Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze

radiotv10by radiotv10
01/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama mpuzamahanga y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi, yahujwe no kwizihiza Imyaka 35 uyu muryango umaze, abaturutse mu Bihugu bitandukanye ku Isi, bawushimye ku bw’ibitangaza wakoze mu kubaka u Rwanda rwari ruvuye mu bihe bikomeye, ubu rukaba ari Igihugu ntangarugero ku Isi.

Iyi nama mpuzamanga ya RPF-Inkotanyi, iri kubera ku gicumbi cy’Umuryango, kuri Intare Conference Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Yitabiriwe n’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi, ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu ndetse n’abaturutse mu Bihugu binyuranye bayitumiwemo barimo n’abahagarariye amashyaka yo mu Bindi Bihugu.

Iyi nama yatangijwe n’Umuyobozi Wungirije wa RPF-Inkotanyi, Christophe Bazivamo, wagaragaje ko kugira ngo Abanyarwanda n’Abanyafurika bakomeza gutera imbere, hakenewe ibikorwa bifatika.

Yagize ati “Hakenewe ibikorwa bifatika kugira ngo duteze imbere imibereho y’abaturage mu Gihugu cyacu ndetse no ku Mugabane wa Afurika wose. Inama y’uyu munsi iratuganisha muri uwo murongo.”

Iyi nama kandi yatangiwemo ibiganiro byatanzwe n’inzobere zaturutse mu Bihugu binyuranye, bose bagiye bagaragaza RPF-Inkotanyi nk’Umuryango wagize uruhare rukomeye mu gukora ibyo amahanga atakekaga ko byari gushoboka nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bavuze ko nyuma yuko RPF-Inkotanyi ibohoye u Rwanda ikanahagarika Jenoside Yakorewe Abatutsi, yubatse Igihugu buri wese yibonamo atari ku Banyarwanda gusa, ahubwo no ku batuye Isi yose, kuko ubu u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere bitekanye kandi biha agaciro bose.

Amb. Ami Ramadhan Mpungwe, umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ingufu muri Tanzaniya (Tanzania Chamber of Minerals & Energy) uzi iby’ishyaka rikomeye muri iki Gihugu cya CCM yavuze ko afite ubuhamya bwinshi yavuga kuri RPF-Inkotanyi.

Yagize ati “Kuri njye navuga ko RPF yari izi ibibereye u Rwanda, yaba mu miyoborere myiza, uburezi, ubuzima ndete n’ibidukikije.”

Amb. Ami Ramadhan Mpungwe yavuze kandi ko RPF itagumye gusa kugeza ku byiza Abanyarwanda, ahubwo ko ikomeye no kugira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo bigenda bivuka ku Isi.

Abayobozi mu nzego nkuru n’iz’umutekano bitabiriye iyi nama

Umuyobozi Wungirije, Christophe Bazivamo yatangije iyi nama
Abatanze ibiganiro n’ibitekerezo bose bashimye umuryango wa RPF-Inkotanyi
Madamu Jeannette Kagame yakurikiye iki kiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 15 =

Previous Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Next Post

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.