Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndayisaba Fabrice Foundation(NFF) basoje igikorwa cyo kwibuka abana bazize Jenoside, akangurira urubyiruko kwirinda gushukwa

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA
0
Ndayisaba Fabrice Foundation(NFF) basoje igikorwa cyo kwibuka abana bazize Jenoside, akangurira urubyiruko kwirinda gushukwa
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri iki Cyumweru tariki ya 4 Nyakanga 2021 nibwo Ndayisaba Fabrice Foundation(NFF) basoje igikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka abana n’Ibibondo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, muri 2010 ariko bikaba ari ku nshuro ya 7 bibuka mu mashuri yo mu Karere ka Kicukiro.

Iyi Fondasiyo yatangiye Kwibuka Abana n’Ibibondo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, muri 2010 ariko bikaba ari ku nshuro ya 7 bibuka mu mashuri yo mu Karere ka Kicukiro.

Kuri iyi nshuro ibikorwa byo Kwibuka byanyujijwe muri Ecole Maternelle Foundation Ndayisaba Fabrice, ni mu gihe ibyo kwibuka Abana n’Ibibondo byo byabereye mu mashuri yose agize akarere ka Kicukiro.

Ndayisaba Fabrice Foundation(NFF) ibinyujije mu ishuri ry’incuke rya Ecole Maternelle Foundation Ndayisaba Fabrice basoje igikorwa ngaruka mwaka cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, umuyobozi wayo yasabye abantu kwirinda kwishora mu ngengabitekerezo ya Jenoside kubera gushukishwa ibintu.

Mu butumwa bwo gusoza ibyo bikorwa byo kwibuka abana n’impinja bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Fondasiyo Ndayisaba Fabrice yibukije abana ko ari bo Rwanda rw’ejo hazaza, ibasaba gukurana ingeso nziza, gukunda siporo no gukunda igihugu, birinda uwabashora mu ngese mbi.

Turashishikariza abana n’urubyiruko rw’u Rwanda gukurana umuco mwiza wo kugira ikinyabupfura, ubumuntu n’urukundo mu mitima, gukunda siporo, gukunda igihugu, kugitekerereza neza no kugikorera neza mu buryo bwose bushoboka, birinda uwabashora mu ngeso mbi zirimo n’ingengabitekerezo ya Jenoside”. Ndayisaba Fabrice

Ndayisaba Fabrice aganiriza abana ku kamaro igihugu kibatezemo

Bitewe n’ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, ibikorwa byo gusoza Kwibuka, ubutumwa bwatanzwe hifashishijwe ikoranabuhanga.

Mu ijambo rye, umuyobozi wa NFF Rwanda, Ndayisaba Fabrice yasabye abantu kwirinda kwishora mu Ngengabitekerezo ya Jenoside kubera gushukishwa ibyo badafite.

Ati”dukomeze kandi twirinde kwishora mu Ngengabitekerezo ya Jeniside kubera gushukishwa ibyo tudafite, tunyurwe na duke tubona cyangwa dufite, ibintu ni ibishakwa ntihazagire ubizira.”

Yakomeje kandi ashimira abana n’urubyiruko berekanye ko bakiriye neza igitekerezo cyo kwibuka abana bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati”Ndashimira cyane abana n’urubyiruko bose banyeretse ko bakiriye neza igitekerezo nagize cyo kwibuka bagenzi bacu bazize urw’agashyinyaguro ndetse mbashimira ko bakomeje gukurana umuco mwiza w’ub’umuntu n’urukundo rwo kwifurizanya ibyiza mu buzima buzira amashyari n’urwango ndetse no gutekereza neza, gukorera igihugu neza mu buryo bwose bushoboka twirinda kwinjira mu ngeso mbi zirimo n’ingengabitekerezo ya Jenoside.”

“Dukomeze Kwibuka twiyubakira igihugu neza, duharanira gukora ibyiza tudacika intege mu buzima bwacu cyangwa ngo twemerere abandi baziduce.”

Ibi bikorwa byo gusoza Kwibuka, byahuriranye n’umunsi wo Kwibohora, Ndayisaba Fabrice akaba yifurije abanyarwanda umunsi mwiza wo Kwibohora aho yabasabye gukomeza gutekereza neza no gukorera neza igihugu cy’u Rwanda birinda kukigambanira kuko bishobora kugisubiza mu icuraburindi Ingabo za FPR Inkotanyi zagisanzemo ubwo zazaga kukibohora.

Ishuri ry’incuke ‘Ecole Maternelle Fondation Ndayisaba Fabrice hamwe na Fondation Ndayisaba Fabrice, bashimira abafatanyabikorwa bose bafatanyije mu gutegura no gushyira mu bikorwa iyi gahunda yo kwibuka abana n’impinja bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ecole Maternelle Foundation Ndayisaba Fabrice isanzwe ibamo abana biga amasomo anarimo uburere mbonera gihugu

Kwibuka abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 byabaye igikorwa ngaruka mwaka ku gitecyerezo cya NFF

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

FRANCE: Minisitiri w’ubuzima araburira abaturage ko COVID-19 izakaza umurego muri iyi mpeshyi

Next Post

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.