Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA
0
Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Ndekyezi Samuel, Umunya-Uganda w’imyaka 66 y’amavuko, umaze gupfusha abantu umunani bahitanywe na Ebola, yavuze ko akurikije ibimaze kumubaho muri iki gihe gito, yagombye kuba yariyahuye.

Uyu mugabo utuye mu Karere ka Mubende kagaragayemo bwa mbere iyi ndwara ya Ebola ndetse Umunya-Uganda wa mbere wasanganywe iyi ndwara akaba ari umwana we wanaje guhitanwa na yo.

Uretse uyu mwana w’uyu musaza waje guhitanwa n’iyi ndwara, hari n’abandi bantu barindwi ba hafi ye barimo abana be, bahitanywe n’iyi ndwara.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Ndekyezi yagaragaje agahinda ko kubura abe umunani muri iki gihe gito kuva iyi ndwara ya Ebola yagaragara muri Uganda.

Ati “Abandi bose yarabahitanye, hasigaye akana kamwe, kari hano, ni ko konyine gasigaye, abandi bose barapfuye.”

Avuga ko uretse ko na we habaye ah’umutima ukomeye ariko na we yagombaga kwiyahura. Ati “No kwiyahura nagombye kwiyahura, ariko mfite umutima ukomeye utumpa ntiyahura.”

Ndekyezi na we yari amaze iminsi ari mu kato we n’abandi bantu 26 bo mu muryango we, aho bamaze ibyumweru bitatu bakurikiranirwa hafi, gusa we nta na rimwe bigeze bamupima ngo bamubonemo iyi ndwara.

Yagize ati “Namazeyo iminsi 21 mu kato. Bamfashe ibizamini inshuro nyinshi ariko basanga nta Ebola mfite.” 

Avuga ko nyuma yuko uriya mwana agaragaweho Ebola ikaza no kumuhitana, batahise bamenye indwara, hari n’abandi bo mu muryango we bagiye baremba, ndetse bamwe bakaza kwitaba Imana.

Ndekyezi avuga ko uwo mwana we, yabanje kwiyambaza abaganga ba gakondo, nyuma aza kujya ku mavuriro ya kizungu ari na ho iyi ndwara yaje kumwivuganira.

Avuga ko iyi ndwara yamuzaniye akaga gakomeye kuko n’aho yashakishirizaga imibereho, hasa nk’aho inzira zasibamye.

Yari asanzwe afite iduka ariko nyuma yo kuvanwa mu kato “Nasanze ibyarimo byose barabisahuye, nari mfite inkoko nasanze zose barazitwaye, nari mfite n’ingurube n’ihene, na zo nasanze barazitwaye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

Next Post

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.