Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA, SIPORO
2
Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless, yavuze ko asanzwe ari umufana ukomeye wa rutahizamu kabuhariwe Lionel Messi, akavuga ko we Cristiano Ronaldo bameze nk’abanyeshuri babiri bombi baba bitwara neza mu ishuri ariko umwe yabanje kwihiringa mu gihe undi we biba bimurimo.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 mu kiganiro Urukiko gitambuka kuri RADIOTV10 aho yagarutse ku bikorwa bye by’umuziki ariko n’utuntu n’utundi mu bijyanye na ruhago.

Agaruka ku rugendo rw’ubuhanzi bwe, Knowless yavuze ko yirutangiye hari abandi bahanzikazi ndetse bari bafite impano idasanzwe barimo Miss Jojo, Miss Shanel, Princess Priscilah na Oda Paccy ariko ko bamwe bagiye bahindura inzira.

Avuga ko ibyo byatumye muri muzika nyarwanda isigaramo abaririmbyi bacye b’igitsinagore.

Ati “Wabiboneraga nko mu marushanwa akomeye, wasangaga ari nk’icyenda, umukobwa ari umwe. Ntabwo byari byoroshye.”

Knowless asanzwe ari umufana ukomeye wa Lionel Messi

Ni umufana ukomeye wa Messi

Abajijwe niba asanzwe akunda rutahizamu Lionel Messi, Knowless yagize ati “bitabaho! Cyane.”

Uyu rutahizamu wa Paris Saint Germain inafitanye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo guhamagarira ba mukerarugendo gusura iki Gihugu cy’Imisozi 1000, akunze kugereranywa na Cristiano Ronaldo, bombi bajya kwegerana mu bigwig.

Knowless na we yemeza ko aba bakinnyi bombi bafite ubuhanga bwihariye muri ruhago y’Isi ariko ko mu guhitamo Messi, yabonye hari icyo Arusha Cristiano Ronaldo.

Ati “Messi ararenze. Nkurikije imipira nagiye mbona n’ukuntu nagendaga mbabona mu mirebere yanjye, urabona mu ishuri haba harimo abana babiri b’abahanga ariko ugasanga harimo umwe w’umu- genie cyangwa se wa wundi udakenera kwihata mu makayi, utajya arara amajoro ngo ashyire ibirenge mu mazi, hakaba n’undi ukora, wihiringa, urara ya majoro ariko agatsinda ariko ukabona yakoze cyane. Muri abo bombi, Messi ni umu-Genie, Cristiano ni umukozi arakora, arahiringa,…”

Knowlees yavuze ko asanzwe akunda kureba umupira w’amaguru byumwihariko iyo ku mugabane w’u Burayi, akaba ari n’umufana wa PSG ikinamo Messi na yo akaba yarayikunze nyuma yuko yerecyejeyo ndetse ko ikipe yose izajya ijyamo uyu rutahizamu, na we bazajya bimukana.

Ati “Nazaza no mu Mavubi noneho bizaba bibaye burundu, tuzahagarika ibintu byose.”

Umuhanzikazi Knowless yahishuye ko asanzwe akunda ruhago
Abona Cristiano ari nk’umunyeshuri utsinda yabibiriye icyuya

RADIOTV10

Comments 2

  1. M. N says:
    4 years ago

    Nagirango mumenyesheko uwo munyeshuriwe Afite amanota 6 yose Kuva yagahindura ikigo mugihe mugenziwe ari uwa 4 mubatsinze neza ubwonawe aho akomora kwirara nahumvise akarirwa aduha ibiririmbo bibi wagirango aziririmba sasita amaze kurya nuko arakoze

    Reply
  2. Nina says:
    4 years ago

    M.N we urasuzuguritse kabisa wicare Uri nimbwa Ibyobiririmbo se wamurushije ukaduha utwiza wakoze ushonje? Imbeba gusa.

    Reply

Leave a Reply to M. N Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa

Next Post

Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

by radiotv10
26/02/2026
0

Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

by radiotv10
26/02/2026
0

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 164 ziturutse muri Libya, zatumye umubare w’izimaze kwakirwa kuva mu mwaka wa 2019 ugera mu...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

by radiotv10
26/02/2026
0

Rwanda has received 164 additional refugees evacuated from Libya, bringing the total number of refugees welcomed since 2019 to 2,760....

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

by radiotv10
26/02/2026
0

Walking is one of the simplest ways to stay healthy. But did you know that small changes can make your...

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma
AMAHANGA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
26/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.