Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nigeria: Igisirikare kivuga ko abajura bahanuye indege y’intambara

radiotv10by radiotv10
20/07/2021
in MU RWANDA
0
Nigeria: Igisirikare kivuga ko abajura bahanuye indege y’intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Abajura bo muri Nigeria bahanuye indege y’igisirikare cy’iki gihugu kirwanira mu kirere, mu buryo bw’imbonekarimwe aho indege ya gisirikare ihanuwe n’itsinda ry’abajura.

Igisirikare cya Nigeria kirwanira mu kirere cyavuze ko umupilote w’iyo ndege yari amaze gusoza igitero ku bashimusi ubwo yatangiraga kuraswaho muri iyo ndege.

Liyetona Abayomi Dairo yaturumbutse mu ndege akoresha “uburyo bumujemo bwo kwirokora” yirinda gufatwa ndetse ashaka aho yikinga (yihisha), mbere yuko yongera gusanga abasirikare bagenzi be.

Iki gitero cyabereye ku mupaka wa za leta za Zamfara na Kaduna zo mu majyaruguru y’igihugu.

Ibico by’abitwaje intwaro – bizwi muri ako karere nk'”abajura” – bivugwaho kuba ari byo byihishe inyuma y’ibikorwa by’ubushimusi biherutse kuba muri iki gice cy’amajyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria.

Abanyeshuri baribasiwe – abarenga 1,000 bamaze gushimutwa kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri mu mwaka ushize.

Benshi muri bo bararekuwe – amakuru avuga ko barekuwe hamaze kwishyurwa amafaranga y’ingwate, ariko bamwe muri bo barishwe.

Mu minsi ya vuba aha ishize, Perezida Muhammadu Buhari yategetse igisirikare gukora igishoboka cyose kikamenesha abagizi ba nabi muri leta za Katsina, Zamfara na Kaduna.

Igisirikare cya Nigeria kirwanira mu kirere cyavuze ko cyari cyarashyizeho ibikorwa byo ku manywa na nijoro byo kugaba ibitero ku bajura gifatanyije n’abasirikare barwanira ku butaka. Ni muri kimwe muri ibi bikorwa iyo ndege y’intambara yahanuriwemo ku cyumweru.

Mu itangazo, igisirikare kirwanira mu kirere cyagize kiti: “Muri ibi bikorwa bikomeye, abajura babarirwa mu magana baciwe intege ndetse aho bihisha henshi harasenywa”.

Nubwo muri uyu mwaka habayeho impanuka nyinshi z’indege za gisirikare, ubu ni bwo bwa mbere hatangajwe ko abajura bitwaje intwaro bahanuye indege nk’iyo.

Ikarita ya Nigeria

Mu gace ka leta ya Kamfara niho hiciwe abapolisi 13 ku Cyumweru bazize amabandi

Mu kwezi kwa gatanu habayeho kugwa mu kantu ubwo uwari umukuru w’ingabo za Nigeria Liyetona Jenerali Ibrahim Attahiru, yapfiraga mu mpanuka y’indege ari kumwe n’abandi basirikare 10.

Mu kwezi kwa kane, indi ndege y’intambara nk’iyi yo mu bwoko bwa Alpha Jet yakoreye impanuka muri leta ya Borno – kamwe mu turere aho umutwe w’intagondwa za Boko Haram ziyitirira idini ya Islam zikorera cyane. Amakuru yuko yahanuwe n’izi ntagondwa yahakanywe n’igisirikare.

Mbere yaho, mu kwezi kwa kabiri, indege ya gisirikare yakoreye impanuka mu murwa mukuru Abuja, ikaba yari irimo kwerekeza muri leta ya Niger gushakisha abanyeshuri bari bahashimutiwe, yica abantu barindwi bose bari bayirimo.

NIGERIA : Nigerian Air Force to pay more than €1bn for 24 Leonardo fighter  aircraft - 23/03/2021 - Africa Intelligence

Igisirake cya Nigeria cyahamije ko indege yabo y’intambara yahanuwe n’amabandi akomeje kwibasira uduce tumwe na tumwe tw’iki gihugu

Nigeria yaguze muri Amerika indege 12 z’intambara zo mu bwoko bwa A-29 Super Tucano kuri miliyoni 496 z’amadolari (agera kuri miliyari 498 mu mafaranga y’u Rwanda). Muri uku kwezi kwa karindwi ni bwo yiteze kubona esheshatu za mbere.

Inkuru ya BBC

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

CAF yasohoye ingengabihe y’amarushanwa ahuza amakipe yabaye aya mbere wayo 2021-2022

Next Post

TOKYO 2020: Abakinnyi batandatu ba Pologne basubijwe iwabo nyuma yo kwibeshya bakohereza abakinnyi benshi mu Buyapani

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TOKYO 2020: Abakinnyi batandatu ba Pologne basubijwe iwabo nyuma yo kwibeshya bakohereza abakinnyi benshi mu Buyapani

TOKYO 2020: Abakinnyi batandatu ba Pologne basubijwe iwabo nyuma yo kwibeshya bakohereza abakinnyi benshi mu Buyapani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.