Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, barataka umutekano mucye uterwa n’ubujura bukorwa n’abarimo abana bato, badatinya no kwiba ku manywa y’ihangu, kandi ubakomye imbere wese bakamurwanya.

Abatuye muri uyu Mujyi wa Gisenyi n’abakunze kugendamo, bavuga ko ubujura buhakorerwa bumaze gufata indi ntera, ku buryo hakwiye kugira igikorwa.

Umuturage umwe ati “Ku manywa ujya kubona ukabona umuntu baramwambuye. Harimo abana batoya, hakabamo n’abakuru, mbese ni ingeri zose, usanga baguteze igico watambuka ukumva akana gato karakwatatse kari kugukora mu mufuka cyangwa kagushikuje telephone, wagira ngo kuko ubona ari umwana muto uti ‘uyu ndamushobora’ ukabona haje abandi bakuru bakakuboha, bakagukubita, bakagukomeretsa.”

Aba baturage bavuga inkuru nk’iyi uyisobanukirwa neza iyo ubonye umubyeyi witwa Nyirabuhoro Joselyne akakubwira uko yasimbutse urupfu nyuma y’uko aba bajura bamusanze muri butike bakamwambura ku isaha ya sa tatu za mu gitondo ndetse bagasiga bamukomerekeje.

Nyirabuhoro Joselyne ati “Bansanze muri butike ku wa Gatatu, ankomerekeje nahise murekura kuko amaraso yari ari kuva cyane, umuhanda wari wuzuye abantu benshi ariko bagize ngo bantabare ubwo babatera amabuye kuko hari benshi bari mu mpande bihishe bari bamutegereje ngo abashyire ibyo bamaze kwiba.”

Ni ubujura bwiganje cyanye mu Kagari ka Mbugangari, aho umunyamakuru yageze saa sita z’amanywa agasanga n’ubundi aba bajura bavuye aha.

Muhayimana Dominiko uzwi ku izina rya Kazungu ni umwe mu bashinzwe umutekano muri uyu Murenge wa Gisenyi wanakomerekejwe n’aba bajura, avuga ko hari igikwiye gukorwa.

Ati “Twari dutabaye, bari umunani batera amabuye, bagatera buri wese akiruka, twari twaje twe turi babiri bambaye uniform n’undi umwe wambaye sivile, ubwo twari 3. Mu gukomereka kwanjye rero nari ndi gutabara, mu gutabara rero ubwo bageze aho bankubita ibuye; umubare wacu ni uwo kongerwa abanyerondo bakaba benshi, noneho n’igihe dutanze support nk’uko twari babiri abandi bane bakanyura nko hirya tukaba turi benshi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco, mu mvugo inyuranye n’iy’abaturage, avuga ko muri uyu Murenge hari umutekano usesuye.

Ati “Ntabwo twavuga ngo hari itsinda rihari ry’abajura. Ntarihari ni umwe, babiri hari n’abafashwe ejo, twabishyiriye inzego zibishinzwe, bagenda biba ariko icyo twavuga ni uko ahantu hahurira abantu benshi iyo umujura ahageze nyine arafatwa ariko kuvuga ngo hari itsinda, ngo hari ibyacitse ntabyo, umutekano njye navuga ko nakwemeza ko uhari nta ngorane zihari zidasanzwe.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.