Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA
0
Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma, rwatakiye igifungo cya burundu abantu batandatu nyuma yo kubahamya icyaha cyo kwica umugore w’imyaka 54 wo mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba bantu batandatu bari muri barindwi bari bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Mukamana Josephine w’imyaka 54 y’amaviko wishwe tariki 09 Werurwe 2022 aho yiciwe mu Mudugudu wa Karenge II mu Kagari ka Ntaruka mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe.

Uretse aba batandatu bahamijwe icyaha bagakatirwa gufungwa burundu, undi umwe wahoze ari umushumba wa nyakwigendera we yagizwe umwere mu gihe aba bahamijwe icyaha, banaciwe indishyi zingana na Miliyoni 96 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwasomye iki cyemezo mu cyumweru gishize tariki 12 Gicurasi 2022.

Ubushinjacyaha bwaregaga aba bantu barindwi, bwagaragaje imikorere y’iki cyaha, buvuga ko uyu mugore yishwe n’abo bantu bamukata umuhogo ndetse banamunogoramo amaso nyuma yo kumwica.

Bwagaragaje ko nyuma yo kwica nyakwigendera, bafashe umurambo ubundi bawujugunya mu cyobo cya Cm 80 bari bacukuye, babanje kumukuramo imyenda yari yambaye.

Aba bantu bishe nyakwigendera nyuma yo kumucunga bakamufata avuye ku kiraro cy’inka ze ari nab wo bamukebaga ijosi kugeza apfuye.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko aba bantu bishe nyakwigendera nyuma y’uko hari urubanza yari yararezemo umwe muri aba bantu wari waramukubise akaba yari yaranabihamijwe n’urukiko rukanamutegeka kumwishyura indishyi.

Umuhungu w’uyu wari warakubise nyakwigendera, na we yari yaramwibye ihene bikaba byari byaratumye bahigira kuzamwica, bakaza no kubishyira mu bikorwa bashatse abandi babibafashijemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Next Post

Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.