Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori

radiotv10by radiotv10
06/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batumva impamvu ubwiherero rusange bubakiwe bufungurwa gusa iyo habaye ibirori bya Leta iyo abayobozi bari buhanyure, nyamara icyo bukoreshwa cyo gihoraho.

Aba baturage bavuga ko ubu bwiherero bwakabaye bukoreshwa n’abagana aka Karere ka Gisagara ndetse n’abahinga mu gishanga cya Duwane, ariko ngo siko bigenda kuko  buhora bufunze  bugafungurwagusa hari abayobozi bahanyura bagiye mu birori  muri aka Karere.

Umwe ati “Kuva bwakubakwa ntiturabujyamo kuko buhora bufunze, bufungurwa gusa iyo hari nk’ibirori abayobozi bari bunyure muri uyu muhanda wa kaburimbo.”

Aba baturage bavuga ko niba haranabuze n’uwabucunga, bamushaka bakajya bamwihembera riko bukajya buhora bufunguye, kuko babura aho bikiranurira n’umubiri iyo bari mu ngendo.

Undi ati “Urabona ubu bwiherero buri mu gishanga duhingamo, kuba bufunze rero usanga bibangamye cyane kuko tubura ubwiherero kandi bwubatse, bitewe n’uko buhora bufunze bigatuma tujya kwiherera mu mashyamba no mu ngo z’abaturage.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Clisante Giraneza avuga ko atari azi ko ubu bwiherero buhora bufunze dore ko hashyizweho umukozi ushinzwe kubufungura.

Ati “Twashyizeho abashinzwe kuzitaho bashyiraho umukozi uhoraho turasuzuma turebe imikorere ye bikosorwe.”

Uretse ubu bwiherero aba baturage basaba ko bwafungurwa abaturage bakajya babukoresha, abahinga muri iki gishanga cya Duwane bavuga ko iki gishanga ari kinini kikaba gihuriramo abantu benshi,ariko ugasanga nta bwiherero rusange bwubatswe buzajya bukorershwa n’aba baturage, bigateza umwanda mu mashyamba.

Bavuga ko batumva icyo ubu bwiherero bubamariye kuko kuba buhari bitababuza kujya kwikinga mu bihuru

Ngo buhora bufunze

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + one =

Previous Post

Umuvugizi wa Guverinoma yamaganye ubutumwa bwitiriwe Perezida Kagame

Next Post

Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi

Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.