Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Hari abasengera ahateye ubwoba bahimbye izina ritangaje

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in MU RWANDA
0
Ngoma: Hari abasengera ahateye ubwoba bahimbye izina ritangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, hari ubuvumo busengerwamo na bamwe mu baturage binjiramo basesera, banamaze kuhita izina ngo ni ‘Gabanyifiriti’, bavuga ko bahafashirizwa cyane.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, yageze kuri ubu buvumo buherereye mu Kagari ka Gahima, mu masaha y’umugoroba, ijoro ritangiye kugwa, asanga bamwe mu baturage bajya kuhasengera bari kwinjira baseseramo.

Bamwe mu bemeye kuvugisha umunyamakuru, bavuga ko ubu buvumo basengeramo, bubafasha cyane kuko bahabonera ibisubizo by’ibibazo biba byarababayeho karande.

Umwe mu bari baje kuhasengera, yagize ati “Narakijijwe, sinari nzi Imana icyo ari cyo, nirirwaga ninywera inzoga.”

Aba baturage bavuga kandi ko hari ibisubizo babonera mu masengesho bakorera muri ubu buvumo, ku buryo hari n’abakira indwara.

Undi muturage ati “Njye icyo hamfashije naje mfite umwana urwaye, arakira.”

Bamwe mu baturage baturiye ubu buvumo batajya bahagera, bo bavuga ko aha hantu hateye impungenge kuko hashobora gushyira ubuzima bw’abahajya mu kaga.

Aba baturage basaba ko inzego zibishinzwe zakwihutira kugira icyo zikora, kuko bafite impungenge ko mu gihe imvura izaba yatangiye kugwa, ubu buvumo bushobora kuzariduka, bukaba bwateza akaga.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko gusengera muri ubu buvumo bitemewe.

Ati “Abantu bagomba gusengera mu nsengero zubatse zizwi zifite ibyangombwa byo gukora. Umuntu rero wo kujya mu mwobo kandi twarabibabujije kuva cyera hashize igihe. Nibabyirinde kuko bishobora kubateza impanuka iyo ariyo yose.”

Uyu muyobozi w’Akarere, yavuze ko bagiye gukurikirana iby’iki kibazo, ku buryo nibiba na ngombwa aha hantu hafungwa, ntihagire abaturage bongera kujya kuhasengera.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twelve =

Previous Post

Volleyball: Ikipe y’u Rwanda yageze aho izakinira irushanwa nk’iryo bashiki babo baherutse kwigaragarizamo

Next Post

AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

AMAKURU MASHYA: CP John Bosco Kabera ntakiri Umuvugizi wa Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.