Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA
0
Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike
Share on FacebookShare on Twitter

Nyamasheke- Ababyeyi bafite abana biga mu mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kinini ruherereye mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano, baramagana ibihano bikarishye bihabwa abana babo birimo guhabwa igikonkwani cyo guhinga, bakavuga ko aho kugira ngo birirwe bahingira ishuri babakuramo na bo bakajya babahingira.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kinini mu masaha y’agasusuruko, yasanze bamwe mu banyeshuri biga muri iri shuri bari kugendagenda mu ngo z’abaturage batira amasuka ngo bajye guhinga umurima bahawe mu rwego rw’ibihano.

Aba banyeshuri bavuga ko bahaniwe gutinda kwinjira bavuye mu karuhuko, bavuga ko ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri yabategetse guhinga uwo murima cyangwa se bagashaka amafaranga yo kuhahingisha.

Umwe muri aba banyeshuri yagize ati “Tuhageze arahatwereka tubona ni hanini kandi aratubwira ngo dutahe tumweretse ko twarangije kuhahinga kandi twahahinga nk’icyumweru kuko harimo urwiri rwinshi.”

Ni igihano gikomeje kubabaza ababyeyi bavuga ko abana babo batari bakwiye guhabwa ibihano nk’ibi.

Umwe ati “Umwana naba uwa nyuma, bazavuga ko ari ikibazo cy’umubyeyi? Niba ari uguhinga rero nanjye namuhingisha njyenyine, ntureba ko ndi guhinga njyenyine…Byarutwa nuko twabarekera mu rugo ntajye ku ishuri.”

Jean Claude Mbonempaye uyobora iri shuri rya G.S Kinini yabwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko atari we wahaye aba bana iki gihano kuko atari ari ku ishuri.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie yavuze ko abana bakwiye guhabwa ibihano bitababuza kwiga.

Ati “Wabaha igihano cyoroheje, umwana ushobora kumuhagarika inyuma abandi bicaye agakurikirana ayo masomo ari no mu gihano. Hari uduhano tworoheje ushobora guhanisha umwana ariko utamujyanye mu mushike wo hanze.”

Mukamasabo Appolonie yatangaje ko ibi bihano byahawe bariya abana, ari imirimo ivunanye mu gihe abana bari kurindwa iyo mirimo, agasaba ibigo byo mu Karere ayoboye byatangaga ibihano nk’ibi kubihagarika.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Next Post

Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

Related Posts

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

IZIHERUKA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.