Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndoli umaze imyaka 6 adahamagarwa mu Mavubi yazibukiriye arasezera

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ndoli umaze imyaka 6 adahamagarwa mu Mavubi yazibukiriye arasezera
Share on FacebookShare on Twitter

Ndoli Jean Claude wakanyujijeho mu ikipe y’Igihugu Amavubi akaba yari amaze imyaka itandatu adahamagarwa, yatangaje ko asezeye muri iyi kipe yagiriyemo ibihe byiza bidasanzwe.

Uyu munyezamu ubu ukinira Gorilla FC, yari aherutse gutangariza RBA ko yagiriye ibihe byiza mu Ikipe y’Igihugu ubwo yari agihamagarwa ndetse ko yumva agifite imbaraga ku buryo aramutse ayihamagawemo yakwitaba akajya gutanga umusanzu we.

Ndoli Jean Claude ufite izina rikomeye muri ruhago yo mu Rwanda, mbere y’uko yerecyeza muri Gorilla FC yakiniye amakipe anyuranye ariko Musanze FC ndetse n’andi akomeye nka Kiyovu Sports.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Isimbi, Ndoli yavuze ko amakipe yose yagiye anyuramo yakoreshaga imbaraga ze zose ngo arebe ko yakongera guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu ariko ngo abona bitarahawe agaciro.

Ati “Rero hari igihe kigera umuntu akarambirwa…mpite mboneraho kubwira Abanyarwanda y’uko mfashe icyemezo cyo kuba nasezera mu ikipe y’Igihugu.”

Ndoli Jean Claude ubu wanatangiye urugendo rwo gutoza arufatanya no gukinira Gorilla FC, yakomeje agira ati “Wenda nzajyayo ndi umutoza ariko kujyayo ndi umukinnyi ntibishoboka.”

Avuga ko ubu umutima awerecyeje ku ikipe akinamo ya Gorilla FC akaba atazongera gutekereza ikipe y’Igihugu.

Ati “Ubu ikipe y’Igihugu ndayisezeye, maze igihe mbitekerezaho, nkakora isuzuma ry’ibyo nagiye nkora ariko ntibihabwe agaciro, reka ndekere abana bagende bakine ntabwo nzongera gutekereza ikipe y’igihugu.”

Gusa avuga ko ubwo yahamagarwaga mu ikipe y’Igihugu, yagiye ayigiriramo ibihe byiza atazibagirwa by’umwihariko umukino Amavubi yatsinzemo Maroc 3-1 wabereye i Nyamirambo tariki 14 Kamena 2008 ubwo bakinaga imikino yo gushaka itike y’igokombe cy’Isi cya 2010.

Ati “Ndi mu bantu babanje gutinyuka umwarabu turamukubita hano Regional tumukubita ibitego 3-1 ubwo Maroc yazaga aha ngaha, ni ibintu byari byarananiye Abanyarwanda benshi, ntabwo uwo mukino nawibagirwa.”

Ndoli aheruka guhamagarwa mu Mavubi muri 2016 ubwo u Rwanda rwiteguraga umukino wo kwishyura na Ghana mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 17 =

Previous Post

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Next Post

Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma yuko umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Bugesera FC muri Shampiyona y’u Rwanda uhagaze utarangiye kubera ikibazo cy’umutekano...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.