Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze

radiotv10by radiotv10
01/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama mpuzamahanga y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi, yahujwe no kwizihiza Imyaka 35 uyu muryango umaze, abaturutse mu Bihugu bitandukanye ku Isi, bawushimye ku bw’ibitangaza wakoze mu kubaka u Rwanda rwari ruvuye mu bihe bikomeye, ubu rukaba ari Igihugu ntangarugero ku Isi.

Iyi nama mpuzamanga ya RPF-Inkotanyi, iri kubera ku gicumbi cy’Umuryango, kuri Intare Conference Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Yitabiriwe n’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi, ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu ndetse n’abaturutse mu Bihugu binyuranye bayitumiwemo barimo n’abahagarariye amashyaka yo mu Bindi Bihugu.

Iyi nama yatangijwe n’Umuyobozi Wungirije wa RPF-Inkotanyi, Christophe Bazivamo, wagaragaje ko kugira ngo Abanyarwanda n’Abanyafurika bakomeza gutera imbere, hakenewe ibikorwa bifatika.

Yagize ati “Hakenewe ibikorwa bifatika kugira ngo duteze imbere imibereho y’abaturage mu Gihugu cyacu ndetse no ku Mugabane wa Afurika wose. Inama y’uyu munsi iratuganisha muri uwo murongo.”

Iyi nama kandi yatangiwemo ibiganiro byatanzwe n’inzobere zaturutse mu Bihugu binyuranye, bose bagiye bagaragaza RPF-Inkotanyi nk’Umuryango wagize uruhare rukomeye mu gukora ibyo amahanga atakekaga ko byari gushoboka nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bavuze ko nyuma yuko RPF-Inkotanyi ibohoye u Rwanda ikanahagarika Jenoside Yakorewe Abatutsi, yubatse Igihugu buri wese yibonamo atari ku Banyarwanda gusa, ahubwo no ku batuye Isi yose, kuko ubu u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere bitekanye kandi biha agaciro bose.

Amb. Ami Ramadhan Mpungwe, umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ingufu muri Tanzaniya (Tanzania Chamber of Minerals & Energy) uzi iby’ishyaka rikomeye muri iki Gihugu cya CCM yavuze ko afite ubuhamya bwinshi yavuga kuri RPF-Inkotanyi.

Yagize ati “Kuri njye navuga ko RPF yari izi ibibereye u Rwanda, yaba mu miyoborere myiza, uburezi, ubuzima ndete n’ibidukikije.”

Amb. Ami Ramadhan Mpungwe yavuze kandi ko RPF itagumye gusa kugeza ku byiza Abanyarwanda, ahubwo ko ikomeye no kugira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo bigenda bivuka ku Isi.

Abayobozi mu nzego nkuru n’iz’umutekano bitabiriye iyi nama

Umuyobozi Wungirije, Christophe Bazivamo yatangije iyi nama
Abatanze ibiganiro n’ibitekerezo bose bashimye umuryango wa RPF-Inkotanyi
Madamu Jeannette Kagame yakurikiye iki kiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 7 =

Previous Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Next Post

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Related Posts

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
03/11/2025
0

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.