Friday, February 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA, SIPORO
2
Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless, yavuze ko asanzwe ari umufana ukomeye wa rutahizamu kabuhariwe Lionel Messi, akavuga ko we Cristiano Ronaldo bameze nk’abanyeshuri babiri bombi baba bitwara neza mu ishuri ariko umwe yabanje kwihiringa mu gihe undi we biba bimurimo.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 mu kiganiro Urukiko gitambuka kuri RADIOTV10 aho yagarutse ku bikorwa bye by’umuziki ariko n’utuntu n’utundi mu bijyanye na ruhago.

Agaruka ku rugendo rw’ubuhanzi bwe, Knowless yavuze ko yirutangiye hari abandi bahanzikazi ndetse bari bafite impano idasanzwe barimo Miss Jojo, Miss Shanel, Princess Priscilah na Oda Paccy ariko ko bamwe bagiye bahindura inzira.

Avuga ko ibyo byatumye muri muzika nyarwanda isigaramo abaririmbyi bacye b’igitsinagore.

Ati “Wabiboneraga nko mu marushanwa akomeye, wasangaga ari nk’icyenda, umukobwa ari umwe. Ntabwo byari byoroshye.”

Knowless asanzwe ari umufana ukomeye wa Lionel Messi

Ni umufana ukomeye wa Messi

Abajijwe niba asanzwe akunda rutahizamu Lionel Messi, Knowless yagize ati “bitabaho! Cyane.”

Uyu rutahizamu wa Paris Saint Germain inafitanye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo guhamagarira ba mukerarugendo gusura iki Gihugu cy’Imisozi 1000, akunze kugereranywa na Cristiano Ronaldo, bombi bajya kwegerana mu bigwig.

Knowless na we yemeza ko aba bakinnyi bombi bafite ubuhanga bwihariye muri ruhago y’Isi ariko ko mu guhitamo Messi, yabonye hari icyo Arusha Cristiano Ronaldo.

Ati “Messi ararenze. Nkurikije imipira nagiye mbona n’ukuntu nagendaga mbabona mu mirebere yanjye, urabona mu ishuri haba harimo abana babiri b’abahanga ariko ugasanga harimo umwe w’umu- genie cyangwa se wa wundi udakenera kwihata mu makayi, utajya arara amajoro ngo ashyire ibirenge mu mazi, hakaba n’undi ukora, wihiringa, urara ya majoro ariko agatsinda ariko ukabona yakoze cyane. Muri abo bombi, Messi ni umu-Genie, Cristiano ni umukozi arakora, arahiringa,…”

Knowlees yavuze ko asanzwe akunda kureba umupira w’amaguru byumwihariko iyo ku mugabane w’u Burayi, akaba ari n’umufana wa PSG ikinamo Messi na yo akaba yarayikunze nyuma yuko yerecyejeyo ndetse ko ikipe yose izajya ijyamo uyu rutahizamu, na we bazajya bimukana.

Ati “Nazaza no mu Mavubi noneho bizaba bibaye burundu, tuzahagarika ibintu byose.”

Umuhanzikazi Knowless yahishuye ko asanzwe akunda ruhago
Abona Cristiano ari nk’umunyeshuri utsinda yabibiriye icyuya

RADIOTV10

Comments 2

  1. M. N says:
    4 years ago

    Nagirango mumenyesheko uwo munyeshuriwe Afite amanota 6 yose Kuva yagahindura ikigo mugihe mugenziwe ari uwa 4 mubatsinze neza ubwonawe aho akomora kwirara nahumvise akarirwa aduha ibiririmbo bibi wagirango aziririmba sasita amaze kurya nuko arakoze

    Reply
  2. Nina says:
    4 years ago

    M.N we urasuzuguritse kabisa wicare Uri nimbwa Ibyobiririmbo se wamurushije ukaduha utwiza wakoze ushonje? Imbeba gusa.

    Reply

Leave a Reply to M. N Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa

Next Post

Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

Related Posts

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

by radiotv10
27/02/2026
0

Umunyamakuru Uwamwezi Daphine wamamaye nka Bianca wigeze kwibwa imodoka n’uwari umukozi we, ikaza gusangwa aho yari yayitaye nyuma yo gukora...

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

by radiotv10
27/02/2026
0

Hagiye hanze amakuru avuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zateganyaga gufatira u Rwanda, byahagaritswe burundu kubera dipolomasi yo...

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

by radiotv10
27/02/2026
0

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitirwa n’umugore we mu ruhame, avuga ko na we yabigizemo uruhare kuko yari yakoze...

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

by radiotv10
27/02/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club yisanze mu itsinda rya Kalahari Conference mu mikino ya shampiyona ya Afurika ya Basketball, Basketball...

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

by radiotv10
27/02/2026
0

Education has always been seen as a pathway to employment. A student walks into university today hoping to prepare for...

IZIHERUKA

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga
AMAHANGA

Biravugwa ko Lt Col Willy Ngoma wa AFC/M23 yamaze gushyingurwa

by radiotv10
27/02/2026
0

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

27/02/2026
Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

27/02/2026
Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

27/02/2026
BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

27/02/2026
Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

27/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko Lt Col Willy Ngoma wa AFC/M23 yamaze gushyingurwa

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.