Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in SIPORO
0
Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles yongeye kunenga imisifurire yo mu Rwanda nyuma y’umukino ikipe ye yakinnye na AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro, avuga ko niba mu mukino wo kwishyura bazasifurirwa nk’uko basifuriwe, azakura ikipe ye muri iri rushanwa.

KNC yabitangaje nyuma y’uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri Kabiri tariki 26 Mata warangiye AS Kigali itsinze Gasogi United 1-0.

Uyu mugabo ukunze kuryoshya umupira w’amaguru mu Rwanda, yavuze ko ikipe ye yagize amahirwe macye muri uyu mukino ariko by’umwihariko nk’ikarita y’umutuku yahawe umwe mu bakinnyi be habayemo ubushishozi bucye bw’umusifuzi.

Ati “Ntabwo umusifuzi yadusifuriye umukino mwiza, ibyo natinya kubivuga. Iki ni ikimwaro.”

Yananenze ikipe ya AS Kigali kubera imyitwarire yayo yayiranze yo gutinza umukinonyuma yo kubona igitego kimwe.

Ati “Niba ikipe nka AS Kigali iririmba ko ishaka igikombe ishobora gukina umukino nk’uyu itinza umukino turi abantu 10 na byo ubwabyo ni igisebo kuri yo.”

KNC avuga ko yizeye ko mu mukino wo kwishyura nusifurwa n’umusifuzi ntabibe nk’uko byagenze ntakizababuza kubatsinda.

Ati “Na penaliti bakoreye kuri Malipangou ntekereza ko yari iyo ariko bakayanga [mwebwe mwabibonye gute?] n’igitego cyacu banze, ntekereza ko uyu munsi nubwo twari dufite ikarita y’umutuku ariko twagarutse tuyobora umukino, umusifuzi ni we wahisemo aha AS Kigali intsinzi ariko ntacyo dufite umukino wo kwishyura, federasiyo [FERWAFA] bakwiriye kuduha abasifuzi bumva ko nta kubera.”

Yakomeje agira ati “Niba bashobora kuduha umusifuzi usifura nk’ibyo yasifuye uyu munsi bazabireke twe tuvemo basindagize AS Kigali ariko na yo ndabona urugendo rwayo rutarenga imbere y’amano yayo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Musanze: Abatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo bubakiwe isoko none ryabuze abarirema

Next Post

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.