• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, bavuga ko Gare yabo, ibatera ipfunwe kuko imeze nabi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko aba baturage bashonje bahishiwe.

Iyi Gare ya Kabaya bigaragara ko ishaje cyane ndetse iyo uyitegereje neza ubona yaramazwe n’inkangu ku buryo hari abaturage bavuga ko idakwiye kwitwa Gare kuko iteye ipfunwe ahubwo ko ari ahantu hateganyijwe mu rwego rwo kwirwanaho nubwo bategereje ko babona igezweho ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, babwiye RADIOTV10 ko nubwo batuye mu cyaro ariko aha hantu hiswe gare hataberanye no kwitwa Gare.

Umwe yagize ati “Ni ntoya kandi ntabwo ivuguruye neza. Icya mbere Gare yacu ntifite ahantu abagenzi bugamira kandi iri ahantu hari mu mazi cyane.”

Aba baturage bavuga ko iyo umuntu agize ibyago imvura ikagwa ari muri iyi gare adashobora kubona aho yugama.

Undi ati “Niba imvura iguye uri hariya, uriruka ujye hariya, nusanga bahageze, unyagirwe.”

Aba baturage bavuga ko bifuza ko ubuyobozi bwabakorera Gare ijyanye n’igihe kugira ngo n’imodoka zitwara abagenzi zihaze ku bwinshi kuko hari n’izitahaza kubera uburyo hameze.

Undi muturajye ati “Ko icyo gihe Akarere kiyaranjaga, ubu Akarere kakaka kamaze gutuza, kadushakiye ahantu hagari imodoka zajya ziparika ukabona kuko ari Gare koko.”

Nubwo Atari ubwa mbere abaturage babwirwa n’ubuyobozi bw’aka Karere ko gare igiye kubakwa ariko bagategereza imyaka igashira indi igataha, buvuga ko abaturage bashonje bahishiwe.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwihoreye Patrick avuga ko ubuyobozi bwamaze kwakira ibaruwa y’abikorera bifuza kubaka iyi gare.

Ati “Iri gukorerwa inyigo kandi bamaze kwiga imigabane bagiye gushoramo.”

Ibi kandi byashimangiwe n’umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Ngororero unahamagarira abandi bashoramari kuza gushora imari muri uyu mushinga wo kubaka gare ya Kabaya izubakirwa rimwe n’isoko.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

Kamonyi: Abagabo bivugwa ko bari mu bikorwa bitemewe babonetse bapfuye

Next Post

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.