Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021
Share on FacebookShare on Twitter

Amanda Akaliza wabaye Igisonga cya mbere muri Miss Rwanda 2021, yavuze ko kuva hambere yari afite ibyo ashaka gutangaza ariko ko igihe kigeze ngo abivuge ndetse anashishikariza abandi bakobwa bitabiriye iri rushanwa bakorewe ihohoterwa gushira amanga bakabivuga.

Amanda Akaliza atangaje ibi nyuma y’uko Ishimwe Dieudonne uyobora Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda, atawe muri yombi aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe abakorwa bitabiri iri rushanwa mu bihe binyuranye.

Amakuru avuga ko ibikekwa kuri Ishimwe Dieudonne bifitanye isano na Ruswa y’igitsina akekwaho kwaka bamwe mu bakobwa bari muri iri rushanwa abizeza kuzegukana ikamba.

Amanda Akarlza acyumva ko uyu musore yatawe muri yombi, yavuze ko na we yiteguye kugira icyo avuga kuri iryo hohoterwa.

Yavuze ko hashize igihe afite icyo ashaka kuvuga ariko ko “ntabishoboye kuko kukivuga kiriya gihe ntafite gihamwa byashobora kugira ingaruka aho kugira icyo bifasha.”

Yakomeje agira ati “Ariko ubu ni cyo gihe cyo kugira ngo mfunguke sinkomeze guceceka. Ubu butumwa ni ubwo gutera akanyabugabo abakobwa bagahaguruka ku bwabo bakajya kubwira polisi.”

Uyu mukobwa yavuze ko atavugira abakobwa bose bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda kuko “buri wese afite ibyo yanyuzemo akwiye kwivugira ubwe.”

Miss Amanda Akaliza yavuze ko yifatanyije n’abakobwa bakorewe iryo hohoterwa ndetse ko yiteguye kubaha ubufasha bwose igihe cyose bazaba bumva babohotse bashaka kuvuga ibyo bakorewe.

Ati “Nzabashyigikira igihe muzaba munkeneye kandi nzabumva igihe muzaba mwahisemo kubikemura mu zindi nzira muzaba mwihitiyemo.”

Inkuru yo guta muri yombi Ishimwe Dieudonne, yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga aho ku rubuga rwa Twitter hakozwe ikiganiro kidasanzwe gihuriza hamwe abantu benshi cyavugiwemo byinshi birimo ibishya ariko umuntu atakwemeza ko ari ukuri cyangwa ko ari ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + two =

Previous Post

Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25

Next Post

Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,…- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,…- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,...- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.