Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesenguzi bavuga ko niyo ibibazo biri gutera itumbagira ry’ibiciro ku isoko byarangira, bidashobora gusubira uko byahoze mbere y’uko icyorezo cya COVID-19 cyaduka ku Isi. 

Impurirane ya COVID-19 n’intambara y’u Burusiya na Ukraine; ni cyo kitarusange ku itumbagira ry’ibiciro ku isoko.

Imibare igaragaza ko mu mezi atatu y’umwaka wa 2022, ibiciro ku isoko ry’u Rwanda byazamutse ku kigero cya 5.9% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2021.

Mukwezi kwa kane byageze kuri 9.9% bivuye kuri 7.5% byo mu kwezi kwabanje kwa gatatu.

Usibye no muri iyi myaka ibiri ishize, ibiciro byo ku isko ry’u Rwanda ntibyigeze bibura kuzamuka

Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Goverinoma y’u Rwanda ifite umukoro utoroshye wo gufasha Abanyarwanda kutazahazwa n’ingaruka z’itumbagira ry’ibiciro.

Abahanga mu bijyanye n’ubukungu, bavuga ko iri tumbagira ry’ibiciro rizagira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Igihugu bityo ko Guverinoma ikwiye kugira icyo ikora kugira ngo ibiciro bimanuke bihuzwe n’ubushobozi bw’Abanyarwanda.

Alexis Niziyemimana avuga ko kimwe mu bishobora kuzatuma ibiciro ku masoko bigabanuka, ari uko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byakongera kumanuka.

Ati “Ku bwikorezi honyine hagize igihinduka, n’isabune yamanuka, gusa icyo abanti batakwizera ni ukumanuka ngo ijye hasi y’aho yari iri muri ibi bihe twavuga ngo abantu bari kuva muri COVID.”

Uyu musesenguzi avuga ko icyo Guverinoma ikwiye gukora muri iki gihe ari ukba yahagarika izamuka ry’ibiciro, kuko nubundi abaturage bariho bava mu ngaruka za COVID-19 zashegeshe ubushobozi bwabo.

Ati “Iyo umurwayi arwaye, icya mbere ni ukumurinda ko nibura indwara azanye irenga aho. Buriya ikintu gikomeye abantu nibura babashije guhagarika, kuzamuka ntibikomeze, bigakunda kandi bikaguma aho, icyo gihe niyo bitabashije kumanuka abahaha bashobora kugendana na byo ariko iyo bikomeje kuzamuka ntibashobora no gukora igenamigambi kuko ntibaba bazi ejo aho ibiciro bizaba bigeze.”

Nizeyima Alexis avuga ko mu gukemura iki kibazo hashobora gukorwa ibintu bibiri nko kuzamura ubushobozi bw’abaturage ndetse no kuba hashyirwaho ingamba zatuma ibiciro bimanuka bikagera ku rwego rw’ubushobozi bwabo.

Gusa akavuga ko byombi atari ibintu byoroshye kuko “nta na kimwe umuntu akanda kuri bouton ngo gihite kiba, ariko icyoroshye ni ukubikora byombi bagahuriramo hagati.”

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo hatangizwaga icyiciro cya kabiri cy’ikigega nzahurabukungu, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko nubwo Guverinoma y’u Rwanda ntacyo yakora ngo ihagarike izamuka ry’ibiciro kuko impamvu zibitera itazifiteho ububasha bwo kuzicunga, yagaragaje ko hari ibyo Leta yagiye ikora mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.

Muri izi ngamba harimo kuba Leta yarashyize nkunganire mu bijyanye n’ibikomoka kuri Peteroli ku buryo uko ibiciro byabyo byagombaga kuzamuka atari ko byazamutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.