Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA
0
Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma, rwatakiye igifungo cya burundu abantu batandatu nyuma yo kubahamya icyaha cyo kwica umugore w’imyaka 54 wo mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba bantu batandatu bari muri barindwi bari bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Mukamana Josephine w’imyaka 54 y’amaviko wishwe tariki 09 Werurwe 2022 aho yiciwe mu Mudugudu wa Karenge II mu Kagari ka Ntaruka mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe.

Uretse aba batandatu bahamijwe icyaha bagakatirwa gufungwa burundu, undi umwe wahoze ari umushumba wa nyakwigendera we yagizwe umwere mu gihe aba bahamijwe icyaha, banaciwe indishyi zingana na Miliyoni 96 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwasomye iki cyemezo mu cyumweru gishize tariki 12 Gicurasi 2022.

Ubushinjacyaha bwaregaga aba bantu barindwi, bwagaragaje imikorere y’iki cyaha, buvuga ko uyu mugore yishwe n’abo bantu bamukata umuhogo ndetse banamunogoramo amaso nyuma yo kumwica.

Bwagaragaje ko nyuma yo kwica nyakwigendera, bafashe umurambo ubundi bawujugunya mu cyobo cya Cm 80 bari bacukuye, babanje kumukuramo imyenda yari yambaye.

Aba bantu bishe nyakwigendera nyuma yo kumucunga bakamufata avuye ku kiraro cy’inka ze ari nab wo bamukebaga ijosi kugeza apfuye.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko aba bantu bishe nyakwigendera nyuma y’uko hari urubanza yari yararezemo umwe muri aba bantu wari waramukubise akaba yari yaranabihamijwe n’urukiko rukanamutegeka kumwishyura indishyi.

Umuhungu w’uyu wari warakubise nyakwigendera, na we yari yaramwibye ihene bikaba byari byaratumye bahigira kuzamwica, bakaza no kubishyira mu bikorwa bashatse abandi babibafashijemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Next Post

Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.