• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA
0
Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Ndekyezi Samuel, Umunya-Uganda w’imyaka 66 y’amavuko, umaze gupfusha abantu umunani bahitanywe na Ebola, yavuze ko akurikije ibimaze kumubaho muri iki gihe gito, yagombye kuba yariyahuye.

Uyu mugabo utuye mu Karere ka Mubende kagaragayemo bwa mbere iyi ndwara ya Ebola ndetse Umunya-Uganda wa mbere wasanganywe iyi ndwara akaba ari umwana we wanaje guhitanwa na yo.

Uretse uyu mwana w’uyu musaza waje guhitanwa n’iyi ndwara, hari n’abandi bantu barindwi ba hafi ye barimo abana be, bahitanywe n’iyi ndwara.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Ndekyezi yagaragaje agahinda ko kubura abe umunani muri iki gihe gito kuva iyi ndwara ya Ebola yagaragara muri Uganda.

Ati “Abandi bose yarabahitanye, hasigaye akana kamwe, kari hano, ni ko konyine gasigaye, abandi bose barapfuye.”

Avuga ko uretse ko na we habaye ah’umutima ukomeye ariko na we yagombaga kwiyahura. Ati “No kwiyahura nagombye kwiyahura, ariko mfite umutima ukomeye utumpa ntiyahura.”

Ndekyezi na we yari amaze iminsi ari mu kato we n’abandi bantu 26 bo mu muryango we, aho bamaze ibyumweru bitatu bakurikiranirwa hafi, gusa we nta na rimwe bigeze bamupima ngo bamubonemo iyi ndwara.

Yagize ati “Namazeyo iminsi 21 mu kato. Bamfashe ibizamini inshuro nyinshi ariko basanga nta Ebola mfite.” 

Avuga ko nyuma yuko uriya mwana agaragaweho Ebola ikaza no kumuhitana, batahise bamenye indwara, hari n’abandi bo mu muryango we bagiye baremba, ndetse bamwe bakaza kwitaba Imana.

Ndekyezi avuga ko uwo mwana we, yabanje kwiyambaza abaganga ba gakondo, nyuma aza kujya ku mavuriro ya kizungu ari na ho iyi ndwara yaje kumwivuganira.

Avuga ko iyi ndwara yamuzaniye akaga gakomeye kuko n’aho yashakishirizaga imibereho, hasa nk’aho inzira zasibamye.

Yari asanzwe afite iduka ariko nyuma yo kuvanwa mu kato “Nasanze ibyarimo byose barabisahuye, nari mfite inkoko nasanze zose barazitwaye, nari mfite n’ingurube n’ihene, na zo nasanze barazitwaye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

Next Post

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.