Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA
0
Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike
Share on FacebookShare on Twitter

Nyamasheke- Ababyeyi bafite abana biga mu mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kinini ruherereye mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano, baramagana ibihano bikarishye bihabwa abana babo birimo guhabwa igikonkwani cyo guhinga, bakavuga ko aho kugira ngo birirwe bahingira ishuri babakuramo na bo bakajya babahingira.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kinini mu masaha y’agasusuruko, yasanze bamwe mu banyeshuri biga muri iri shuri bari kugendagenda mu ngo z’abaturage batira amasuka ngo bajye guhinga umurima bahawe mu rwego rw’ibihano.

Aba banyeshuri bavuga ko bahaniwe gutinda kwinjira bavuye mu karuhuko, bavuga ko ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri yabategetse guhinga uwo murima cyangwa se bagashaka amafaranga yo kuhahingisha.

Umwe muri aba banyeshuri yagize ati “Tuhageze arahatwereka tubona ni hanini kandi aratubwira ngo dutahe tumweretse ko twarangije kuhahinga kandi twahahinga nk’icyumweru kuko harimo urwiri rwinshi.”

Ni igihano gikomeje kubabaza ababyeyi bavuga ko abana babo batari bakwiye guhabwa ibihano nk’ibi.

Umwe ati “Umwana naba uwa nyuma, bazavuga ko ari ikibazo cy’umubyeyi? Niba ari uguhinga rero nanjye namuhingisha njyenyine, ntureba ko ndi guhinga njyenyine…Byarutwa nuko twabarekera mu rugo ntajye ku ishuri.”

Jean Claude Mbonempaye uyobora iri shuri rya G.S Kinini yabwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko atari we wahaye aba bana iki gihano kuko atari ari ku ishuri.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie yavuze ko abana bakwiye guhabwa ibihano bitababuza kwiga.

Ati “Wabaha igihano cyoroheje, umwana ushobora kumuhagarika inyuma abandi bicaye agakurikirana ayo masomo ari no mu gihano. Hari uduhano tworoheje ushobora guhanisha umwana ariko utamujyanye mu mushike wo hanze.”

Mukamasabo Appolonie yatangaje ko ibi bihano byahawe bariya abana, ari imirimo ivunanye mu gihe abana bari kurindwa iyo mirimo, agasaba ibigo byo mu Karere ayoboye byatangaga ibihano nk’ibi kubihagarika.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 6 =

Previous Post

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Next Post

Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.