Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndoli umaze imyaka 6 adahamagarwa mu Mavubi yazibukiriye arasezera

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ndoli umaze imyaka 6 adahamagarwa mu Mavubi yazibukiriye arasezera
Share on FacebookShare on Twitter

Ndoli Jean Claude wakanyujijeho mu ikipe y’Igihugu Amavubi akaba yari amaze imyaka itandatu adahamagarwa, yatangaje ko asezeye muri iyi kipe yagiriyemo ibihe byiza bidasanzwe.

Uyu munyezamu ubu ukinira Gorilla FC, yari aherutse gutangariza RBA ko yagiriye ibihe byiza mu Ikipe y’Igihugu ubwo yari agihamagarwa ndetse ko yumva agifite imbaraga ku buryo aramutse ayihamagawemo yakwitaba akajya gutanga umusanzu we.

Ndoli Jean Claude ufite izina rikomeye muri ruhago yo mu Rwanda, mbere y’uko yerecyeza muri Gorilla FC yakiniye amakipe anyuranye ariko Musanze FC ndetse n’andi akomeye nka Kiyovu Sports.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Isimbi, Ndoli yavuze ko amakipe yose yagiye anyuramo yakoreshaga imbaraga ze zose ngo arebe ko yakongera guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu ariko ngo abona bitarahawe agaciro.

Ati “Rero hari igihe kigera umuntu akarambirwa…mpite mboneraho kubwira Abanyarwanda y’uko mfashe icyemezo cyo kuba nasezera mu ikipe y’Igihugu.”

Ndoli Jean Claude ubu wanatangiye urugendo rwo gutoza arufatanya no gukinira Gorilla FC, yakomeje agira ati “Wenda nzajyayo ndi umutoza ariko kujyayo ndi umukinnyi ntibishoboka.”

Avuga ko ubu umutima awerecyeje ku ikipe akinamo ya Gorilla FC akaba atazongera gutekereza ikipe y’Igihugu.

Ati “Ubu ikipe y’Igihugu ndayisezeye, maze igihe mbitekerezaho, nkakora isuzuma ry’ibyo nagiye nkora ariko ntibihabwe agaciro, reka ndekere abana bagende bakine ntabwo nzongera gutekereza ikipe y’igihugu.”

Gusa avuga ko ubwo yahamagarwaga mu ikipe y’Igihugu, yagiye ayigiriramo ibihe byiza atazibagirwa by’umwihariko umukino Amavubi yatsinzemo Maroc 3-1 wabereye i Nyamirambo tariki 14 Kamena 2008 ubwo bakinaga imikino yo gushaka itike y’igokombe cy’Isi cya 2010.

Ati “Ndi mu bantu babanje gutinyuka umwarabu turamukubita hano Regional tumukubita ibitego 3-1 ubwo Maroc yazaga aha ngaha, ni ibintu byari byarananiye Abanyarwanda benshi, ntabwo uwo mukino nawibagirwa.”

Ndoli aheruka guhamagarwa mu Mavubi muri 2016 ubwo u Rwanda rwiteguraga umukino wo kwishyura na Ghana mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Next Post

Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Umu-Dj wari ukomeye yiyahuriye muri studio za Radio arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.