Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda avuga ko ibyo kuba Perezida Tshisekedi yaravuze ko ashobora gutera u Rwanda, yabibonye mu binyamakuru, gusa akavuga ko kuri we atihutira guteganya intambara cyangwa ngo ayitegereze.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro kihariye yagiranye na France 24 cyagarutse byumwihariko ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri iki cyumweru bahuriye i Rwanda muri Angola mu biganiro bigamije kurebera hamwe umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba rwa Congo.

Mbere yuko aba bakuru b’Ibihugu bajya i Luanda kuhaganirira ndetse na mugenzi wabo wa Angola, João Lourenço; mu bitangazamakuru habanje gucicikana amakuru avuga ko Perezida Tshisekedi yatangaje ko u Rwanda nirukomeza ibikorwa arushinja byo guteza umutekano mu Gihugu cye, azarushozaho intambara.

Muri iki kiganiro na France 24, Perezida Kagame yavuze ko na we ibi yabibonye mu kinamamuru Financial Times.

Ati “Ariko njye nakubwira ko bitanyorohera kwihutira guteganya intambara cyangwa ngo nyitegereze.”

Perezida Kagame wibanze cyane ku mpamvu yatumye ajya guhura na mugenzi we Tshisekedi, yavuze ko intego ya mbere yari uko Ibihugu byombi bihosha umwuka mubi uri hagati yabyo hifashishijwe inzira z’ibiganiro n’ubwumvikane “bitagombye kunyura mu ntambara.”

Ubwo abakuru b’Ibihugu bari basoje ibi biganiro byabahurije muri Angola, Perezida João Lourenço yatangaje ko byagenze neza ndetse ko u Rwanda na DRC byemeranyijwe gushaka umuti wo guhagarika umwuka mubi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na byo byahise bitangaza ko iyi nama yanzuye ko umutwe wa M23 uhagarika intambara vuba na bwangu ndetse ugahita uva mu birindiro urimo.

Gusa kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko muri ibi biganiro by’i Rwanda, nta masezerano yigeze asinyirwayo ajyanye no guhagarika Intambara, avuga ko ababitangaje bagamije kugoreka ibyumvikanyweho no gushaka guca intege umuti w’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Congo.

Perezida Paul Kagame muri iki kiganiro na France 24, yavuze ko ibyo guhagarika intambara bireba impande zihanganye. Ati “Ni ukuvuga M23 n’abo bari kurwana ari bo FARDC.”

Umukuru w’u Rwanda kandi mu kiganiro aheruka kugirana na RBA, yavuze ko ibibazo bya M23, bireba Ubutegetsi bwa Congo ubwabwo ariko ko inzira bwahisemo yo kubikemura bubona atari yo yari ikwiye.

Yavuze ko u Rwanda rwakunze kugaragaza ko umuti w’ibi bibazo washakirwa mu nzira za Politiki aho kuba iz’intambara kuko intambara ubwayo izana ibindi bibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 17 =

Previous Post

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

Next Post

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Related Posts

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected
AMAHANGA

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.