Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?
Share on FacebookShare on Twitter

“Icyaba giteye agahinda ni ukutagira icyo dukora mu gihe abimukira bari mu kangaratete.” Byatangajwe na Yolande Makolo wavuze ko u Rwanda rwemeye kwakira abimukira baturutse mu Bwongereza mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwabo.

Mu gisobanuro gito yatanze, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagarutse ku masezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza agamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira bagiye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yolande Makolo yavuze ko aya masezerano agamije “Guha ubushobozi abaturage, kurinda no guha imibereho myiza n’iterambere abimukira n’Abanyarwanda mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rusanzwe rwifuza ko Abanyafurika n’abandi bose bakwiye kubaho ubuzima bwiza muri Afurika bityo ko “nta mpamvu yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga bakora ingendo zihangayikishije zishobora gutuma babura ubuzima bwabo ngo bajya gushaka ubwiza.”

U Rwanda kandi rwari rwaremeye kwakira abimukira baturuka muri Libya bakaza kuba bacumbikiwe mu Rwanda mu gihe bagishakisha Ibihugu bizabakira, aho rumaze kwakira impunzi 767 barimo 119 bakiriwe mu kwezi gushize baje basanga abandi 648 bari bamaze kwakirwa kugeza mu mwaka ushize wa 2021.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson mu ijambo yatambukije kuri uyu wa Kane, yavuze ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bitekanye ku Isi.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko kwakira impunzi bituka ku mateka bamwe mu Banyarwanda banyuzemo ubwo bari barabujijwe uburenganzira ku Gihugu cyabo, bityo ko u Rwanda ruzi agahinda ko gutereranwa rwo rukaba rutagira uwo rutererana.

Ubwo aya masezerano yatangiraga kuvugwa mu minsi ishize, bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bongeye gutera hejuru babyamagana, bongera kuvuga nabi u Rwanda ko nta mutekano uhari ndetse bamwe ntibatinye no kuvuga ko rwemeye kubakira kugira ngo rwibonere amafaranga.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo asubiza umwe mu bavugaga aya makuru y’ibinyoma, yamwibukije ko muri 2019 u Rwanda rwemeye kwakira abimukira baturuka muri Libya ku busabye bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi UNHCR.

Yagize ati “Kuva icyo gihe tumaze kwakira abarenga 600. Tuzakora ibindi byinshi kandi byiza binyuze muri aya masezerano [y’u Rwanda n’u Bwongereza] kandi ku mpamvu zifite ishingiro. Icyaba giteye agahinda ni ukutagira icyo dukora mu gihe abimukira bari gucuruzwa cyangwa bari kuburira ubuzima mu Nyanja.”

Amasezerano yasinywe kuri uyu wa Kane

Ahazaba abimukira bazava mu Bwongereza ni uku hateye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − three =

Previous Post

Undi Munyamakuru wari ukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.