Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, bavuga ko Gare yabo, ibatera ipfunwe kuko imeze nabi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko aba baturage bashonje bahishiwe.

Iyi Gare ya Kabaya bigaragara ko ishaje cyane ndetse iyo uyitegereje neza ubona yaramazwe n’inkangu ku buryo hari abaturage bavuga ko idakwiye kwitwa Gare kuko iteye ipfunwe ahubwo ko ari ahantu hateganyijwe mu rwego rwo kwirwanaho nubwo bategereje ko babona igezweho ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, babwiye RADIOTV10 ko nubwo batuye mu cyaro ariko aha hantu hiswe gare hataberanye no kwitwa Gare.

Umwe yagize ati “Ni ntoya kandi ntabwo ivuguruye neza. Icya mbere Gare yacu ntifite ahantu abagenzi bugamira kandi iri ahantu hari mu mazi cyane.”

Aba baturage bavuga ko iyo umuntu agize ibyago imvura ikagwa ari muri iyi gare adashobora kubona aho yugama.

Undi ati “Niba imvura iguye uri hariya, uriruka ujye hariya, nusanga bahageze, unyagirwe.”

Aba baturage bavuga ko bifuza ko ubuyobozi bwabakorera Gare ijyanye n’igihe kugira ngo n’imodoka zitwara abagenzi zihaze ku bwinshi kuko hari n’izitahaza kubera uburyo hameze.

Undi muturajye ati “Ko icyo gihe Akarere kiyaranjaga, ubu Akarere kakaka kamaze gutuza, kadushakiye ahantu hagari imodoka zajya ziparika ukabona kuko ari Gare koko.”

Nubwo Atari ubwa mbere abaturage babwirwa n’ubuyobozi bw’aka Karere ko gare igiye kubakwa ariko bagategereza imyaka igashira indi igataha, buvuga ko abaturage bashonje bahishiwe.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwihoreye Patrick avuga ko ubuyobozi bwamaze kwakira ibaruwa y’abikorera bifuza kubaka iyi gare.

Ati “Iri gukorerwa inyigo kandi bamaze kwiga imigabane bagiye gushoramo.”

Ibi kandi byashimangiwe n’umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Ngororero unahamagarira abandi bashoramari kuza gushora imari muri uyu mushinga wo kubaka gare ya Kabaya izubakirwa rimwe n’isoko.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 9 =

Previous Post

Kamonyi: Abagabo bivugwa ko bari mu bikorwa bitemewe babonetse bapfuye

Next Post

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye
FOOTBALL

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.