Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

radiotv10by radiotv10
15/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Amb. Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe yagize icyo avuga ku byatangajwe n’uhagarariye DRCongo mu Muryango w’Abibumbye wavuze ko u Rwanda rwibye Igihugu cyabo inkima n’ingagi, amubaza niba ari na rwo rwakibujije kugira imihanda mizima.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, ubwo Inteko y’Umuryango w’Abibumbye yatoreraga umwanzuro wamagana icyemezo cy’u Burusiya cyo kwiyomekaho bimwe mu bice bya Ukraine, uhagarariye Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaboneyeho kongera gushinja u Rwanda ibirego rwakunze kwamaganira kure.

Georges Nzongola-Ntalaja yagize ati “Nta muntu utazi ko u Rwanda rwinjiye muri Congo mu 1998 rukageza muri 2003.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rugurisha Zahabu mu mahanga nyamara ko iyo rwoherezayo ntahandi ruyikura atari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yakomeje agira ati “Ubu batwara n’inkima ndetse n’ingagi bakura mu mashyamba ya Congo bakazijyana mu Rwanda. ibyo byose birazwi.”

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, yagize icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’uriya mudipolomate wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko uretse kuba yaratandukiriye akavuga ibitajyanye n’igikorwa cyari giteganyijwe muri iriya nteko, ariko ngo ntibinafite ishingiro.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, mu butumwa yanyujije kuri Twitter yagize ati “Ntabandi bakora ibi uretse Uhagarariye DRC mu Muryango w’Abibumbye wakoresheje umwanya w’ibiganiro bya UN byibandanga ku mwuka uri muri Ukraine ubundi akavuga ibibazo bidafitanye isano, agashinja u Rwanda kwiba inkima n’ingagi! Ni natwe twabibye imihanda se?”

Uwari uhagarariye u Rwanda muri iyi Nteko yo ku wa Gatatu, na we yamaganye ibi birego Congo-Kinshasa ikomeje gushinja u Rwanda, avuga ko ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Yagize ati “Kwegeka ibibazo byabo ku bandi ntabwo byakemura ikibazo, ariko Abanyepolitiki bakomeje gushinja ibinyoma ibihugu by’ibituranyi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 6 =

Previous Post

DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

Next Post

Mbabarira nka murumuna wawe- Muhoozi yasabye Imbabazi Perezida Ruto

Related Posts

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mbabarira nka murumuna wawe- Muhoozi yasabye Imbabazi Perezida Ruto

Mbabarira nka murumuna wawe- Muhoozi yasabye Imbabazi Perezida Ruto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.