Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA
0
Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu Ngenzaramikorere (RURA) kiratangaza ko Umumotari uzafatwa adafite ikirahure ku ngofero zagenewe abagenzi [Casque] azabihanirwa kuko azaba akora mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

RURA itangaje ibi nyuma y’uko isabye abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto gusubizaho ibirahure kuri casque nyuma y’imyaka ibiri gikuweho mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Kuva tariki 17 Werurwe 2020, Ikigo cy’Igihugu Ngenzuramikorere, cyari cyasabye abamotari gukuraho iki kirahure, gusa mu mpera z’icyumweru gishize, hafashwe icyemezo cyo gusubizaho ibirahure.

Bamwe mu bamotari babwiye RADIOTV10 ko benshi muri bo batari bagifite ibirahure bakaba bagiye kubigura ariko bagasanga byatumbagiye.

Umwe yagize ati “Niba ikirahure cyaguraga bitatu kikaba cyageze kuri birindwi, kuko bumvaga ko babisubijeho barahanitse cyane.”

Aba bamotari bavuga ko kuba ibiciro by’ibi birahure byazamutse, bije byiyongera mu bindi bibazo uruhuri bavuga ko basanganywe.

Undi yagize ati “Ibibazo dufite murabizi, turagira Polisi, turagira mubazi none hikubiseho n’ibirahure.”

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Mubiligi Jean Pierre uyobora ishami rishinzwe Abamotari muri RURA, yavuze ko nta gikwiye gutungura abamotari kuko ibirahure byari bisanzweho ndetse ko bari barabibitse.

Ati “Uretse ababibitse nabi bikaba byarangiritse, utagifite ubwo ni ukukigura kuko ibintu byose byarazamutse muri rusange.”

Mubiligi Jean Pierre avuga ko kuba ibiciro by’ibirahure byarazamutse bidakwiye kuba urwitwazo kuko niba itegeko ribasaba gukora bafite ibirahure bisobanuye ko uzakora atagifite azaba yarenze mu mategeko.

Ati “Ibiciro bishobora kuba byarazamutse kandi koko hashize n’igihe. Kuba hari ikintu cyahenze ukavuga ngo ntabwo ndi bushyireho ikirahure, ingaruka zirahari kubera ko icyo gihe uzafatwa nk’umuntu ukora mu buryo butajyanye n’amategeko.”

Gusubizaho ikirahure, ni kimwe mu byashimishije abakunze gukora ingendo kuri moto bavuga ko bari barambiwe umuyaga wajyaga ubabangamira mu gihe bari kuri moto.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + nineteen =

Previous Post

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Next Post

Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu

Ngoma: Batandatu bishe bakase umuhogo uwarokotse Jenoside bakatiwe gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.