Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?
Share on FacebookShare on Twitter

“Icyaba giteye agahinda ni ukutagira icyo dukora mu gihe abimukira bari mu kangaratete.” Byatangajwe na Yolande Makolo wavuze ko u Rwanda rwemeye kwakira abimukira baturutse mu Bwongereza mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwabo.

Mu gisobanuro gito yatanze, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagarutse ku masezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza agamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira bagiye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yolande Makolo yavuze ko aya masezerano agamije “Guha ubushobozi abaturage, kurinda no guha imibereho myiza n’iterambere abimukira n’Abanyarwanda mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rusanzwe rwifuza ko Abanyafurika n’abandi bose bakwiye kubaho ubuzima bwiza muri Afurika bityo ko “nta mpamvu yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga bakora ingendo zihangayikishije zishobora gutuma babura ubuzima bwabo ngo bajya gushaka ubwiza.”

U Rwanda kandi rwari rwaremeye kwakira abimukira baturuka muri Libya bakaza kuba bacumbikiwe mu Rwanda mu gihe bagishakisha Ibihugu bizabakira, aho rumaze kwakira impunzi 767 barimo 119 bakiriwe mu kwezi gushize baje basanga abandi 648 bari bamaze kwakirwa kugeza mu mwaka ushize wa 2021.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson mu ijambo yatambukije kuri uyu wa Kane, yavuze ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bitekanye ku Isi.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko kwakira impunzi bituka ku mateka bamwe mu Banyarwanda banyuzemo ubwo bari barabujijwe uburenganzira ku Gihugu cyabo, bityo ko u Rwanda ruzi agahinda ko gutereranwa rwo rukaba rutagira uwo rutererana.

Ubwo aya masezerano yatangiraga kuvugwa mu minsi ishize, bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bongeye gutera hejuru babyamagana, bongera kuvuga nabi u Rwanda ko nta mutekano uhari ndetse bamwe ntibatinye no kuvuga ko rwemeye kubakira kugira ngo rwibonere amafaranga.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo asubiza umwe mu bavugaga aya makuru y’ibinyoma, yamwibukije ko muri 2019 u Rwanda rwemeye kwakira abimukira baturuka muri Libya ku busabye bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi UNHCR.

Yagize ati “Kuva icyo gihe tumaze kwakira abarenga 600. Tuzakora ibindi byinshi kandi byiza binyuze muri aya masezerano [y’u Rwanda n’u Bwongereza] kandi ku mpamvu zifite ishingiro. Icyaba giteye agahinda ni ukutagira icyo dukora mu gihe abimukira bari gucuruzwa cyangwa bari kuburira ubuzima mu Nyanja.”

Amasezerano yasinywe kuri uyu wa Kane

Ahazaba abimukira bazava mu Bwongereza ni uku hateye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Undi Munyamakuru wari ukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi
AMAHANGA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.