Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndoli umaze imyaka 6 adahamagarwa mu Mavubi yazibukiriye arasezera

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ndoli umaze imyaka 6 adahamagarwa mu Mavubi yazibukiriye arasezera
Share on FacebookShare on Twitter

Ndoli Jean Claude wakanyujijeho mu ikipe y’Igihugu Amavubi akaba yari amaze imyaka itandatu adahamagarwa, yatangaje ko asezeye muri iyi kipe yagiriyemo ibihe byiza bidasanzwe.

Uyu munyezamu ubu ukinira Gorilla FC, yari aherutse gutangariza RBA ko yagiriye ibihe byiza mu Ikipe y’Igihugu ubwo yari agihamagarwa ndetse ko yumva agifite imbaraga ku buryo aramutse ayihamagawemo yakwitaba akajya gutanga umusanzu we.

Ndoli Jean Claude ufite izina rikomeye muri ruhago yo mu Rwanda, mbere y’uko yerecyeza muri Gorilla FC yakiniye amakipe anyuranye ariko Musanze FC ndetse n’andi akomeye nka Kiyovu Sports.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Isimbi, Ndoli yavuze ko amakipe yose yagiye anyuramo yakoreshaga imbaraga ze zose ngo arebe ko yakongera guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu ariko ngo abona bitarahawe agaciro.

Ati “Rero hari igihe kigera umuntu akarambirwa…mpite mboneraho kubwira Abanyarwanda y’uko mfashe icyemezo cyo kuba nasezera mu ikipe y’Igihugu.”

Ndoli Jean Claude ubu wanatangiye urugendo rwo gutoza arufatanya no gukinira Gorilla FC, yakomeje agira ati “Wenda nzajyayo ndi umutoza ariko kujyayo ndi umukinnyi ntibishoboka.”

Avuga ko ubu umutima awerecyeje ku ikipe akinamo ya Gorilla FC akaba atazongera gutekereza ikipe y’Igihugu.

Ati “Ubu ikipe y’Igihugu ndayisezeye, maze igihe mbitekerezaho, nkakora isuzuma ry’ibyo nagiye nkora ariko ntibihabwe agaciro, reka ndekere abana bagende bakine ntabwo nzongera gutekereza ikipe y’igihugu.”

Gusa avuga ko ubwo yahamagarwaga mu ikipe y’Igihugu, yagiye ayigiriramo ibihe byiza atazibagirwa by’umwihariko umukino Amavubi yatsinzemo Maroc 3-1 wabereye i Nyamirambo tariki 14 Kamena 2008 ubwo bakinaga imikino yo gushaka itike y’igokombe cy’Isi cya 2010.

Ati “Ndi mu bantu babanje gutinyuka umwarabu turamukubita hano Regional tumukubita ibitego 3-1 ubwo Maroc yazaga aha ngaha, ni ibintu byari byarananiye Abanyarwanda benshi, ntabwo uwo mukino nawibagirwa.”

Ndoli aheruka guhamagarwa mu Mavubi muri 2016 ubwo u Rwanda rwiteguraga umukino wo kwishyura na Ghana mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − thirteen =

Previous Post

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Next Post

Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.