Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in SIPORO
0
Niba bazaduha umusifuzi nk’uw’uyu munsi tuzavamo- KNC yongeye kwikoma abasifuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles yongeye kunenga imisifurire yo mu Rwanda nyuma y’umukino ikipe ye yakinnye na AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro, avuga ko niba mu mukino wo kwishyura bazasifurirwa nk’uko basifuriwe, azakura ikipe ye muri iri rushanwa.

KNC yabitangaje nyuma y’uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri Kabiri tariki 26 Mata warangiye AS Kigali itsinze Gasogi United 1-0.

Uyu mugabo ukunze kuryoshya umupira w’amaguru mu Rwanda, yavuze ko ikipe ye yagize amahirwe macye muri uyu mukino ariko by’umwihariko nk’ikarita y’umutuku yahawe umwe mu bakinnyi be habayemo ubushishozi bucye bw’umusifuzi.

Ati “Ntabwo umusifuzi yadusifuriye umukino mwiza, ibyo natinya kubivuga. Iki ni ikimwaro.”

Yananenze ikipe ya AS Kigali kubera imyitwarire yayo yayiranze yo gutinza umukinonyuma yo kubona igitego kimwe.

Ati “Niba ikipe nka AS Kigali iririmba ko ishaka igikombe ishobora gukina umukino nk’uyu itinza umukino turi abantu 10 na byo ubwabyo ni igisebo kuri yo.”

KNC avuga ko yizeye ko mu mukino wo kwishyura nusifurwa n’umusifuzi ntabibe nk’uko byagenze ntakizababuza kubatsinda.

Ati “Na penaliti bakoreye kuri Malipangou ntekereza ko yari iyo ariko bakayanga [mwebwe mwabibonye gute?] n’igitego cyacu banze, ntekereza ko uyu munsi nubwo twari dufite ikarita y’umutuku ariko twagarutse tuyobora umukino, umusifuzi ni we wahisemo aha AS Kigali intsinzi ariko ntacyo dufite umukino wo kwishyura, federasiyo [FERWAFA] bakwiriye kuduha abasifuzi bumva ko nta kubera.”

Yakomeje agira ati “Niba bashobora kuduha umusifuzi usifura nk’ibyo yasifuye uyu munsi bazabireke twe tuvemo basindagize AS Kigali ariko na yo ndabona urugendo rwayo rutarenga imbere y’amano yayo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 3 =

Previous Post

Musanze: Abatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo bubakiwe isoko none ryabuze abarirema

Next Post

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

DRCongo: Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.