Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021
Share on FacebookShare on Twitter

Amanda Akaliza wabaye Igisonga cya mbere muri Miss Rwanda 2021, yavuze ko kuva hambere yari afite ibyo ashaka gutangaza ariko ko igihe kigeze ngo abivuge ndetse anashishikariza abandi bakobwa bitabiriye iri rushanwa bakorewe ihohoterwa gushira amanga bakabivuga.

Amanda Akaliza atangaje ibi nyuma y’uko Ishimwe Dieudonne uyobora Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda, atawe muri yombi aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe abakorwa bitabiri iri rushanwa mu bihe binyuranye.

Amakuru avuga ko ibikekwa kuri Ishimwe Dieudonne bifitanye isano na Ruswa y’igitsina akekwaho kwaka bamwe mu bakobwa bari muri iri rushanwa abizeza kuzegukana ikamba.

Amanda Akarlza acyumva ko uyu musore yatawe muri yombi, yavuze ko na we yiteguye kugira icyo avuga kuri iryo hohoterwa.

Yavuze ko hashize igihe afite icyo ashaka kuvuga ariko ko “ntabishoboye kuko kukivuga kiriya gihe ntafite gihamwa byashobora kugira ingaruka aho kugira icyo bifasha.”

Yakomeje agira ati “Ariko ubu ni cyo gihe cyo kugira ngo mfunguke sinkomeze guceceka. Ubu butumwa ni ubwo gutera akanyabugabo abakobwa bagahaguruka ku bwabo bakajya kubwira polisi.”

Uyu mukobwa yavuze ko atavugira abakobwa bose bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda kuko “buri wese afite ibyo yanyuzemo akwiye kwivugira ubwe.”

Miss Amanda Akaliza yavuze ko yifatanyije n’abakobwa bakorewe iryo hohoterwa ndetse ko yiteguye kubaha ubufasha bwose igihe cyose bazaba bumva babohotse bashaka kuvuga ibyo bakorewe.

Ati “Nzabashyigikira igihe muzaba munkeneye kandi nzabumva igihe muzaba mwahisemo kubikemura mu zindi nzira muzaba mwihitiyemo.”

Inkuru yo guta muri yombi Ishimwe Dieudonne, yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga aho ku rubuga rwa Twitter hakozwe ikiganiro kidasanzwe gihuriza hamwe abantu benshi cyavugiwemo byinshi birimo ibishya ariko umuntu atakwemeza ko ari ukuri cyangwa ko ari ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25

Next Post

Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,…- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,…- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,...- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.