• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ntidufite ubushobozi bwo guhanga na M23, na FARDC ntabwo ifite- MONUSCO yavuze ibyatangaje benshi

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in Uncategorized
0
Ntidufite ubushobozi bwo guhanga na M23, na FARDC ntabwo ifite- MONUSCO yavuze ibyatangaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa DRC [MONUSCO], bweruye buvuga ko badafite ubushobozi bwo guhangana na M23 ndetse na FARDC itabufite.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu i Kinshasa.

Yagize ati “Nta bushobozi dufite buhagije bwo kugira icyo dukora gikenewe, n’Igisirikare cya Congo ntigifite ubwo bushobozi buhagije. Ntabwo dufite, nyamara mu bibazo byanyu bihoraho mukirirwa muvuga ko hari abasirikare ibihumbi n’ibihumbi b’inkorabusa. Buri wese akabitwara uko.”

Yavuze ko ubushobozi bwinshi bari bafite babukoresheje mu kurwanya umutwe wa M23 ku buryo ubushobozi bwinshi bwagiye bukendera ndetse ko ari na ko bimeze ku ruhande rw’ingabo za Congo.

Yavuze ko itangazamakuru zireba ku ruhande rumwe gusa rw’abasirikare ariko rukirengagiza ibyo bakoresha.

Ati “Muri urwo rwego, birigaragaza ko igihe mwareba uruhande rumwe rw’abasirikare n’ibikoresho mu guhangana M23, birumvikana muzabona ibice bimwe ingabo za Congo zizaba zidafite uburyo buhagije kimwe natwe, ubushobozi bwacu bwaragabanutse.”

Uyu muvugizi wa MONUSCO yavuze ko barwanya imitwe yitwaje intwaro myinshi ku buryo baba basabwa ubushobozi bwinshi bwo kuzuza inshingano.

MONUSCO itangaje ibi mu gihe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, wemeje kohereza itsinda ry’ingabo rihuriweho rizajya kurandura imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umutwe wa M23 wo wakunze gutanga umuburo kuri FARDC ko abasirikare bayo baza kuwurwanya batari ku rwego rwo kubahagarara imbere.

Maj Willy Ngoma, Umuvugizi w’uyu mutwe aherutse gutangaza ko badatewe ubwoba n’ingabo izo ari zo zose zaza kuwurwanya kuko biteguye guhangana na zo kimwe n’izi za EAC zishobora koherezwayo mu gihe cya vuba.

Mu nteko y’Akanama k’Umuryango gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi, Intumwa ya MONUSCO), Bintou Keita yemeje ko M23 ifite ubushobozi n’ibikoresho biruta ibya FARDC.

Muri iyi nama yabaye mu mpera z’ukwezi gushize, Bintou Keita yagize ati “M23 ifite ubushobozi bw’intwaro n’ibikoresho bikomeye, byumwihariko mu buryo bwo kurasa kure, imbunda za mortiers na mitrailleuse ndetse n’ubushobozi bwo kurasa indege.”

Icyo gihe Keita na we yari yemeje ko M23 nikomeza kurwana mu buryo yariho irwanamo ubwo yafataga ibice binyuranye birimo Bunagana, bizatuma MONUSCO ihura n’ihurizo rikomeye ry’ubushobozi bucye bwo kuzuza inshingano zayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + seventeen =

Previous Post

Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

Next Post

Ukena ufite itungo rikakugoboka: Hari abari kudandaza imyenda bambara ngo babone ko bwacya kabiri

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Ukena ufite itungo rikakugoboka: Hari abari kudandaza imyenda bambara ngo babone ko bwacya kabiri

Ukena ufite itungo rikakugoboka: Hari abari kudandaza imyenda bambara ngo babone ko bwacya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.