Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, bavuga ko Gare yabo, ibatera ipfunwe kuko imeze nabi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko aba baturage bashonje bahishiwe.

Iyi Gare ya Kabaya bigaragara ko ishaje cyane ndetse iyo uyitegereje neza ubona yaramazwe n’inkangu ku buryo hari abaturage bavuga ko idakwiye kwitwa Gare kuko iteye ipfunwe ahubwo ko ari ahantu hateganyijwe mu rwego rwo kwirwanaho nubwo bategereje ko babona igezweho ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, babwiye RADIOTV10 ko nubwo batuye mu cyaro ariko aha hantu hiswe gare hataberanye no kwitwa Gare.

Umwe yagize ati “Ni ntoya kandi ntabwo ivuguruye neza. Icya mbere Gare yacu ntifite ahantu abagenzi bugamira kandi iri ahantu hari mu mazi cyane.”

Aba baturage bavuga ko iyo umuntu agize ibyago imvura ikagwa ari muri iyi gare adashobora kubona aho yugama.

Undi ati “Niba imvura iguye uri hariya, uriruka ujye hariya, nusanga bahageze, unyagirwe.”

Aba baturage bavuga ko bifuza ko ubuyobozi bwabakorera Gare ijyanye n’igihe kugira ngo n’imodoka zitwara abagenzi zihaze ku bwinshi kuko hari n’izitahaza kubera uburyo hameze.

Undi muturajye ati “Ko icyo gihe Akarere kiyaranjaga, ubu Akarere kakaka kamaze gutuza, kadushakiye ahantu hagari imodoka zajya ziparika ukabona kuko ari Gare koko.”

Nubwo Atari ubwa mbere abaturage babwirwa n’ubuyobozi bw’aka Karere ko gare igiye kubakwa ariko bagategereza imyaka igashira indi igataha, buvuga ko abaturage bashonje bahishiwe.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwihoreye Patrick avuga ko ubuyobozi bwamaze kwakira ibaruwa y’abikorera bifuza kubaka iyi gare.

Ati “Iri gukorerwa inyigo kandi bamaze kwiga imigabane bagiye gushoramo.”

Ibi kandi byashimangiwe n’umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Ngororero unahamagarira abandi bashoramari kuza gushora imari muri uyu mushinga wo kubaka gare ya Kabaya izubakirwa rimwe n’isoko.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 17 =

Previous Post

Kamonyi: Abagabo bivugwa ko bari mu bikorwa bitemewe babonetse bapfuye

Next Post

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.