• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kuvuka ikiyaga gishya kiri guhangwa hagati y’Intara y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, kizuzura gitwaye miliyari 320 Frw cyitezweho kuzanira amahirwe Abaturarwanda. Shira amatsiko kuri byinshi wakwibaza kuri iki Kiyaga.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, aherutse gutangaza ko iki Kiyaga kizaba giherereye hafi y’Umujyi wa Kigali, aho kukigeraho bizaba ari iminota 20’ gusa uvuye muri Nyabugogo.

Amazi y’iki kiyaga ni yo azifashishwa n’urugomero rwa Nyabarongo II rugiye kongera ingano y’amashanyarazi aboneka mu Rwanda, aho ruzajya rutanga Megawatt 43,5.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi, EDCL, Gakuba Felix mu kiganiro yagiranye na RADIOV10, yavuze ko iki kiyaga kizaba gifite ubunini bw’ibilometero kare 30, kizazana amahirwe menshi.

Ati “Icya mbere ni uko ikiyaga kizatanga umuriro, kikazafasha mu kurinda imyuzure, kizafasha abantu mu migenderanire n’ubucuruzi hifashishijwe inzira y’amazi, kizafasha mu buhinzi cyane cyane kigabanya imyuzure isanzwe igaragara mu gishanga cya Nyabarongo.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko iki kiyaga gishobora no kuzajya cyifashishwa mu gutunganya amazi meza akoreshwa mu Rwanda.

Avuga ko ahazajya iki Kiyaga, hasanzwe hatuye abantu, banahafite imitungo, ku buryo hari gukorwa imirimo yo kubimura.

Ati “Hari abaturage bishyuwe ndetse bamaze no kwimuka bakajya gutura ahandi ariko barahawe ingurane ikwiye. Abo ni abari bakeneye kwimurwa byihutirwa umushinga ugitangira aho urugomero rurimo kubakwa kuko batari gutegereza gutuzwa.”

Hari kandi n’abaturage bazagirwaho ingaruka n’ikiyaga ubwacyo (reservoir). Abo baturage ubu bari kubarurirwa imitungo ndetse no kwiga uburyo bari babayeho kugira ngo bazatuzwe neza, bahabwe ibyangombwa byose bikenerwa harimo amashuri, amavuriro, n’amazi meza.

Ati “Ibyo kandi turi kubikora mu buryo bwihuse kuko bagomba kuba batujwe mbere yuko ikiyaga gishyirwamo amazi.”

Avuga ko uretse abaturage bazimurwa kubera iki kiyaga n’urugomero, iki gikorwa kizanagira ingaruka ku bindi bikorwa nk’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Ariko buri gihe harebwa uburyo ingaruka zaba nkeya kurusha akamaro umushinga ufite. Hari uduce dutoya tuzagerwaho na Dam ariko turi kubikoranaho na Rwanda Mining Board kugira ngo ntihazagire abafite uruhushya rwo gucukura amabuye y’agaciro bazagirwaho ingaruka n’uru rugomero mu buryo budasobanutse.”

Umuyobozi Mukuru wa EDCL, Gakuba Felix avuga ko kugera kuri iki Kiyaga uvuye Nyabugogo bizaba ari iminota micye, ariko urukuta rugomera amazi yacyo kiri kubakwa hagati y’Akarere ka Kamonyi mu murenge wa Ngamba n’Akarere ka Gakenke mu murenge wa Muhondo.

Ku bijyanye n’ingano y’amafaranga azatwarwa n’iki Kiyaga, Gakuba yagize ati “Utabaze amafranga yo kwimura abaturage, biteganyijwe ko ikiyaga kizuzura gitwaye amafranga agera kuri Miliyari 320 z’amafaranga y’u Rwanda.”

Uretse aya mafaranga azakoreshwa mu kubaka uru rugomero, biteganyijwe ko mu kwimura abaturage, ho hazakoreshwa miliyari 70 Frw.

Naho ku ngano y’amazi iki Kiyaga kizaba gifite, ni miliyoni 806 Metero Kibe, mu gihe uburebure bw’ubujyakuzimu bwacyo bugashobora kuzagera kuri metero 59 aharehare kurusha ahandi.

Imirimo yo kubaka uru rugomero irakomeye

Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Amb. J.de Dieu Uwihanganye aherutse gusura ibi bikorwa

Uru rugomero ruzatuma havuka ikiyaga kinogeye ijisho
Kiri guhangwa hagati y’Intara eshatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Next Post

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.