Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Hari abasengera ahateye ubwoba bahimbye izina ritangaje

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in MU RWANDA
0
Ngoma: Hari abasengera ahateye ubwoba bahimbye izina ritangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, hari ubuvumo busengerwamo na bamwe mu baturage binjiramo basesera, banamaze kuhita izina ngo ni ‘Gabanyifiriti’, bavuga ko bahafashirizwa cyane.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, yageze kuri ubu buvumo buherereye mu Kagari ka Gahima, mu masaha y’umugoroba, ijoro ritangiye kugwa, asanga bamwe mu baturage bajya kuhasengera bari kwinjira baseseramo.

Bamwe mu bemeye kuvugisha umunyamakuru, bavuga ko ubu buvumo basengeramo, bubafasha cyane kuko bahabonera ibisubizo by’ibibazo biba byarababayeho karande.

Umwe mu bari baje kuhasengera, yagize ati “Narakijijwe, sinari nzi Imana icyo ari cyo, nirirwaga ninywera inzoga.”

Aba baturage bavuga kandi ko hari ibisubizo babonera mu masengesho bakorera muri ubu buvumo, ku buryo hari n’abakira indwara.

Undi muturage ati “Njye icyo hamfashije naje mfite umwana urwaye, arakira.”

Bamwe mu baturage baturiye ubu buvumo batajya bahagera, bo bavuga ko aha hantu hateye impungenge kuko hashobora gushyira ubuzima bw’abahajya mu kaga.

Aba baturage basaba ko inzego zibishinzwe zakwihutira kugira icyo zikora, kuko bafite impungenge ko mu gihe imvura izaba yatangiye kugwa, ubu buvumo bushobora kuzariduka, bukaba bwateza akaga.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko gusengera muri ubu buvumo bitemewe.

Ati “Abantu bagomba gusengera mu nsengero zubatse zizwi zifite ibyangombwa byo gukora. Umuntu rero wo kujya mu mwobo kandi twarabibabujije kuva cyera hashize igihe. Nibabyirinde kuko bishobora kubateza impanuka iyo ariyo yose.”

Uyu muyobozi w’Akarere, yavuze ko bagiye gukurikirana iby’iki kibazo, ku buryo nibiba na ngombwa aha hantu hafungwa, ntihagire abaturage bongera kujya kuhasengera.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 17 =

Previous Post

Volleyball: Ikipe y’u Rwanda yageze aho izakinira irushanwa nk’iryo bashiki babo baherutse kwigaragarizamo

Next Post

AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.