Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Hari abasengera ahateye ubwoba bahimbye izina ritangaje

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in MU RWANDA
0
Ngoma: Hari abasengera ahateye ubwoba bahimbye izina ritangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, hari ubuvumo busengerwamo na bamwe mu baturage binjiramo basesera, banamaze kuhita izina ngo ni ‘Gabanyifiriti’, bavuga ko bahafashirizwa cyane.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, yageze kuri ubu buvumo buherereye mu Kagari ka Gahima, mu masaha y’umugoroba, ijoro ritangiye kugwa, asanga bamwe mu baturage bajya kuhasengera bari kwinjira baseseramo.

Bamwe mu bemeye kuvugisha umunyamakuru, bavuga ko ubu buvumo basengeramo, bubafasha cyane kuko bahabonera ibisubizo by’ibibazo biba byarababayeho karande.

Umwe mu bari baje kuhasengera, yagize ati “Narakijijwe, sinari nzi Imana icyo ari cyo, nirirwaga ninywera inzoga.”

Aba baturage bavuga kandi ko hari ibisubizo babonera mu masengesho bakorera muri ubu buvumo, ku buryo hari n’abakira indwara.

Undi muturage ati “Njye icyo hamfashije naje mfite umwana urwaye, arakira.”

Bamwe mu baturage baturiye ubu buvumo batajya bahagera, bo bavuga ko aha hantu hateye impungenge kuko hashobora gushyira ubuzima bw’abahajya mu kaga.

Aba baturage basaba ko inzego zibishinzwe zakwihutira kugira icyo zikora, kuko bafite impungenge ko mu gihe imvura izaba yatangiye kugwa, ubu buvumo bushobora kuzariduka, bukaba bwateza akaga.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko gusengera muri ubu buvumo bitemewe.

Ati “Abantu bagomba gusengera mu nsengero zubatse zizwi zifite ibyangombwa byo gukora. Umuntu rero wo kujya mu mwobo kandi twarabibabujije kuva cyera hashize igihe. Nibabyirinde kuko bishobora kubateza impanuka iyo ariyo yose.”

Uyu muyobozi w’Akarere, yavuze ko bagiye gukurikirana iby’iki kibazo, ku buryo nibiba na ngombwa aha hantu hafungwa, ntihagire abaturage bongera kujya kuhasengera.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 4 =

Previous Post

Volleyball: Ikipe y’u Rwanda yageze aho izakinira irushanwa nk’iryo bashiki babo baherutse kwigaragarizamo

Next Post

AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.