• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

radiotv10by radiotv10
15/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yahagarariyemo Perezida Paul Kagame, yavuze ko nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye kikirangwamo abagore bapfa babyara.

Yabitangairije mu biganiro by’inama yigaga ku kwihutisha igabanuka ry’impfu z’ababyeyi bapfa babyara muri Afurika, yabereye muri Ethiopia.

Minisitiri w’Intebe uri i Addis Ababa mu Nama ya 39 isanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yigaga ku kwihutisha igabanuka ry’impfu z’ababyeyi bapfa babyara muri Afurika, aho yagaragaje ko igihugu kidashobora gushimangira ko cyateye imbere mu gihe abagore baba bagipfa batanga ubuzima.

Yagize ati: “Nta gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima. Kubaho k’umubyeyi nyuma yo kubyara ni kimwe mu bipimo bisobanutse byerekana imbaraga z’urwego rw’ubuzima, imikorere myiza ya serivisi za Leta n’agaciro igihugu giha abaturage bacyo.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yagaragaje ko ubuzima bw’ababyeyi batwite n’ababyeyi babyara bukomeje kuza ku isonga mu byitabwaho.

Yagize ati: “Mu Rwanda, ubuzima bw’ababyeyi batwite n’ababyeyi babyara buracyari ku isonga mu byitabwaho na politiki z’igihugu. Mu myaka myinshi, impfu z’ababyeyi batwite n’ababyeyi bapfa babyara zapimwaga cyane hifashishijwe ubushakashatsi bwakorwaga buri myaka itanu. Ubu bushakashatsi bwari ingenzi, ariko ntibwashoboraga kudufasha gufata ingamba zihuse. Ntibwatwerekaga mu gihe nyacyo aho impfu zabereye, icyaziteye ndetse n’ibigomba guhinduka.”

Uyu munsi, u Rwanda rushingira ku makuru asanzwe akusanywa ku rwego rw’igihugu no ku buryo bw’ikoranabuhanga butanga amakuru mu gihe nyacyo, bigafasha gutangaza urupfu rw’umubyeyi mu masaha 24, kumenya icyaruteye ndetse no gufata ingamba zo gukosora amakosa yabayeho mu buryo bwihuse ku rwego rw’ibigo nderabuzima, uturere ndetse no ku rwego rw’igihugu.

Minisitiri w’Intebe yagaragaje ko ibyo byose byagizwemo uruhare n’ikoranabuhanga u Rwanda rukomeje gushyira imbere mu nzego zitandukanye.

Yagize ati: “Ibi bishyigikiwe n’urwego rw’ubuzima rukoresha ikoranabuhanga rukomeje gutera imbere guhera ku bajyanama b’ubuzima bo mu midugudu, kugera ku mavuriro mato (health posts), ibigo nderabuzima ndetse n’ibitaro byose bihujwe n’icyerekezo gisobanutse cyo gukomeza kwita ku murwayi mu buryo bukurikirana, hashingiwe ku ihame rya ‘umurwayi umwe, dosiye imwe.’”

Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko ubuzima bw’ababyeyi ari ingenzi cyane mu iterambere ry’igihugu mu nzego zose.

Yagize ati: “Ubuzima bw’ababyeyi batwite n’ababyeyi babyara ni ingenzi mu iterambere ry’igihugu, mu butabera n’uburinganire, mu majyambere y’ubukungu no mu mibereho myiza y’abaturage. Ibi bisaba ubushake bwa politiki, serivisi zikomeye zitangirwa ku rwego rwa mbere, ubuvuzi bwihutirwa bufite ireme, ndetse no gukomeza kwiga no kunoza imikorere bishyigikiwe n’amakuru yizewe, ariko birushaho guterwa imbaraga n’ubuyobozi bwiza n’inshingano zo kubazwa ibyo ukora.”

Ubushakashatsi bwa karindwi ku bwiyongere n’ubuzima bw’abaturage (DHS 7) bwasohotse mu 2025 bwagaragaje ko ababyeyi bapfa babyara mu Rwanda bagabanyutse bava kuri 203 ku babyeyi 100.000 mu 2020, bagera kuri 149 mu 2025.

Iyi nama yigaga ku buryo hahagarikwa impfu z’ababyeyi bapfa babyara

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Next Post

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.