Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in SIPORO
0
Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles yongeye kunenga imisifurire yo mu Rwanda nyuma y’umukino ikipe ye yakinnye na AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro, avuga ko niba mu mukino wo kwishyura bazasifurirwa nk’uko basifuriwe, azakura ikipe ye muri iri rushanwa.

KNC yabitangaje nyuma y’uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri Kabiri tariki 26 Mata warangiye AS Kigali itsinze Gasogi United 1-0.

Uyu mugabo ukunze kuryoshya umupira w’amaguru mu Rwanda, yavuze ko ikipe ye yagize amahirwe macye muri uyu mukino ariko by’umwihariko nk’ikarita y’umutuku yahawe umwe mu bakinnyi be habayemo ubushishozi bucye bw’umusifuzi.

Ati “Ntabwo umusifuzi yadusifuriye umukino mwiza, ibyo natinya kubivuga. Iki ni ikimwaro.”

Yananenze ikipe ya AS Kigali kubera imyitwarire yayo yayiranze yo gutinza umukinonyuma yo kubona igitego kimwe.

Ati “Niba ikipe nka AS Kigali iririmba ko ishaka igikombe ishobora gukina umukino nk’uyu itinza umukino turi abantu 10 na byo ubwabyo ni igisebo kuri yo.”

KNC avuga ko yizeye ko mu mukino wo kwishyura nusifurwa n’umusifuzi ntabibe nk’uko byagenze ntakizababuza kubatsinda.

Ati “Na penaliti bakoreye kuri Malipangou ntekereza ko yari iyo ariko bakayanga [mwebwe mwabibonye gute?] n’igitego cyacu banze, ntekereza ko uyu munsi nubwo twari dufite ikarita y’umutuku ariko twagarutse tuyobora umukino, umusifuzi ni we wahisemo aha AS Kigali intsinzi ariko ntacyo dufite umukino wo kwishyura, federasiyo [FERWAFA] bakwiriye kuduha abasifuzi bumva ko nta kubera.”

Yakomeje agira ati “Niba bashobora kuduha umusifuzi usifura nk’ibyo yasifuye uyu munsi bazabireke twe tuvemo basindagize AS Kigali ariko na yo ndabona urugendo rwayo rutarenga imbere y’amano yayo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

Musanze: Abatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo bubakiwe isoko none ryabuze abarirema

Next Post

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.