Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021
Share on FacebookShare on Twitter

Amanda Akaliza wabaye Igisonga cya mbere muri Miss Rwanda 2021, yavuze ko kuva hambere yari afite ibyo ashaka gutangaza ariko ko igihe kigeze ngo abivuge ndetse anashishikariza abandi bakobwa bitabiriye iri rushanwa bakorewe ihohoterwa gushira amanga bakabivuga.

Amanda Akaliza atangaje ibi nyuma y’uko Ishimwe Dieudonne uyobora Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda, atawe muri yombi aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe abakorwa bitabiri iri rushanwa mu bihe binyuranye.

Amakuru avuga ko ibikekwa kuri Ishimwe Dieudonne bifitanye isano na Ruswa y’igitsina akekwaho kwaka bamwe mu bakobwa bari muri iri rushanwa abizeza kuzegukana ikamba.

Amanda Akarlza acyumva ko uyu musore yatawe muri yombi, yavuze ko na we yiteguye kugira icyo avuga kuri iryo hohoterwa.

Yavuze ko hashize igihe afite icyo ashaka kuvuga ariko ko “ntabishoboye kuko kukivuga kiriya gihe ntafite gihamwa byashobora kugira ingaruka aho kugira icyo bifasha.”

Yakomeje agira ati “Ariko ubu ni cyo gihe cyo kugira ngo mfunguke sinkomeze guceceka. Ubu butumwa ni ubwo gutera akanyabugabo abakobwa bagahaguruka ku bwabo bakajya kubwira polisi.”

Uyu mukobwa yavuze ko atavugira abakobwa bose bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda kuko “buri wese afite ibyo yanyuzemo akwiye kwivugira ubwe.”

Miss Amanda Akaliza yavuze ko yifatanyije n’abakobwa bakorewe iryo hohoterwa ndetse ko yiteguye kubaha ubufasha bwose igihe cyose bazaba bumva babohotse bashaka kuvuga ibyo bakorewe.

Ati “Nzabashyigikira igihe muzaba munkeneye kandi nzabumva igihe muzaba mwahisemo kubikemura mu zindi nzira muzaba mwihitiyemo.”

Inkuru yo guta muri yombi Ishimwe Dieudonne, yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga aho ku rubuga rwa Twitter hakozwe ikiganiro kidasanzwe gihuriza hamwe abantu benshi cyavugiwemo byinshi birimo ibishya ariko umuntu atakwemeza ko ari ukuri cyangwa ko ari ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + twenty =

Previous Post

Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25

Next Post

Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,…- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,…- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,...- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.