Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesenguzi bavuga ko niyo ibibazo biri gutera itumbagira ry’ibiciro ku isoko byarangira, bidashobora gusubira uko byahoze mbere y’uko icyorezo cya COVID-19 cyaduka ku Isi. 

Impurirane ya COVID-19 n’intambara y’u Burusiya na Ukraine; ni cyo kitarusange ku itumbagira ry’ibiciro ku isoko.

Imibare igaragaza ko mu mezi atatu y’umwaka wa 2022, ibiciro ku isoko ry’u Rwanda byazamutse ku kigero cya 5.9% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2021.

Mukwezi kwa kane byageze kuri 9.9% bivuye kuri 7.5% byo mu kwezi kwabanje kwa gatatu.

Usibye no muri iyi myaka ibiri ishize, ibiciro byo ku isko ry’u Rwanda ntibyigeze bibura kuzamuka

Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Goverinoma y’u Rwanda ifite umukoro utoroshye wo gufasha Abanyarwanda kutazahazwa n’ingaruka z’itumbagira ry’ibiciro.

Abahanga mu bijyanye n’ubukungu, bavuga ko iri tumbagira ry’ibiciro rizagira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Igihugu bityo ko Guverinoma ikwiye kugira icyo ikora kugira ngo ibiciro bimanuke bihuzwe n’ubushobozi bw’Abanyarwanda.

Alexis Niziyemimana avuga ko kimwe mu bishobora kuzatuma ibiciro ku masoko bigabanuka, ari uko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byakongera kumanuka.

Ati “Ku bwikorezi honyine hagize igihinduka, n’isabune yamanuka, gusa icyo abanti batakwizera ni ukumanuka ngo ijye hasi y’aho yari iri muri ibi bihe twavuga ngo abantu bari kuva muri COVID.”

Uyu musesenguzi avuga ko icyo Guverinoma ikwiye gukora muri iki gihe ari ukba yahagarika izamuka ry’ibiciro, kuko nubundi abaturage bariho bava mu ngaruka za COVID-19 zashegeshe ubushobozi bwabo.

Ati “Iyo umurwayi arwaye, icya mbere ni ukumurinda ko nibura indwara azanye irenga aho. Buriya ikintu gikomeye abantu nibura babashije guhagarika, kuzamuka ntibikomeze, bigakunda kandi bikaguma aho, icyo gihe niyo bitabashije kumanuka abahaha bashobora kugendana na byo ariko iyo bikomeje kuzamuka ntibashobora no gukora igenamigambi kuko ntibaba bazi ejo aho ibiciro bizaba bigeze.”

Nizeyima Alexis avuga ko mu gukemura iki kibazo hashobora gukorwa ibintu bibiri nko kuzamura ubushobozi bw’abaturage ndetse no kuba hashyirwaho ingamba zatuma ibiciro bimanuka bikagera ku rwego rw’ubushobozi bwabo.

Gusa akavuga ko byombi atari ibintu byoroshye kuko “nta na kimwe umuntu akanda kuri bouton ngo gihite kiba, ariko icyoroshye ni ukubikora byombi bagahuriramo hagati.”

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo hatangizwaga icyiciro cya kabiri cy’ikigega nzahurabukungu, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko nubwo Guverinoma y’u Rwanda ntacyo yakora ngo ihagarike izamuka ry’ibiciro kuko impamvu zibitera itazifiteho ububasha bwo kuzicunga, yagaragaje ko hari ibyo Leta yagiye ikora mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.

Muri izi ngamba harimo kuba Leta yarashyize nkunganire mu bijyanye n’ibikomoka kuri Peteroli ku buryo uko ibiciro byabyo byagombaga kuzamuka atari ko byazamutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.