkoko.

Agira ati “Amagi arahenda, ikindi nta n’inkoko ntunze ngo mvuge ngo nayabaha hari ighe n’ukwezi gushira ntayo bariye cyangwa abiri agashira ntaryo bariye, basubiye inyuma umwe ari mu mutuku undi ari mu muhondo.”

Si we gusa ugaragaza imbogamizi yo kutagira inkoko nk’imbogamizi yo kubonera abana amagi ya buri munsi, kuko hari abandi bavuga ko bakorera amafaranga igihumbi (1 000 Frw) ku munsi ariko bakagura ibijumba akaba ari byo abana barya.

Ati “Nk’ubu igi riragura amafaranga ijana na mirongo itanu (150Frw), ubu se nahingira igihumbi (1000) nkabura kukiguramo imifungo y’ibijumba ngo ngiye kugura amagi?”

Macara Faustin ushinzwe imirire y’umubyeyi n’umwana mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) avuga ko igi rifite umwihariko mu ntungamubiri kandi rikaba ikiribwa cyakoroha kuboneka ku b’amikoro macye, ngo hari gahunda yo kuboroza inkoko kugira ngo nabo babone amagi yo guha abana.

Agira ati “Igi rigira umwihariko wo kugira intungamubiri za protein. Turishyize mu igaburo ry’umwana buri munsi, byagagabanya kugwingira kw’abana, hari gahunda yo koroza abaturage inkoko kugira ngo amagi aboneka abana bayarye.”

Imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, igaragaza ko abana barya amagi buri munsi bakiri bacye cyane kuko ubu bangana na 7,7%. uyu mubare nubwo ukiri hasi ariko wiyongereyeho 3.7% ugereranyije no mu mwaka wa 2015 kuko icyo gihe abana baryaga amagi buri munsi bari 4%.

Igi ni ryiza ku mirire y’umwana

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Next Post

Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.