Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?
Share on FacebookShare on Twitter

“Icyaba giteye agahinda ni ukutagira icyo dukora mu gihe abimukira bari mu kangaratete.” Byatangajwe na Yolande Makolo wavuze ko u Rwanda rwemeye kwakira abimukira baturutse mu Bwongereza mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwabo.

Mu gisobanuro gito yatanze, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagarutse ku masezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza agamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira bagiye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yolande Makolo yavuze ko aya masezerano agamije “Guha ubushobozi abaturage, kurinda no guha imibereho myiza n’iterambere abimukira n’Abanyarwanda mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rusanzwe rwifuza ko Abanyafurika n’abandi bose bakwiye kubaho ubuzima bwiza muri Afurika bityo ko “nta mpamvu yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga bakora ingendo zihangayikishije zishobora gutuma babura ubuzima bwabo ngo bajya gushaka ubwiza.”

U Rwanda kandi rwari rwaremeye kwakira abimukira baturuka muri Libya bakaza kuba bacumbikiwe mu Rwanda mu gihe bagishakisha Ibihugu bizabakira, aho rumaze kwakira impunzi 767 barimo 119 bakiriwe mu kwezi gushize baje basanga abandi 648 bari bamaze kwakirwa kugeza mu mwaka ushize wa 2021.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson mu ijambo yatambukije kuri uyu wa Kane, yavuze ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bitekanye ku Isi.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko kwakira impunzi bituka ku mateka bamwe mu Banyarwanda banyuzemo ubwo bari barabujijwe uburenganzira ku Gihugu cyabo, bityo ko u Rwanda ruzi agahinda ko gutereranwa rwo rukaba rutagira uwo rutererana.

Ubwo aya masezerano yatangiraga kuvugwa mu minsi ishize, bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bongeye gutera hejuru babyamagana, bongera kuvuga nabi u Rwanda ko nta mutekano uhari ndetse bamwe ntibatinye no kuvuga ko rwemeye kubakira kugira ngo rwibonere amafaranga.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo asubiza umwe mu bavugaga aya makuru y’ibinyoma, yamwibukije ko muri 2019 u Rwanda rwemeye kwakira abimukira baturuka muri Libya ku busabye bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi UNHCR.

Yagize ati “Kuva icyo gihe tumaze kwakira abarenga 600. Tuzakora ibindi byinshi kandi byiza binyuze muri aya masezerano [y’u Rwanda n’u Bwongereza] kandi ku mpamvu zifite ishingiro. Icyaba giteye agahinda ni ukutagira icyo dukora mu gihe abimukira bari gucuruzwa cyangwa bari kuburira ubuzima mu Nyanja.”

Amasezerano yasinywe kuri uyu wa Kane

Ahazaba abimukira bazava mu Bwongereza ni uku hateye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Undi Munyamakuru wari ukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.