Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesenguzi bavuga ko niyo ibibazo biri gutera itumbagira ry’ibiciro ku isoko byarangira, bidashobora gusubira uko byahoze mbere y’uko icyorezo cya COVID-19 cyaduka ku Isi. 

Impurirane ya COVID-19 n’intambara y’u Burusiya na Ukraine; ni cyo kitarusange ku itumbagira ry’ibiciro ku isoko.

Imibare igaragaza ko mu mezi atatu y’umwaka wa 2022, ibiciro ku isoko ry’u Rwanda byazamutse ku kigero cya 5.9% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2021.

Mukwezi kwa kane byageze kuri 9.9% bivuye kuri 7.5% byo mu kwezi kwabanje kwa gatatu.

Usibye no muri iyi myaka ibiri ishize, ibiciro byo ku isko ry’u Rwanda ntibyigeze bibura kuzamuka

Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Goverinoma y’u Rwanda ifite umukoro utoroshye wo gufasha Abanyarwanda kutazahazwa n’ingaruka z’itumbagira ry’ibiciro.

Abahanga mu bijyanye n’ubukungu, bavuga ko iri tumbagira ry’ibiciro rizagira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Igihugu bityo ko Guverinoma ikwiye kugira icyo ikora kugira ngo ibiciro bimanuke bihuzwe n’ubushobozi bw’Abanyarwanda.

Alexis Niziyemimana avuga ko kimwe mu bishobora kuzatuma ibiciro ku masoko bigabanuka, ari uko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byakongera kumanuka.

Ati “Ku bwikorezi honyine hagize igihinduka, n’isabune yamanuka, gusa icyo abanti batakwizera ni ukumanuka ngo ijye hasi y’aho yari iri muri ibi bihe twavuga ngo abantu bari kuva muri COVID.”

Uyu musesenguzi avuga ko icyo Guverinoma ikwiye gukora muri iki gihe ari ukba yahagarika izamuka ry’ibiciro, kuko nubundi abaturage bariho bava mu ngaruka za COVID-19 zashegeshe ubushobozi bwabo.

Ati “Iyo umurwayi arwaye, icya mbere ni ukumurinda ko nibura indwara azanye irenga aho. Buriya ikintu gikomeye abantu nibura babashije guhagarika, kuzamuka ntibikomeze, bigakunda kandi bikaguma aho, icyo gihe niyo bitabashije kumanuka abahaha bashobora kugendana na byo ariko iyo bikomeje kuzamuka ntibashobora no gukora igenamigambi kuko ntibaba bazi ejo aho ibiciro bizaba bigeze.”

Nizeyima Alexis avuga ko mu gukemura iki kibazo hashobora gukorwa ibintu bibiri nko kuzamura ubushobozi bw’abaturage ndetse no kuba hashyirwaho ingamba zatuma ibiciro bimanuka bikagera ku rwego rw’ubushobozi bwabo.

Gusa akavuga ko byombi atari ibintu byoroshye kuko “nta na kimwe umuntu akanda kuri bouton ngo gihite kiba, ariko icyoroshye ni ukubikora byombi bagahuriramo hagati.”

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo hatangizwaga icyiciro cya kabiri cy’ikigega nzahurabukungu, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko nubwo Guverinoma y’u Rwanda ntacyo yakora ngo ihagarike izamuka ry’ibiciro kuko impamvu zibitera itazifiteho ububasha bwo kuzicunga, yagaragaje ko hari ibyo Leta yagiye ikora mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.

Muri izi ngamba harimo kuba Leta yarashyize nkunganire mu bijyanye n’ibikomoka kuri Peteroli ku buryo uko ibiciro byabyo byagombaga kuzamuka atari ko byazamutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − three =

Previous Post

Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Perezida Kagame yakiriye Louise Mushikiwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.