Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, barataka umutekano mucye uterwa n’ubujura bukorwa n’abarimo abana bato, badatinya no kwiba ku manywa y’ihangu, kandi ubakomye imbere wese bakamurwanya.

Abatuye muri uyu Mujyi wa Gisenyi n’abakunze kugendamo, bavuga ko ubujura buhakorerwa bumaze gufata indi ntera, ku buryo hakwiye kugira igikorwa.

Umuturage umwe ati “Ku manywa ujya kubona ukabona umuntu baramwambuye. Harimo abana batoya, hakabamo n’abakuru, mbese ni ingeri zose, usanga baguteze igico watambuka ukumva akana gato karakwatatse kari kugukora mu mufuka cyangwa kagushikuje telephone, wagira ngo kuko ubona ari umwana muto uti ‘uyu ndamushobora’ ukabona haje abandi bakuru bakakuboha, bakagukubita, bakagukomeretsa.”

Aba baturage bavuga inkuru nk’iyi uyisobanukirwa neza iyo ubonye umubyeyi witwa Nyirabuhoro Joselyne akakubwira uko yasimbutse urupfu nyuma y’uko aba bajura bamusanze muri butike bakamwambura ku isaha ya sa tatu za mu gitondo ndetse bagasiga bamukomerekeje.

Nyirabuhoro Joselyne ati “Bansanze muri butike ku wa Gatatu, ankomerekeje nahise murekura kuko amaraso yari ari kuva cyane, umuhanda wari wuzuye abantu benshi ariko bagize ngo bantabare ubwo babatera amabuye kuko hari benshi bari mu mpande bihishe bari bamutegereje ngo abashyire ibyo bamaze kwiba.”

Ni ubujura bwiganje cyanye mu Kagari ka Mbugangari, aho umunyamakuru yageze saa sita z’amanywa agasanga n’ubundi aba bajura bavuye aha.

Muhayimana Dominiko uzwi ku izina rya Kazungu ni umwe mu bashinzwe umutekano muri uyu Murenge wa Gisenyi wanakomerekejwe n’aba bajura, avuga ko hari igikwiye gukorwa.

Ati “Twari dutabaye, bari umunani batera amabuye, bagatera buri wese akiruka, twari twaje twe turi babiri bambaye uniform n’undi umwe wambaye sivile, ubwo twari 3. Mu gukomereka kwanjye rero nari ndi gutabara, mu gutabara rero ubwo bageze aho bankubita ibuye; umubare wacu ni uwo kongerwa abanyerondo bakaba benshi, noneho n’igihe dutanze support nk’uko twari babiri abandi bane bakanyura nko hirya tukaba turi benshi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco, mu mvugo inyuranye n’iy’abaturage, avuga ko muri uyu Murenge hari umutekano usesuye.

Ati “Ntabwo twavuga ngo hari itsinda rihari ry’abajura. Ntarihari ni umwe, babiri hari n’abafashwe ejo, twabishyiriye inzego zibishinzwe, bagenda biba ariko icyo twavuga ni uko ahantu hahurira abantu benshi iyo umujura ahageze nyine arafatwa ariko kuvuga ngo hari itsinda, ngo hari ibyacitse ntabyo, umutekano njye navuga ko nakwemeza ko uhari nta ngorane zihari zidasanzwe.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.