Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, barataka umutekano mucye uterwa n’ubujura bukorwa n’abarimo abana bato, badatinya no kwiba ku manywa y’ihangu, kandi ubakomye imbere wese bakamurwanya.

Abatuye muri uyu Mujyi wa Gisenyi n’abakunze kugendamo, bavuga ko ubujura buhakorerwa bumaze gufata indi ntera, ku buryo hakwiye kugira igikorwa.

Umuturage umwe ati “Ku manywa ujya kubona ukabona umuntu baramwambuye. Harimo abana batoya, hakabamo n’abakuru, mbese ni ingeri zose, usanga baguteze igico watambuka ukumva akana gato karakwatatse kari kugukora mu mufuka cyangwa kagushikuje telephone, wagira ngo kuko ubona ari umwana muto uti ‘uyu ndamushobora’ ukabona haje abandi bakuru bakakuboha, bakagukubita, bakagukomeretsa.”

Aba baturage bavuga inkuru nk’iyi uyisobanukirwa neza iyo ubonye umubyeyi witwa Nyirabuhoro Joselyne akakubwira uko yasimbutse urupfu nyuma y’uko aba bajura bamusanze muri butike bakamwambura ku isaha ya sa tatu za mu gitondo ndetse bagasiga bamukomerekeje.

Nyirabuhoro Joselyne ati “Bansanze muri butike ku wa Gatatu, ankomerekeje nahise murekura kuko amaraso yari ari kuva cyane, umuhanda wari wuzuye abantu benshi ariko bagize ngo bantabare ubwo babatera amabuye kuko hari benshi bari mu mpande bihishe bari bamutegereje ngo abashyire ibyo bamaze kwiba.”

Ni ubujura bwiganje cyanye mu Kagari ka Mbugangari, aho umunyamakuru yageze saa sita z’amanywa agasanga n’ubundi aba bajura bavuye aha.

Muhayimana Dominiko uzwi ku izina rya Kazungu ni umwe mu bashinzwe umutekano muri uyu Murenge wa Gisenyi wanakomerekejwe n’aba bajura, avuga ko hari igikwiye gukorwa.

Ati “Twari dutabaye, bari umunani batera amabuye, bagatera buri wese akiruka, twari twaje twe turi babiri bambaye uniform n’undi umwe wambaye sivile, ubwo twari 3. Mu gukomereka kwanjye rero nari ndi gutabara, mu gutabara rero ubwo bageze aho bankubita ibuye; umubare wacu ni uwo kongerwa abanyerondo bakaba benshi, noneho n’igihe dutanze support nk’uko twari babiri abandi bane bakanyura nko hirya tukaba turi benshi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco, mu mvugo inyuranye n’iy’abaturage, avuga ko muri uyu Murenge hari umutekano usesuye.

Ati “Ntabwo twavuga ngo hari itsinda rihari ry’abajura. Ntarihari ni umwe, babiri hari n’abafashwe ejo, twabishyiriye inzego zibishinzwe, bagenda biba ariko icyo twavuga ni uko ahantu hahurira abantu benshi iyo umujura ahageze nyine arafatwa ariko kuvuga ngo hari itsinda, ngo hari ibyacitse ntabyo, umutekano njye navuga ko nakwemeza ko uhari nta ngorane zihari zidasanzwe.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + six =

Previous Post

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo muri America bagenzwa n’ingingo irimo Ikindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.