Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA
0
Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma, rwatakiye igifungo cya burundu abantu batandatu nyuma yo kubahamya icyaha cyo kwica umugore w’imyaka 54 wo mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba bantu batandatu bari muri barindwi bari bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Mukamana Josephine w’imyaka 54 y’amaviko wishwe tariki 09 Werurwe 2022 aho yiciwe mu Mudugudu wa Karenge II mu Kagari ka Ntaruka mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe.

Uretse aba batandatu bahamijwe icyaha bagakatirwa gufungwa burundu, undi umwe wahoze ari umushumba wa nyakwigendera we yagizwe umwere mu gihe aba bahamijwe icyaha, banaciwe indishyi zingana na Miliyoni 96 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwasomye iki cyemezo mu cyumweru gishize tariki 12 Gicurasi 2022.

Ubushinjacyaha bwaregaga aba bantu barindwi, bwagaragaje imikorere y’iki cyaha, buvuga ko uyu mugore yishwe n’abo bantu bamukata umuhogo ndetse banamunogoramo amaso nyuma yo kumwica.

Bwagaragaje ko nyuma yo kwica nyakwigendera, bafashe umurambo ubundi bawujugunya mu cyobo cya Cm 80 bari bacukuye, babanje kumukuramo imyenda yari yambaye.

Aba bantu bishe nyakwigendera nyuma yo kumucunga bakamufata avuye ku kiraro cy’inka ze ari nab wo bamukebaga ijosi kugeza apfuye.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko aba bantu bishe nyakwigendera nyuma y’uko hari urubanza yari yararezemo umwe muri aba bantu wari waramukubise akaba yari yaranabihamijwe n’urukiko rukanamutegeka kumwishyura indishyi.

Umuhungu w’uyu wari warakubise nyakwigendera, na we yari yaramwibye ihene bikaba byari byaratumye bahigira kuzamwica, bakaza no kubishyira mu bikorwa bashatse abandi babibafashijemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 11 =

Previous Post

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Next Post

Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Ishyirahamwe ry’Umupira muri Tanzania ryakubise akanyafu Masudi Juma kubera kurwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.