Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kuvuka ikiyaga gishya kiri guhangwa hagati y’Intara y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, kizuzura gitwaye miliyari 320 Frw cyitezweho kuzanira amahirwe Abaturarwanda. Shira amatsiko kuri byinshi wakwibaza kuri iki Kiyaga.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, aherutse gutangaza ko iki Kiyaga kizaba giherereye hafi y’Umujyi wa Kigali, aho kukigeraho bizaba ari iminota 20’ gusa uvuye muri Nyabugogo.

Amazi y’iki kiyaga ni yo azifashishwa n’urugomero rwa Nyabarongo II rugiye kongera ingano y’amashanyarazi aboneka mu Rwanda, aho ruzajya rutanga Megawatt 43,5.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi, EDCL, Gakuba Felix mu kiganiro yagiranye na RADIOV10, yavuze ko iki kiyaga kizaba gifite ubunini bw’ibilometero kare 30, kizazana amahirwe menshi.

Ati “Icya mbere ni uko ikiyaga kizatanga umuriro, kikazafasha mu kurinda imyuzure, kizafasha abantu mu migenderanire n’ubucuruzi hifashishijwe inzira y’amazi, kizafasha mu buhinzi cyane cyane kigabanya imyuzure isanzwe igaragara mu gishanga cya Nyabarongo.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko iki kiyaga gishobora no kuzajya cyifashishwa mu gutunganya amazi meza akoreshwa mu Rwanda.

Avuga ko ahazajya iki Kiyaga, hasanzwe hatuye abantu, banahafite imitungo, ku buryo hari gukorwa imirimo yo kubimura.

Ati “Hari abaturage bishyuwe ndetse bamaze no kwimuka bakajya gutura ahandi ariko barahawe ingurane ikwiye. Abo ni abari bakeneye kwimurwa byihutirwa umushinga ugitangira aho urugomero rurimo kubakwa kuko batari gutegereza gutuzwa.”

Hari kandi n’abaturage bazagirwaho ingaruka n’ikiyaga ubwacyo (reservoir). Abo baturage ubu bari kubarurirwa imitungo ndetse no kwiga uburyo bari babayeho kugira ngo bazatuzwe neza, bahabwe ibyangombwa byose bikenerwa harimo amashuri, amavuriro, n’amazi meza.

Ati “Ibyo kandi turi kubikora mu buryo bwihuse kuko bagomba kuba batujwe mbere yuko ikiyaga gishyirwamo amazi.”

Avuga ko uretse abaturage bazimurwa kubera iki kiyaga n’urugomero, iki gikorwa kizanagira ingaruka ku bindi bikorwa nk’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Ariko buri gihe harebwa uburyo ingaruka zaba nkeya kurusha akamaro umushinga ufite. Hari uduce dutoya tuzagerwaho na Dam ariko turi kubikoranaho na Rwanda Mining Board kugira ngo ntihazagire abafite uruhushya rwo gucukura amabuye y’agaciro bazagirwaho ingaruka n’uru rugomero mu buryo budasobanutse.”

Umuyobozi Mukuru wa EDCL, Gakuba Felix avuga ko kugera kuri iki Kiyaga uvuye Nyabugogo bizaba ari iminota micye, ariko urukuta rugomera amazi yacyo kiri kubakwa hagati y’Akarere ka Kamonyi mu murenge wa Ngamba n’Akarere ka Gakenke mu murenge wa Muhondo.

Ku bijyanye n’ingano y’amafaranga azatwarwa n’iki Kiyaga, Gakuba yagize ati “Utabaze amafranga yo kwimura abaturage, biteganyijwe ko ikiyaga kizuzura gitwaye amafranga agera kuri Miliyari 320 z’amafaranga y’u Rwanda.”

Uretse aya mafaranga azakoreshwa mu kubaka uru rugomero, biteganyijwe ko mu kwimura abaturage, ho hazakoreshwa miliyari 70 Frw.

Naho ku ngano y’amazi iki Kiyaga kizaba gifite, ni miliyoni 806 Metero Kibe, mu gihe uburebure bw’ubujyakuzimu bwacyo bugashobora kuzagera kuri metero 59 aharehare kurusha ahandi.

Imirimo yo kubaka uru rugomero irakomeye

Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Amb. J.de Dieu Uwihanganye aherutse gusura ibi bikorwa

Uru rugomero ruzatuma havuka ikiyaga kinogeye ijisho
Kiri guhangwa hagati y’Intara eshatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Next Post

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.