Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

radiotv10by radiotv10
11/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye gushima ubutwari bw’Intwari y’u Rwanda nyakwigendera General Fred Gisa Rwigema, amushimira uruhare yagize mu gufasha NRA kugera ku butegetsi.

Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, akaba n’umujyanama wihariye wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yagaragaje ko Gen Fred Gisa Rwigema ari Intwari y’Igihugu cyabo.

Mu butumwa Muhoozi yashyize kuri Twitter buherekejwe n’amashusho agaragaza bimwe mu bigwig bya Rwigema, yamushimiye umusanzu yagize mu gufasha ishyaka NRA rya Museveni aho ari mu bari ku isonga mu rugamba rwo gufata ubutegetsi muri Uganda.

Ubu butumwa bwa Muhoozi bugira buti “Iyi ni NRA! Nyakwigendera General Fred Rwigema! Nibura nshobora kuvuga ko namubonye, ndanamuvugisha. Yari Che Guevara wa Afurika.”

Aya mashusho agaruka kuri bimwe mu bigwi bya nyakwigendera Fred Gisa Rwigema, hagaragaramo bamwe mu babanye na we bavuga uburyo yagaragaje ubutwari kuva cyera.

Gen Salim Saleh wabanye na Rwigema ndetse bakabana mu Gisirikare, muri aya mashusho avuga Fred Gisa Rwigema yari umuntu mwiza wabagaho mu buzima bworoheje kandi akihanganira ibigeragezo byose yahuraga na byo.

Avuga ko Rwigema yangaga akarengane cyane ndetse akaba atarifuzaga kubona Abanyarwanda bari barahunze bakomeza gufatwa nabi, ari ho yagiriye umutima wo kubacyura mu rwababyaye “kandi atitaye ku ngaruka zizabaho nyuma.”

Ati “Igisirikare bari bahanganye bumvaga ko bitashoboka kandi ndabizi neza yari azi ko amahirwe 70% yari yiteguye kwicirwa ku rugamba.”

Muri aya mashusho, Gen Salim Saleh avuga ko Rwigema yashoboraga gukomeza imirimo ikomeye muri Guverinoma ya Uganda ariko ko yanze kubaho neza abona abandi banyarwanda bari mu buhungiro akemera kwishyira mu kangaratete.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + four =

Previous Post

Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda

Next Post

Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka

Miss Kalimpinya yongeye kwitabira irushanwa rikomeye ry’isiganwa ry’imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.