Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

“Ndamutse ngiye umwana wacu yazabaho ate?”- Ubuhamya bubabaje bw’umugabo w’Umuhanzikazi witabye Imana bitunguranye

radiotv10by radiotv10
20/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
3
“Ndamutse ngiye umwana wacu yazabaho ate?”- Ubuhamya bubabaje bw’umugabo w’Umuhanzikazi witabye Imana bitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ati “Tumaranye igihe gito cyane, nta n’umwaka wari ushize tubanye”

Umugabo w’Umuhanzikazi Gisele Precious uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye, yavuze ikiganiro bagiranye ku munsi yatabarukiyeho, aho yazindutse amubwira ngo “nk’ubu ndamutse ngiye umwana wacu yazabaho ate?”

Niyonkuru Innocent yabitangaje mu gitaramo cyo kwizihiza ubuzima bw’Umuhanzikazi Gisele Precious cyabaye ku Cyumweru tariki 18 Nzeri 2022.

Innocent wagarutse ku mateka y’urukundo rwe na Gisele Precious, yavuze ko yavuze ko bamenyanye muri 2013 ubwo bari bagiye mu gitaramo mu Mujyi wa Kigali, bakaza gukomeza kujya bavugana ubwo bombi bigaga mu mashuri yisumbuye.

Yavuze ko mu kurambagizanya kwabo bagiye bahura n’imbogamizi zisanzwe ziba mu rukundo, rimwe na rimwe bakagirana ibibazo ariko bakabikura mu nzira bagasubirana.

Ati “Icyo Imana iba yarashyizeho ntawahindura umugambi wayo, kuko akenshi twagendaga dushwana nyuma tukongera tugasubirana.”

Avuga ko yakundaga gusenga, Imana ikamubwira ko izamuha umufasha mwiza kandi wubaha Imana, ati “Ariko kuko twakundaga guhura n’ibyo bibazo njye sintekereze ko ari we, kuko nyine twashwanaga, bikaba ngombwa ko umuntu akundana n’abandi, ariko Imana ni we yari yarateguye.”

Niyonkuru uvuga ko ibyo bibazo baje kubirenga ndetse bakemeranya kubana bakanabigeraho, yavuze ko bibabaje kuba umufasha we yitabye Imana bamaranye igihe gito bashyingiranywe.

Ati “Ni igihe gito cyane, nta n’umwaka wari washira, tubanye amezi.”

Avuga ko bashyingiranwa mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize wa 2021, bumvaga ko bubatse umuryango uzagera kuri byinshi kuko umugore we yarangwaga n’ishyaka.

Ati “Gisele yumvaga ashaka gukorera urugo rwe, Gisele yabaye ahantu ntekereza ko Papa atabaye. Aho nari maze kugera cyangwa se uko nari maze kuba kose, nabikeshaga we kuko hari ibyo nagenderagamo cyera ariko ubu yari amaze kunshyira ku murongo nk’umufasha we.”

Niyonkuru Innocent avuga ko umugore we witabye Imana, bari bafitanye imishinga myinshi yo guteza imbere urugo rwabo.

Ubwo bakoraga ubukwe mu mpera z’umwaka ushize

Uko yatabarutse

Innocent usigiwe na Gisele uruhinja rutaruzuza ukwezi kumwe, yavuze ko ubwo yari atwite, bagiye kwa muganga bagasanga afite ikibazo, abaganga bakemeza ko bagomba kumubaga kugira ngo atahatakariza ubuzima, umwana avukira amezi arindwi.

Avuga ko bavuye mu bitaro, Gisele yakomeje kwita ku mwana wabo, ndetse ko biri mu byatumye uru ruhinja rubasha kubaho.

Ku munsi yitabiyeho Imana, yazindutse atameze neza ndetse yari amaze iminsi aribwa mu nda kubera kubagwa, bakaza gutumiza ibinini ndetse uburibwe bukagabanuka, ubundi akamuganiriza amubwira uburyo akunda abavandimwe be.

Ati “Ni naho yambwiye ko akunda Axele n’ubuzima yakuriyemo ko na we Mama we yitabye Imana amubyara, niho yakomeje ijambo arangije arambwira ngo ‘ese nk’ubu ndamutse ngiye Yvette [umwana wabo] yazabaho ate?’ ndamubwira nti oya ntabwo byashoboka.”

Muri uwo mugoroba ni bwo yagiye mu bwogero, na we aguma muri salo, ati “Arangije arampamagara ati ‘cheri’ mu kumpamagara gutyo navuye muri salo niruka musanga asutamye, naramufashe mu biganza byanjye mwegamiza muri douche aricara niho nahamagaye Papa, duhamagara n’imodoka turebe uko twamujyana kwa muganga.”

Avuga ko ako kanya yahise atangira gusenga ariko akumva isengesho ritari kugenda, bagahita bamujyana kwa muganga ari nabwo bababwiye ko byarangiye.

Gisele Precious yashyinguwe kuri uyu wa Mbere tariki 19 Nzeri 2022 mu irimbi rya Rugerero mu Karere ka Rubavu, mu muhango nubundi wavugiwemo ubuhamya bw’uburyo yakoreraga Imana.

Niyonkuru ubwo yavugaga ubuhamya bwe n’umufasha we witabye Imana
Aline Gahongayire yari muri iki gitaramo

RADIOTV10

Comments 3

  1. NTAKIRUTIMANA Josiane says:
    3 years ago

    REST IN PARADISE Imana ikwakire mubayo ujyiye tukigukeneye.

    Reply
  2. Cartine says:
    3 years ago

    Imana isaruye ururabo rwayo. Ntawayivuguruza.

    Reply
  3. Marie Josephine says:
    3 years ago

    Imana yisubije uwo yiremeye imirimo wakoze ukiri mwisi izaguherekeza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 3 =

Previous Post

Byamenyekanye ko umusore ugiye gushyingiranwa na Fofo (PapaSava) atari uzwi na benshi

Next Post

Producer wari umaze kubaka izina mu Rwanda ubu ntakihabarizwa

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Producer wari umaze kubaka izina mu Rwanda ubu ntakihabarizwa

Producer wari umaze kubaka izina mu Rwanda ubu ntakihabarizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.