Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

radiotv10by radiotv10
15/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yahagarariyemo Perezida Paul Kagame, yavuze ko nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye kikirangwamo abagore bapfa babyara.

Yabitangairije mu biganiro by’inama yigaga ku kwihutisha igabanuka ry’impfu z’ababyeyi bapfa babyara muri Afurika, yabereye muri Ethiopia.

Minisitiri w’Intebe uri i Addis Ababa mu Nama ya 39 isanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yigaga ku kwihutisha igabanuka ry’impfu z’ababyeyi bapfa babyara muri Afurika, aho yagaragaje ko igihugu kidashobora gushimangira ko cyateye imbere mu gihe abagore baba bagipfa batanga ubuzima.

Yagize ati: “Nta gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima. Kubaho k’umubyeyi nyuma yo kubyara ni kimwe mu bipimo bisobanutse byerekana imbaraga z’urwego rw’ubuzima, imikorere myiza ya serivisi za Leta n’agaciro igihugu giha abaturage bacyo.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yagaragaje ko ubuzima bw’ababyeyi batwite n’ababyeyi babyara bukomeje kuza ku isonga mu byitabwaho.

Yagize ati: “Mu Rwanda, ubuzima bw’ababyeyi batwite n’ababyeyi babyara buracyari ku isonga mu byitabwaho na politiki z’igihugu. Mu myaka myinshi, impfu z’ababyeyi batwite n’ababyeyi bapfa babyara zapimwaga cyane hifashishijwe ubushakashatsi bwakorwaga buri myaka itanu. Ubu bushakashatsi bwari ingenzi, ariko ntibwashoboraga kudufasha gufata ingamba zihuse. Ntibwatwerekaga mu gihe nyacyo aho impfu zabereye, icyaziteye ndetse n’ibigomba guhinduka.”

Uyu munsi, u Rwanda rushingira ku makuru asanzwe akusanywa ku rwego rw’igihugu no ku buryo bw’ikoranabuhanga butanga amakuru mu gihe nyacyo, bigafasha gutangaza urupfu rw’umubyeyi mu masaha 24, kumenya icyaruteye ndetse no gufata ingamba zo gukosora amakosa yabayeho mu buryo bwihuse ku rwego rw’ibigo nderabuzima, uturere ndetse no ku rwego rw’igihugu.

Minisitiri w’Intebe yagaragaje ko ibyo byose byagizwemo uruhare n’ikoranabuhanga u Rwanda rukomeje gushyira imbere mu nzego zitandukanye.

Yagize ati: “Ibi bishyigikiwe n’urwego rw’ubuzima rukoresha ikoranabuhanga rukomeje gutera imbere guhera ku bajyanama b’ubuzima bo mu midugudu, kugera ku mavuriro mato (health posts), ibigo nderabuzima ndetse n’ibitaro byose bihujwe n’icyerekezo gisobanutse cyo gukomeza kwita ku murwayi mu buryo bukurikirana, hashingiwe ku ihame rya ‘umurwayi umwe, dosiye imwe.’”

Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko ubuzima bw’ababyeyi ari ingenzi cyane mu iterambere ry’igihugu mu nzego zose.

Yagize ati: “Ubuzima bw’ababyeyi batwite n’ababyeyi babyara ni ingenzi mu iterambere ry’igihugu, mu butabera n’uburinganire, mu majyambere y’ubukungu no mu mibereho myiza y’abaturage. Ibi bisaba ubushake bwa politiki, serivisi zikomeye zitangirwa ku rwego rwa mbere, ubuvuzi bwihutirwa bufite ireme, ndetse no gukomeza kwiga no kunoza imikorere bishyigikiwe n’amakuru yizewe, ariko birushaho guterwa imbaraga n’ubuyobozi bwiza n’inshingano zo kubazwa ibyo ukora.”

Ubushakashatsi bwa karindwi ku bwiyongere n’ubuzima bw’abaturage (DHS 7) bwasohotse mu 2025 bwagaragaje ko ababyeyi bapfa babyara mu Rwanda bagabanyutse bava kuri 203 ku babyeyi 100.000 mu 2020, bagera kuri 149 mu 2025.

Iyi nama yigaga ku buryo hahagarikwa impfu z’ababyeyi bapfa babyara

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Next Post

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.