Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

radiotv10by radiotv10
15/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Amb. Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe yagize icyo avuga ku byatangajwe n’uhagarariye DRCongo mu Muryango w’Abibumbye wavuze ko u Rwanda rwibye Igihugu cyabo inkima n’ingagi, amubaza niba ari na rwo rwakibujije kugira imihanda mizima.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, ubwo Inteko y’Umuryango w’Abibumbye yatoreraga umwanzuro wamagana icyemezo cy’u Burusiya cyo kwiyomekaho bimwe mu bice bya Ukraine, uhagarariye Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaboneyeho kongera gushinja u Rwanda ibirego rwakunze kwamaganira kure.

Georges Nzongola-Ntalaja yagize ati “Nta muntu utazi ko u Rwanda rwinjiye muri Congo mu 1998 rukageza muri 2003.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rugurisha Zahabu mu mahanga nyamara ko iyo rwoherezayo ntahandi ruyikura atari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yakomeje agira ati “Ubu batwara n’inkima ndetse n’ingagi bakura mu mashyamba ya Congo bakazijyana mu Rwanda. ibyo byose birazwi.”

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, yagize icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’uriya mudipolomate wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko uretse kuba yaratandukiriye akavuga ibitajyanye n’igikorwa cyari giteganyijwe muri iriya nteko, ariko ngo ntibinafite ishingiro.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, mu butumwa yanyujije kuri Twitter yagize ati “Ntabandi bakora ibi uretse Uhagarariye DRC mu Muryango w’Abibumbye wakoresheje umwanya w’ibiganiro bya UN byibandanga ku mwuka uri muri Ukraine ubundi akavuga ibibazo bidafitanye isano, agashinja u Rwanda kwiba inkima n’ingagi! Ni natwe twabibye imihanda se?”

Uwari uhagarariye u Rwanda muri iyi Nteko yo ku wa Gatatu, na we yamaganye ibi birego Congo-Kinshasa ikomeje gushinja u Rwanda, avuga ko ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Yagize ati “Kwegeka ibibazo byabo ku bandi ntabwo byakemura ikibazo, ariko Abanyepolitiki bakomeje gushinja ibinyoma ibihugu by’ibituranyi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − six =

Previous Post

DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

Next Post

Mbabarira nka murumuna wawe- Muhoozi yasabye Imbabazi Perezida Ruto

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mbabarira nka murumuna wawe- Muhoozi yasabye Imbabazi Perezida Ruto

Mbabarira nka murumuna wawe- Muhoozi yasabye Imbabazi Perezida Ruto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.